• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari

Umunyamakuru Casmiry Kayumba  yashyinguwe gitwari

Ubwanditsi 18 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Casimry William Kayumba wari umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya yashyinguwe none tariki ya 18 Mutarama 2018 mu irimbi rya Rusororo.

Casimry William Kayumba yitabye Imana  ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 15 Mutarama 2018. Amakuru y’urupfu rwe akaba yaratunguye abantu benshi kubera ko atigeze arwara.

Kuwa mbere yari yiriwe iwe mu rugo aho  yari atuye mu Murenge wa Ndera, Akagari ka Kibenga mu Mudugudu wa Bahoze, Akarere ka Gasabo, yatangiye gufatwa  saa munani  yumva atameze neza ajya kuruhuka, ahagana saa kumi nimwe z’umugoroba yajyanywe kwa Muganga  ku kigo Nderabuzima cya  Ndera, ariko biranga akomeza kuremba yoherezwa mu bitaro bya Kibagabaga agwa mu nzira ataragerayo.

Mugushyingura umurambo we ntihatangajwe icyaba cyaramuhitanye , gusa hagarutswe kubutwari bwe, ukwihangana no gukunda akazi byamuranze.

Hajabakiga Patricia wabanye na Casmiry Kayumba kuva muri Tanzania yavuze ko Casmiry Kayumba yasimbutse urupfu ubwo yakoraga impanuka muri Tanzania aho yakoraga mu Kinyamakuru Business Times,   mu myaka yaza  1991-1993  nyuma yo kurangiza amashuri  muri kaminuza ya Dar es Salaam.

Hajabakiga yavuze ko batinze gutahuka  mu Rwanda nyuma yaho  RPF-INKOTANYI isoreje urugamba rwo kubohoza igihugu kubera ko batari gusiga Casmiry mu bitaro wenyine nubwo imyiryango yabo yari imaze gutahuka, byabaye ngombwa ko  bamutegereza kugirango  babanze kubona indege imugeza antebbe muri  Uganda nyuma  baramuzana agera mu Rwanda  muri 1996-1998,  aribwo yabaye umuyobozi w’ikinyamakuru cye UKURI na Rwandanewsline.

Rucagu Boniface wabanye na Kayumba Casmiry yatanze ubuhamya bw’ukuntu yamukijije inkuru zari zimumereye nabi aho itangazamakuru ryose ryamushinjaga kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yagiye kumureba mu Ruhengeri amubaza inkuru zimuvugwaho ko yaba yaragize urwo ruhare   muri Jenoside  maze  Casmiry  inkuru ayiva imuzingo nyuma yo gukorana ikiganiro na Rucagu .

Abafashe ijambo bose barimo Cleophace Barore Perezida w’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura [ RMC]  yagarutse k’Ukuri n’ubutwari byaranze Nyakwigendera Casmiry Kayumba, avuga ko asize icyuho mu itangazamakuru ariko ko asize n’ umurage mwiza kubakiri bato.

Casimry William Kayumba ni  mwene Kayumba Godfried na Uwambaye Verdiane yavutse tariki 10 ugushyingo 1962 akaba yari afite imyaka 56 y’amavuko yakoraga umwuga w’Itangazamakuru akaba yarabaye n’umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru  cye UKURI News Paper cyari kitagikora .

 

2018-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020
Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy
UBUKERARUGENDO

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano
Mu Mahanga

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro
Mu Rwanda

Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro

Ubwanditsi 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru