• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Editorial 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abasenateri bane (4) b’Amerika bandikiye Umunyamabanga wa leta yabo Mike Pompeo bamusaba ko yasubiramo iby’imibanire muri diplomatie na leta ya Uganda kubera byinshi ishinjwa,harimo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, gufunga uburenganzira muri politiki ndetse no gukoresha intwaro z’Amerika mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda ndetse no mu bihugu bituranyi.

Abasenateri 4 aribo: Edward J. Markey, Cory A. Booker, Christopher A. Coons  na Robert Menendez banditse bagaragaza impungenge zabo zirimo kuba leta ya Uganda irimo  gufashwa na Korea y’amajyaruguru , igikorwa kibangamira ibihano UN yafatiye icyo gihugu.

Bagaruka k’umvururu zabaye mu matora y’umukuru w’igihugu muri 2016 aho bavuga ko leta yahohoteye abagande cyane cyane abatavuga rumwe na leta,nkuko na raporo n’ibiro by’umunyamabanga wa leta y’Amerika yabigaragaje muri raporo yayo yasohotse uyu mwaka.

Muri 2016, uwahoze ari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Amerika, John Kerry, yabwiye Perezida Museveni ko ababajwe n’ihohotera ryakorewe abatavuga rumwe nawe mu matora yabaye muri icyo gihugu.

Kizza Besigye, umuyobizi ukomeye utavuga rumwe na Museveni yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano bamusanze ku cyicaro cy’ishyaka rye i Kampala. Byatumye havuka ko imvururu hagati y’abashinzwe umutekano n’abayoboke ba Besigye.

Amerika yavuze ko ibikorwa bya polisi bituma haba amakenga ku bushake bwa leta ya Uganda bwo gutegura amatora yagirirwa icyizere.

Abo basenateri bagaruka ku bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu cyane cyane ihohoterwa ry’abanyamakuru, Iryo hohoterwa bakarikorerwa na polisi; abayobozi bayo, abandi bashinzwe umutekano ndetse na komisiyo ya Uganda ishinzwe itumanaho n’ikigo cya Uganda gishinzwe kugena amategeko n’amabwiriza ajyanye n’iby’itumanaho(Government Broadcasting Regulator).

Abanyamakuru muri Uganda bigaragambya

Muri Kamena 2015, ishami ridasanzwe rya polisi rishinzwe iperereza ryafunze umukozi ushinzwe itumanaho wa USAID muri Uganda, aregwa gushyira ku mbuga nkoranyambaga inyandiko zinenga Perezida Museveni.

Abasenateri basoza basaba leta yabo ko hashyirwaho ibihano kuri Uganda kugirango yikubite agashyi ku bibazo biyivugwaho cyane cyane guhonyora uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano birimo guhagarikirwa inyungu Uganda ikura mu masezerano ‘African Growth and Opportunity Act”, gukurirwaho amahugurwa mu bya gisirikare ndetse n’igurishwa ry’intwaro z’Amerika kuri Uganda.

2018-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Editorial 29 Oct 2019
Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Editorial 24 May 2019

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Administrator 26 Nov 2025

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 18, 201810:16 am -

    Rubbish

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    December 18, 20186:40 pm -

    Abanyamerika ni abo kunenga ku mugaragaro! Banenga ibihugu bimwe mu gihe bashyikira abakora amabi nkayo banenga! Saudi Arabia yafashije Yemen kwica abaturage. Uganda yateye Urwanda (01/10/1994) ifashwa n’Amerika. Ariko iyo Russia ifashe Crime biba icyaha! Niki Uganda yakoze kidakorwa mu Burundi cyanga mu Rwanda? Ugereranyije ibyo bihugu uko ari bitatu, Uganda niyo ipfa guhanyanyaza mu kubahiriza ikiremwamuntu. Mu buganda nibura ushobora kwigaragambya, mu Burundi wemerewe kuvuga ubwoko bwawe. Nonese ibyo wabikora mu Rwanda ukarara? USA rero nijye ikoma urusyo ikome n’ingasire!

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20187:34 pm -

      Ngwino nguhe noheri yawe hano doreko uvuze neza

      Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa
IMIKINO

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Editorial 24 Jan 2016
Uganda:Umusirikare yapfuye yiyahuye mu Kiyaga cya Victoria
ITOHOZA

Uganda:Umusirikare yapfuye yiyahuye mu Kiyaga cya Victoria

Editorial 11 Mar 2017
Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Editorial 09 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru