• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Guverineri w’Intara y’amajyepf n’Abayobozi b’Akarere ka Kamonyi na Muhanga hamwe n’uhagarariye WASAC uyu munsi bakoze inama ndetse banasura abaturage bo mu murenge wa Rugarika mu kagari ka Masaka aho umuturage aherutse gutwarwa n’ingona. Bahumuriza abaturage banabasaba kudasubira muri Nyabarongo kuvomamo.

Ibi bibaye nyuma y’inkuru y’umuturage watwawe n’ingona kuwa gatanu ushize muri aka kagace n’abandi zatwaye mbere yabwo, ndetse no hakurya yabo mu murenge wa Mageragere aha ho ingamba zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu nama yabanje kubera ku karere ka Kamonyi Guverineri Mureshyankwano yasabye abayobzoi kwegera abaturage bakabahindura imyumvire ituma bajya kuvoma muri Nyabarongo.

We avuga ko niba umuturage ajya muri Nyabarongo kuvoma amazi mabi kuko ariyo amuri hagi ngo mugihe yaba afite imyumvire myiza yajya kuvoma atari hafi ye ariko ari amazi meza.

Yasabye abayobozi b’imirenge ya Kamonyi na Muhanga yegereye Nyabarongo gufata ingamba zo kubuza abaturage kujya kuvoma muri Nyabarongo kandi bagakora ibishoboka bakabagezaho amazi meza.

Mu rwego rwo gukemura iki kibazo ku bufatanye na WASAC izi nzego ziravuga ko zimaze guteganya miliyoni 700 zirenga zo gukwirakwiza amazi mu Mirenge itanu ikora kuri Nyabarongo mu buryo bwihuse.

Bavuye aha ku biro by’Akarere berekeza mu murenge wa Rugarika maze Guverineri yisabira abaturage kudasubira muri uyu mugezi bishyira urupfu.

Ngo nubwo amazi adahita abageraho uyu munsi ariko arabakangurira kudasubira muri Nyabarongo.

Guverineri Mureshyankwano yabwiye abaturage ko hafashwe ingamba zihutirwa ndetse n’ingamba z’igihe kirekire.

Avuga mu zihutirwa yavuze ko babonye amafranga muri budget y’Akarere ka Kamonyi bagiye guhita bazana amazi akagera ku baturage byibura mu gihe cya vuba abaturage b’aha bakaba bayabonye.

Yavuze kandi ko bagiye gukorana na WASAC bigakorwa vuba amazi yo mu mariba yo hasi bapompa akazamuka agashyirwaho vuba.

Naho mu gisubizo kirambye ngo ni ugusana imiyoboro isanzwe ihari ubu itakibona amazi cyangwa bakubaka indi mishya abaturage bakabona amazi.

Yavuze ko n’abaturage batuye ku manegeka ahegereye cyane umugezi bagomba kudasubira muri uyu mugezi ahubwo nabo bajya kuvoma amazi meza aho ari nubwo nabo bagiye gufashwa bakegerezwa amazi mu gihe batarimurwa muri aya manegeka kuko byo bikorwa buhoro buhoro uko ingengo y’imari ibonetse.

Abayobozi b’aka karere kandi bahakanye inkuru y’uko hari undi muturage w’umugore watwawe n’ingona kuri iki cyumweru, bavuga ko ntabyabayeho nk’uko byari byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.

Guverineri Mureshyankwano yavuze ko Intara y’Amajyepfo ndetse na Leta byababajwe cyane n’umuturage watwawe n’ingona kandi bwihanganisha umuryango we.Umuryango wasigaye, abayobozi mu karere ka Kamonyi bavuze ko ufashwa mu buryo bwateganyijwe.

Ibice byinshi by’Umurenge wa Rugarika ngo ntibifite amazi meza n’ahari imiyoboro yayo yarapfuye ntibayabona nk’uko abaturage babivuga, bityo abaturiye Nyabarongo bakajya kuyivomamo amazi yo gukoresha imirimo imwe n’imwe.

Abaturage muri uyu murenge umwaka ushize ngo buri muryango watanze amafaranga ibihumbi 4 330 hanakorwa umuganda rusange kugirango babashe kubona amazi ariko ngo kugeza ubu ntarabageraho.

Abatuye mu tugari turi hafi ya Nyabarongo ari nabo bakoreshaga amazi ya Nyabarongo bavuga ko ivomo rimwe bagiye kuba bahawe vuba aha ritabahaza utugari dutatu cyangwa tubiri twegereye Nyabarongo.

Aba baturage ariko ngo bizeye ko ibyo abayobozi babemereye bagiye kubishyira mu bikorwa maze nabo batandukane n’izi ngona.

Kugeza ubu nta mibare ubuyobozi bwari bwatanga igaragaza abaturage bamaze kuribwa n’ingona, ariko abaturiye hafi y’uru ruzi bavuga ko muri uyu mwaka wonyine zatwaye abarenga batatu.

-7707.jpg

-7706.jpg

-7705.jpg

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Ubwanditsi 22 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho
Amakuru

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Ubwanditsi 13 May 2021
Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica
SHOWBIZ

Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru