• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Uyu ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 10 Ukwakira 2019. Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Itangazo ry’Ibyemezo by’Iyo nama y’Abaminisitiri

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 29 Nyakanga 2019.

2. Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Amategeko, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko yahaye imbabazi abagororwa mirongo itanu na babiri (52) bari barakatiwe n’inkiko kubera icyaha cyo kwihekura no gukuramo inda.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano mpuzamahanga yerekeye gushyira ibimenyetso ku bintu biturika bikozwe muri pulasitiki kugira ngo bitahurwe, yakorewe i Montréal ku wa 1 Werurwe 1991;

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano mpuzamahanga arebana n’ikurwaho ry’ibikorwa binyuranyije n’amategeko byabangamira umutekano w’iby’indege za gisivili, yakorewe i Beijing ku wa 10 Nzeri 2010;

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano y’inyongera ku masezerano mpuzamahanga yerekeye ikurwaho ry’ifatira ry’indege rinyuranyije n’amategeko, yakorewe i Beijing ku wa 10 Nzeri 2010;

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano y’inyongera ahindura amasezerano mpuzamahanga yakorewe i Montréal ku wa 4 Mata 2014, ku byaha n’ibindi bikorwa bikorewe mu ndege;

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano y’inyongera ahindura amasezerano mpuzamahanga mu by’indege za gisivili, yashyiriweho umukono i Montréal ku wa 6 Ukwakira 2016;

• Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano y’inyongera ahindura amasezerano mpuzamahanga mu by’indege za gisivili, yashyiriweho umukono i Montréal ku wa 6 Ukwakira 2016.

• Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Perezida ryemera kwemeza burundu amasezerano yakorewe i Moscow ku wa 5 Ukuboza 2018, hagati ya Guverinoma ya Repubulika y’u Rwanda na Guverinoma y’u Burusiya, ku bufatanye mu rwego rw’ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri mu buryo bugamije amahoro.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Minisitiri w’Intebe akurikira:

• Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Karere ka Rubavu buri mu kibanza gifite UPI: 3/03/04/05/1069, mu mutungo rusange wa Leta, rikabushyira mu mutungo bwite wayo;

• Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Bwana HABIMANA Donathna Madamu UWASE Alice nk’Abashinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye;

• Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Lieutenant MUKAMANA Christine nk’ Umushinjacyaha wa Gisirikare;

• Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryirukana burundu mu bakozi ba Leta, Madamu MUKAKARANGWA Francisca Emmanuel wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe guhuza ibikorwa bya SACCOs mu Kigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA) kubera amakosa akomeye yakoze mu kazi.

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Minisitiri akurikira:

• Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abagororwa ibihumbi bibiri na magana ane na mirongo itanu n’umwe (2 451) babisabye kandi bakaba bujuje ibiteganywa n’amategeko;

• Iteka rya Minisitiri rishyiraho Lt UMUSINDI Olivier nk‘Umwanditsi w’Urukiko mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare;

• Iteka rya Minisitiri ryemerera Ishuri rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RICA) gutangira gukora nk’ishuri rikuru ryigenga.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagarira ibihugu byabo mu Rwanda ku rwego rw’Abambasaderi:

• Bwana ABDULLA MOHD A.Y.AL-SAYED: Ambasaderi wa Leta ya Katari mu Rwanda ufite ikicaro i Kigali;

• Bwana MARTIN KLEPETKO: Ambasaderi wa Repubulika ya Cekisolovaliya mu Rwanda ufite ikicaro iNayirobi;

• Madamu RIITTA SWAN: Ambasaderi wa Repubulika ya Finilande mu Rwanda ufite ikicaro i Dar es Salaam;

• Bwana SLAIMAN ARABIAT: Ambasaderi w’Ubwami bwa Yorudaniya mu Rwanda ufite ikicaro i Nayirobi.

9. Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi ku buryo bukurikira:

• Mu Kigo k’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi n’Umutungo(RMI)

- Bwana MUKWIYE Norbert: Director of administration and finance unit;

- Madamu UZAMUKUNDA Christine:Director of ICT and e- learning unit.

• Mu Kigo k’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA)

- Bwana KAGERUKA Hurbert: Director of laboratory unit;

- Bwana MBARAGA Nkejuwimye Serge: Director of technology monitoring and knowledge management unit.

• Mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’Imyuga n’Ubumenyingiro/NGOMA (RP/IPRC-NGOMA)

Bwana MURINDAHABI Jean de Dieu: Director of research, consultancy and production unit.

• Mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’Imyuga n’Ubumenyingiro/KIGALI (RP/IPRC-KIGALI)

Bwana RWUMUKARAGO Alain: Director of research, consultancy and production unit.

10. Mu bindi.

• Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ukwezi kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’Ubwiyunge kwatangiye ku itariki ya mbere Ukwakira kukazasozwa ku ya 31 Ukwakira 2019. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni “Imyaka 25 mu nzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge: Ubumwe bwacu, amahitamo yacu.”

• Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

- Ibirori by’umunsi wo gushimira Abasora bizabera i Kigali mu Intare Conference Arena ku wa 22 Ugushyingo 2019, ku nsanganyamatsiko igira iti “Dusore Neza, Twubake u Rwanda Twifuza.’’

- Kuva tariki ya 23 kugeza 31 Ukwakira 2019, ari icyumweru cyahariwe kuzigama. Insanganyamatsiko ni: “Izigamire ugire ejo heza”, ikaba yuzuzanya na gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire/EJO HEZA.

• Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko Umuryango Mpuzamahanga w’Amakoperative uzakorera inama yawo Mpuzamahanga mu Rwanda kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 17 Ukwakira 2019, muri Kigali Convention Center.

• Minisitiri w’Ibidukikije yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

- Igihembwe cyo gutera amashyamba cya 2019/2020 no kwizihiza isabukuru ya 44 y’Umunsi wo gutera amashyamba bizaba ku itariki ya 09/11/2019 bikazabera mu Murenge wa Rukumberi, mu Karere ka Ngoma. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni “Amashyamba ni inkingi y’imibereho myiza y’abaturage’’.

- Kuva ku tariki ya 8 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019 mu Rwanda hari kubera inama igamije kurebera hamwe uburyo bushya bwo gukomeza kwita ku bidukikije no guteza imbere inganda muri Afurika.

- Kuva muri Kanama 2019, u Rwanda rwabaye umunyamuryango w’Ihuriro rigamije kugabanya ikoreshwa rya Karubone (Carbon Neutrality Coalition).

• Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

- Ku itariki ya 11 Ukwakira 2019, u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’umwana w’Umukobwa muri Kigali Convention Center. Insanganyamatsiko ni: “Ntegurira ejo heza undinda gusambanywa.”

- Ku itariki ya 15 Ukwakira 2019, u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro. Insanganyamatsiko ni:”Umuryango utekanye kandi uteye imbere.” Ku rwego rw’Igihugu, ibirori byo kwizihiza uyu munsi bizabera mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi;

- Kuva tariki ya 25 kugeza ku ya 27 Ugushyingo 2019, u Rwanda ruzakira Inama Mpuzamahanga ku buringanire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo izabera muri Kigali Convention Center.

• Minisitiri w’Ubuzima yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

- U Rwanda rurateganya gutangiza ubukangurambaga bugamije gukingira icyorezo giterwa na Virusi ya Ebola (EBV). Hazakingirwa abantu bakuru, ingimbi n’abangavu ndetse n’abana bafite imyaka 2 batuye hafi y’aho icyo cyorezo cyagaragaye.

- Ku itariki ya 5 Ukuboza 2019, u Rwanda ruzatangiza ku mugaragaro Ikigo kivura kanseri mu Bitaro bya Gisirikare.

• Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko tariki ya 31 Ukwakira 2019 u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kugabanya ingaruka ziterwa n’ibiza. Ku rwego rw’Igihugu, umuhango uzabera mu Murenge wa Karama, Akarere ka Kamonyi.

• Minisitiri w’Urubyiruko yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva tariki ya 9 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019 mu Rwanda hari kubera inama ya Youth Connekt Africa Summit 2019.

• Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 31 Ukwakira 2019 u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibiribwa, uzabera mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro. Insanganyamatsiko ni: “ Ibikorwa byacu ni byo shingiro ry’ejo hazaza. Indyo yuzuye mu isi izira inzara.”

• Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine, Peterori na Gazi akaba n’umwe mu bagize Guverinoma yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva tariki ya 28 kugeza 29 Ukwakira 2019, muri Kigali Convention Center, hazabera inama ya mbere y’Ihuriro ry’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati bicukura amabuye y’agaciro.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na
KAYISIRE Marie Solange

Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2019-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Ubwanditsi 05 Nov 2021
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Ubwanditsi 05 Oct 2018
FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri
Amakuru

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda
IMIKINO

Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru