• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

RUSHYASHYA 11 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Amakipe abiri ahagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC na Rayon Sports, yamaze kumenya ingengabihe y’imikino azakina mu matsinda nyuma y’uko CECAFA ishyize ahagaragara gahunda yose y’iri rushanwa riteganyijwe kubera mu Rwanda kuva ku wa 24 Nyakanga kugeza ku wa 7 Kanama 2026.

APR FC iri mu Itsinda A hamwe na Gor Mahia FC yo muri Kenya, Vipers SC yo muri Uganda na Garde Républicaine yo muri Djibouti.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu izatangira irushanwa ihura na Gor Mahia FC ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga saa 19:00 kuri Sitade Amahoro.

Nyuma y’uwo mukino, APR FC izacakirana na Garde Républicaine ku wa 27 Nyakanga kuri Kigali Pele Stadium mbere yo gusoza imikino y’amatsinda yakira Vipers SC ku wa 30 Nyakanga kuri Sitade Amahoro.

Ku ruhande rwa Rayon Sports, iri mu Itsinda C hamwe na Al Hilal SC yo muri Sudani, Tusker FC yo muri Kenya na KVZ SC.

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru izafungura irushanwa ikina na KVZ SC ku wa 26 Nyakanga saa 18:00 kuri Sitade Amahoro, ikurikizeho Tusker FC ku wa 29 Nyakanga kuri Kigali Pele Stadium, mbere yo gusoza ihura na Al Hilal SC ku wa 1 Kanama kuri Sitade Amahoro.

Itsinda B rigizwe na Simba SC yo muri Tanzania, Singida Black Stars FC, Mogadishu City Club yo muri Somalia na Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo.

Nyuma y’imikino y’amatsinda, amakipe azaba yabaye aya mbere muri buri tsinda ndetse n’ikipe imwe yabaye iya kabiri irusha izindi umusaruro ni yo azakomeza muri 1/2.

Imikino ya 1/2 iteganyijwe ku wa 4 Kanama kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’umukino wa nyuma bizakinirwa kuri Sitade Amahoro ku wa 7 Kanama.

Irushanwa rizakinirwa kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium, rikaba rigarutse kubera mu Rwanda nyuma y’uko rwongeye guhabwa kwakira iri rushanwa rihuza amakipe akomeye yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati ryaherukaga kubera mu Rwanda muri 2019.

2026-07-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside
Amakuru

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije
INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ubwanditsi 14 Oct 2019
Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya  ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru