• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Guverineri w’Intara y’amajyepf n’Abayobozi b’Akarere ka Kamonyi na Muhanga hamwe n’uhagarariye WASAC uyu munsi bakoze inama ndetse banasura abaturage bo mu murenge wa Rugarika mu kagari ka Masaka aho umuturage aherutse gutwarwa n’ingona. Bahumuriza abaturage banabasaba kudasubira muri Nyabarongo kuvomamo.

Ibi bibaye nyuma y’inkuru y’umuturage watwawe n’ingona kuwa gatanu ushize muri aka kagace n’abandi zatwaye mbere yabwo, ndetse no hakurya yabo mu murenge wa Mageragere aha ho ingamba zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu nama yabanje kubera ku karere ka Kamonyi Guverineri Mureshyankwano yasabye abayobzoi kwegera abaturage bakabahindura imyumvire ituma bajya kuvoma muri Nyabarongo.

We avuga ko niba umuturage ajya muri Nyabarongo kuvoma amazi mabi kuko ariyo amuri hagi ngo mugihe yaba afite imyumvire myiza yajya kuvoma atari hafi ye ariko ari amazi meza.

Yasabye abayobozi b’imirenge ya Kamonyi na Muhanga yegereye Nyabarongo gufata ingamba zo kubuza abaturage kujya kuvoma muri Nyabarongo kandi bagakora ibishoboka bakabagezaho amazi meza.

Mu rwego rwo gukemura iki kibazo ku bufatanye na WASAC izi nzego ziravuga ko zimaze guteganya miliyoni 700 zirenga zo gukwirakwiza amazi mu Mirenge itanu ikora kuri Nyabarongo mu buryo bwihuse.

Bavuye aha ku biro by’Akarere berekeza mu murenge wa Rugarika maze Guverineri yisabira abaturage kudasubira muri uyu mugezi bishyira urupfu.

Ngo nubwo amazi adahita abageraho uyu munsi ariko arabakangurira kudasubira muri Nyabarongo.

Guverineri Mureshyankwano yabwiye abaturage ko hafashwe ingamba zihutirwa ndetse n’ingamba z’igihe kirekire.

Avuga mu zihutirwa yavuze ko babonye amafranga muri budget y’Akarere ka Kamonyi bagiye guhita bazana amazi akagera ku baturage byibura mu gihe cya vuba abaturage b’aha bakaba bayabonye.

Yavuze kandi ko bagiye gukorana na WASAC bigakorwa vuba amazi yo mu mariba yo hasi bapompa akazamuka agashyirwaho vuba.

Naho mu gisubizo kirambye ngo ni ugusana imiyoboro isanzwe ihari ubu itakibona amazi cyangwa bakubaka indi mishya abaturage bakabona amazi.

Yavuze ko n’abaturage batuye ku manegeka ahegereye cyane umugezi bagomba kudasubira muri uyu mugezi ahubwo nabo bajya kuvoma amazi meza aho ari nubwo nabo bagiye gufashwa bakegerezwa amazi mu gihe batarimurwa muri aya manegeka kuko byo bikorwa buhoro buhoro uko ingengo y’imari ibonetse.

Abayobozi b’aka karere kandi bahakanye inkuru y’uko hari undi muturage w’umugore watwawe n’ingona kuri iki cyumweru, bavuga ko ntabyabayeho nk’uko byari byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.

Guverineri Mureshyankwano yavuze ko Intara y’Amajyepfo ndetse na Leta byababajwe cyane n’umuturage watwawe n’ingona kandi bwihanganisha umuryango we.Umuryango wasigaye, abayobozi mu karere ka Kamonyi bavuze ko ufashwa mu buryo bwateganyijwe.

Ibice byinshi by’Umurenge wa Rugarika ngo ntibifite amazi meza n’ahari imiyoboro yayo yarapfuye ntibayabona nk’uko abaturage babivuga, bityo abaturiye Nyabarongo bakajya kuyivomamo amazi yo gukoresha imirimo imwe n’imwe.

Abaturage muri uyu murenge umwaka ushize ngo buri muryango watanze amafaranga ibihumbi 4 330 hanakorwa umuganda rusange kugirango babashe kubona amazi ariko ngo kugeza ubu ntarabageraho.

Abatuye mu tugari turi hafi ya Nyabarongo ari nabo bakoreshaga amazi ya Nyabarongo bavuga ko ivomo rimwe bagiye kuba bahawe vuba aha ritabahaza utugari dutatu cyangwa tubiri twegereye Nyabarongo.

Aba baturage ariko ngo bizeye ko ibyo abayobozi babemereye bagiye kubishyira mu bikorwa maze nabo batandukane n’izi ngona.

Kugeza ubu nta mibare ubuyobozi bwari bwatanga igaragaza abaturage bamaze kuribwa n’ingona, ariko abaturiye hafi y’uru ruzi bavuga ko muri uyu mwaka wonyine zatwaye abarenga batatu.

-7707.jpg

-7706.jpg

-7705.jpg

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Evode Imena yagizwe umwere

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano
HIRYA NO HINO

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa
INKURU NYAMUKURU

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Ubwanditsi 20 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru