• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu mpera z’iki cyumweru dushoje mu Rwanda hatangiye imikino ya gishuti hagati y’amakipe yo mu kiciro cya mbere hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda y’umwaka w’imikino wa 2020-2021, ku ikubitiro ikipe ya AS Kigali ikaba yarakinnye na Gorilla FC naho kuri iki cyumweru Police FC yakinaga na Bugesera FC.

Ku wa gatandatu tariki ya 17 Mata 2021 kuri sitade ya Mumena habereye umukino wahuje ikipe ya AS kigali yakinaga na Gorilla FC, ni umukino warangiye ikipe y’abanyamujyi itsinze ibitego bitatu kuri bibiri.

Muri uyu mukino ikipe ya AS Kigali niyo yatangiye neza ubwo hari ku munota wa 14 w’umukino rutahizamu wayo Hussein Shaban Tchabalala yafunguye amazamu y’ikipe ya Gorilla FC, gusa ntabwo byatinze kuko Nizeyimana Jean Claude bakunda kwita Rutsiro yaboneye ikipe ye ya Gorilla FC igitego cyo kwishyura, mu gihe Aruwa San Mande yatsindiye iyi kipe igitego cya kabiri, maze bajya kuruhuka Gorilla FC iyoboye n’ibitego bibiri kuri kimwe.

Bavuye kuruhuka mu gice cya kabiri, ikipe ya AS Kigali niyo yihariye iki gice kuko rutahizamu Hakizimana Muhadjiri yinjiye mu kibuga asimbuye ahita afasha iyi kipe gutahana insinzi kuko muri uyu mukino yatsinze ibitego bibiri wenyine, kimwe yagitsinze ku munota wa 67 yongera kubona izamu ku munota wa 75.

Usibye uyu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu, bucyeye bwaho ku cyumweru i Bugesera habereye undi mukino wahuje ikipe ya Bugesera FC yakinaga na Police FC, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe. Ku ruhande rwa Bugesera FC yatsindiwe na Niyongira Dany mu gihe ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na rutahizamu Sibomana Patrick Papy, gusa muri uyu mukino Mico Justin yahushije penaliti.

Muri iki cyumweru kandi hateganyijwe indi mikino itandukanye ya gicuti harimo umukino uzahuza ikipe ya Marines FC izakira ikipe ya AS Kigali bagakinira i Musanze kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Mata 2021, mu yindi mikino ikipe ya Gasogi United irateganya gukina na APR FC ndetse n’andi makipe atandukanye.

Kugeza ubu amakipe arimo kwitegura gusubukurwa kwa shampiyona aho amakipe 16 yagabanyijwe mu matsinda ane agomba guhatana ngo haboneke ikipe izatwara igikombe cya shampiyona ya 2020-2021 ndetse hanashakishwa amakipe azahagarira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga.

Dore uko amatsinda apanze:

Itsinda rya Mbere: APR FC, BUGESERA FC, AS MUHANGA na GOLLIRA FC.
Itsinda rya Kabiri: RAYON SPORTS FC, KIYOVU SPORT, GASOGI UNITED na RUTSIRO FC
Itsinda rya Gatatu: POLICE FC, AS KIGALI FC, MUSANZE FC na ETINCELES FC.
Itsinda rya Kane: MUKURA VS, SUNRISE FC, MARINES FC na ESPOIR FC

2021-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare
ITOHOZA

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda
Amakuru

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024
Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru