• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ndagijimana Jean Marie Vianney, ni urugero nyarwo rw’umujenosideri wabanje kwiyorobeka ariko ubugome n’ubujura yari ajunditse bikanga bikamutamaza none ubu aracyasembera mu Bufaransa.

Uyu ni mwene Ntasangirwa na Ntamabyariro.  Akaba yakoreye leta ya Habyarimana yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, maze Ndagimana akaba riwe wirirwaga ashaka inkunga z’ibikoresho byo guyikoresha, doreko yari ambassaderi w’u Rwanda mu Bufaransa

Yagizwe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda, ariko yaje kuruhemukira ubwo yibaga amafaranga yari agenewe ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na mission y’u Rwanda muri Loni.

Nk’umuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye adahari, u Rwanda rwamwibeshyeho, rumugira uhagarariye ububanyi n’amahanga,  nyamara ubugome, urwango n’amacakubiri yigishijwe na leta yakoreraga mbere, bwari bwuzuye mubwonko ndetse igihe cyari kigeze ngo abugaragaze

Amaze kugirwa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, ubumwe bwe n’abajenosideri bari barahungiye muri Zaire (Congo-Kinshasa y’ubu) ntibwahagaze, ahubwo baramwegereye bamwumvisha uko akwiye kwitandukanya na FPR yari imaze guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda.

Uko ndagijimana yibye amafaranga yari agenewe Amabasade z’u Rwanda 

Kuwa 19 Ukwakira 1994 uwari Perezida w’u Rwanda Pasteur Bizimungu yajyane n’itsinda ry’Abanyarwanda muri Amerika mu Nama ya Loni bari kumwe na Ndagijimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yari agiye no gutangiza Ambasade y’u Rwanda muri Amerika, na mission muri Loni. 

Yari yahawe Amadolari ya Amerika $187,000 yo gutangiza izi Ambasade zombi ari na yo yaje kwibana ubugegera buteye isoni.  

Igihe cyo gukoresha ya mafaranga kigeze, Ndagijimana yagombaga guha aya mafaranga Abambasaderi maze Ndagijimana asohotse mu cyumba cy’inama barimo muri hoteli, avuga ko agiye kuyazana mu cyumba yari yarayemo.

Aho gusubira muri cya cyumba cy’inama ngo ayashyikirize bene yo, yasohotse muri hoteli akandagiza imitwe y’amano, anyonyomba bujangwe ngo badatahura ko agiye.

Yageze hanze ya hoteli afumyamo yiruka taritari, ivumbi ribudika ikirere cy’i New York. Abo yari asize muri cya cyumba cyarimo itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda barategereza baraheba.

Polisi ya New York yaje gutahura ko yatorotse anyuze ku Kibuga cy’Indege cya ‘John F. Kennedy International Airport’ ajya mu Bufaransa.

Nguko uko igisambo Ndagijimana Jean Marie Vianney cyatangiye gukeracyera mubuhungiro. 

Uko ubujura bwivanze n’ubuterahamwe.

Nkuko byavuzwe haruguru, Ndagimana niwe warushinzwe gushakira inkunga interahamwe mu bihugu by’I buraya, bisobanuye ko ubuterahamwe bwari muri we kuva cyera. 

Akimara kwiba amafaranga rero yatangije imiryango itandukanye igamije gukwirakwiza ingengabitekerezo ya genocide ndetse no kubiba amacakubiri mubanyarwanda baba mumahanga ari nako akoresha iyo miryango atekera umutwe abanyamahanga akabakuramo akayabo ko gutera inkunga benewabo bari mu mashyamba ya DRC.

Yakomeje gufatanya n’abo bicanyi basize bahekuye u Rwanda ngo barebeko bakongera kurushora mu macakubiri ariko byarabananiye. 

Ndagijimana yahisemo gukomeza kwifatanya n’andi matsinda y’inkorabusa zokamwe n’ingengabitekerezo y’ubugome ndentse n’urwango babibwemo ingoma yateguye ikanashyira mubikorwa genocide yakorewe abatutsi.

Nkuko umuhanga yabivuze, icyiciro cya nyuma cya genoside ni ukuyihakana no kugereka ibyaha kubayikorewe. Bikavugwa bigakwirakwizwa bikigishwa muburyo bumwe nkubwo kuyitegura. Rero ntawatinya kuvuga ko Ndagijimana Jean Marie Vianney nawe ari umujenosideri  mubandi, ndetse ninakabuhariwe kuko ari mubategura bakanashyiramubikorwa icyiciro cya nyuma cyo kuyihakana, kuyipfobya ndetse no gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo. 

Aherutse gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga ibyo yise gahunda yo kwibuka jenoside yakorewe abahutu, agamije kuyobya amahanga ndetse n’abanyarwanda b’urubyiruko ko habaye jenoside ebyiri.

Uyu mugabo byose abiterwa nuko yananiwe kwakira intsinzwi ya sebuja Habyarimana na guverinoma ye, none aracyasaza imigeri ko habayeho jenoside ebyiri.  Ibi kandi abivanga n’ubujura bwo kwiba amafaranga abo yita abgizweho ingaruka niyo Jenoside mpimbano abemeza ko azabavuganira ikemerwa. 

Nguko uko bigenda iyo ubujura bwivanze n’ubujenosideri, uwo byombi bihuriyemo ahinduka inyangabirama.  Ndagijimana rero n’agatsiko k’interahamwe bakwiye kwiyakira kuko ikibi cyaratsinzwe, nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda ndetse n’ingengabitekerezo yayo izatsindwa ruhenu. 

2022-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016
Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016
Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017
HIRYA NO HINO

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 
Amakuru

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Dore bimwe mu bimenyetso simusiga bigaragaza umuhungu wakunze, n’utangira kubyibonaho uzamenye ko uri mu rukundo
HIRYA NO HINO

Dore bimwe mu bimenyetso simusiga bigaragaza umuhungu wakunze, n’utangira kubyibonaho uzamenye ko uri mu rukundo

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru