• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abasenateri bane (4) b’Amerika bandikiye Umunyamabanga wa leta yabo Mike Pompeo bamusaba ko yasubiramo iby’imibanire muri diplomatie na leta ya Uganda kubera byinshi ishinjwa,harimo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, gufunga uburenganzira muri politiki ndetse no gukoresha intwaro z’Amerika mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda ndetse no mu bihugu bituranyi.

Abasenateri 4 aribo: Edward J. Markey, Cory A. Booker, Christopher A. Coons  na Robert Menendez banditse bagaragaza impungenge zabo zirimo kuba leta ya Uganda irimo  gufashwa na Korea y’amajyaruguru , igikorwa kibangamira ibihano UN yafatiye icyo gihugu.

Bagaruka k’umvururu zabaye mu matora y’umukuru w’igihugu muri 2016 aho bavuga ko leta yahohoteye abagande cyane cyane abatavuga rumwe na leta,nkuko na raporo n’ibiro by’umunyamabanga wa leta y’Amerika yabigaragaje muri raporo yayo yasohotse uyu mwaka.

Muri 2016, uwahoze ari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Amerika, John Kerry, yabwiye Perezida Museveni ko ababajwe n’ihohotera ryakorewe abatavuga rumwe nawe mu matora yabaye muri icyo gihugu.

Kizza Besigye, umuyobizi ukomeye utavuga rumwe na Museveni yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano bamusanze ku cyicaro cy’ishyaka rye i Kampala. Byatumye havuka ko imvururu hagati y’abashinzwe umutekano n’abayoboke ba Besigye.

Amerika yavuze ko ibikorwa bya polisi bituma haba amakenga ku bushake bwa leta ya Uganda bwo gutegura amatora yagirirwa icyizere.

Abo basenateri bagaruka ku bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu cyane cyane ihohoterwa ry’abanyamakuru, Iryo hohoterwa bakarikorerwa na polisi; abayobozi bayo, abandi bashinzwe umutekano ndetse na komisiyo ya Uganda ishinzwe itumanaho n’ikigo cya Uganda gishinzwe kugena amategeko n’amabwiriza ajyanye n’iby’itumanaho(Government Broadcasting Regulator).

Abanyamakuru muri Uganda bigaragambya

Muri Kamena 2015, ishami ridasanzwe rya polisi rishinzwe iperereza ryafunze umukozi ushinzwe itumanaho wa USAID muri Uganda, aregwa gushyira ku mbuga nkoranyambaga inyandiko zinenga Perezida Museveni.

Abasenateri basoza basaba leta yabo ko hashyirwaho ibihano kuri Uganda kugirango yikubite agashyi ku bibazo biyivugwaho cyane cyane guhonyora uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano birimo guhagarikirwa inyungu Uganda ikura mu masezerano ‘African Growth and Opportunity Act”, gukurirwaho amahugurwa mu bya gisirikare ndetse n’igurishwa ry’intwaro z’Amerika kuri Uganda.

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021
Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ubwanditsi 29 Nov 2017

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 18, 201810:16 am -

    Rubbish

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    December 18, 20186:40 pm -

    Abanyamerika ni abo kunenga ku mugaragaro! Banenga ibihugu bimwe mu gihe bashyikira abakora amabi nkayo banenga! Saudi Arabia yafashije Yemen kwica abaturage. Uganda yateye Urwanda (01/10/1994) ifashwa n’Amerika. Ariko iyo Russia ifashe Crime biba icyaha! Niki Uganda yakoze kidakorwa mu Burundi cyanga mu Rwanda? Ugereranyije ibyo bihugu uko ari bitatu, Uganda niyo ipfa guhanyanyaza mu kubahiriza ikiremwamuntu. Mu buganda nibura ushobora kwigaragambya, mu Burundi wemerewe kuvuga ubwoko bwawe. Nonese ibyo wabikora mu Rwanda ukarara? USA rero nijye ikoma urusyo ikome n’ingasire!

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20187:34 pm -

      Ngwino nguhe noheri yawe hano doreko uvuze neza

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru
Amakuru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops
Amakuru

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Ubwanditsi 03 Jan 2023
Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda
Mu Mahanga

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Ubwanditsi 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru