• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Ubwanditsi 25 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU

Amwe mu magambo yaherekeje Gen Mudacumura agaragaza uko yafatwaga na benshi

Ubusanzwe bimenyerewe ko nta muntu ujya upfa kuvuga nabi umuntu wapfuye kabone nubwo yaba yarakoze ibibi bingana gute byanatuma aruhukira ikuzimu, ahanini bitewe nuko uwapfuye aba adashobora kwisobanura kubyo avugwaho, ariko muri rusange na none urupfu rusiga agahinda ku buryo abasigaye batabasha no kuvuga ibibi by’abandi, ibi gusa ku wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba za FDLR, Lt Gen Mudacumura, birasa nk’ibitandukanye nk’uko tubibona muri iyi nkuru.

Uyu wari umugaba mukuru w’inyeshyamba za FDLR amaze icyumweru yiciwe mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Congo.

Bacye mu Rwanda baramuririye, ariko abandi benshi barimo n’abo yayoboraga  bo ntibanamuririye  cyangwa ngo bamubike ahubwo Ubuyobozi bw’Inyeshyamba zirwanya Leta y’u Rwanda (FDLR) bwashyize hanze itangazo ribika undi  muyobozi w’Ingabo zabwo gusa benshi bemeza ko riteye urujijo bitewe n’ubikwa ndetse n’ipeti yari afite.

Itangazo ribika rya FDLR NO 003/2019  ryo kuwa 18 Nzeri  2019 rirabika uwitwa Gen. Mupenzi Pierre Bernard rwabaye kuwa 18 Nzeri 2019 muri Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Igiteye urujijo ni izina ry’ubikwa ndetse n’ipeti yari afite, bizwi ko uwishwe ku itariki yavuzwe haruguru ari Sylivestre Mudacumura wari ufite ipeti rya Liyetona Jenerali. Ni mu gihe uwabitswe yitwa Mupenzi Pierre Bernard akaba anafite ipeti rya jenerali furu (Full General).

Haribazwa niba ataba ari Mupenzi Jean de la Paix wahoze mu Mvejuru za Gasana Anastase  nyuma akaza kujya muri FDLR na RNC  cyangwa niba ari undi waguye mu mirwano yahuje FDLR na FARDC cyangwa se ari andi mazina ya Gen. Mudacumura atazwi nk’uko benshi mu bayobozi bakuru  b’izi nyeshyamba bagiye bahindura amazina.

Birashoboka ko kutamubika bumvise baruhutse bitewe n’ukuntu yari yarabahahamuye mu rwego rwo kubagumisha mu murongo.

Abantu benshi ngo banamwifurizaga ibibi nk’aho uwakoze iyi nkuru ya the new times  isa nk’igitekerezo avuga ko yasomye bumwe mu butumwa bwatambukaga ku mbuga nkoranyambaga akumirwa nk’ubuvuga ngo; Satani izamwakire mu bayo, cyangwa ngo roho ye iruhukire ikuzimu. Ubutumwa bumwe na bumwe nk’ubu kandi ngo bwavaga ku bapasitoro inshuti zasabaga amasengesho atari aya gikirisitu.

Abandi bagiye baha Gen. Mudacumura amazina amupfobya nka General Kiyiko, Umugaba w’Ikiyiko, cyangwa ngo yagiye ikuzimu igifu cyuzuye ku buryo atazongera kumva inzara igihe kirekire. Ibi bikaba byarakomotse ku kiyiko cyagaragaye hafi y’umurambo we mu ifoto yafashwe nyuma yo kwicwa.

Ngo iyo rero abapasitoro basabira roho y’uwagiye ibihano aho kumusabira imbabazi, ngo si uko baba bataye inshingano zabo, ahubwo ni uko baba barabonye roho yararenze agakiza.

Nyirayo ashobora kuba aba yarakoze ibyaha ndengakamere ku buryo n’Imana iba yaramukuyeho amaboko. Ihame ryo kutavuga nabi nyakwigendera rero rikaba ryirengagizwa ku mpamvu nk’izi.

Mudacumura ngo yari yarakoze ibintu biteye ubwoba byinshi ku buryo iri hame kuri we ryirengagizwa kubera amabi we n’abandi nkawe bagiye bakora.

Yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse yari yararahiriye kuyikomeza. Yagize uruhare mu bwicanyi bwinshi, gufata ku ngufu, gusahura n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.

Ibi ngo yari yarabigize filozofiya ye y’ubuzima ndetse ashaka no kuyinjiza mu bandi. Yateje akababaro katavuzwe ku bihumbi n’ibihumbi by’Abanyarwanda mu Rwanda no muri Congo.

Muri macye, ngo Mudacumura yari yarataye ubumuntu bwe n’uburenganzira bwo gufatwa nk’ikiremwamuntu. Yari akwiriye ibyo yabonye mu rukerera rwo ku ya 18 Nzeri n’iminsi yakurikiye.

Abanyarwanda ngo bashobora kubaha abapfuye ariko banatinya ikibi ku buryo bahitamo amagambo bakoresha ku bantu baba barakoze ibintu bibi ndengakamere bakabifuriza ibyago .

Urugero, ngo bashobora kwifuriza umuntu nko gupfa atabyaye bisobanuye ko baba bamwifuriza gupfa ntazasige n’ikimenyetso cy’uko yabayeho. Nyiri iki gitekerezo akavuga ko atazi niba Mudacumura afite abamukomotseho, ariko atatangara yumvise bamwifuriza ikintu nk’iki.

2019-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Ubwanditsi 22 Oct 2024
Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Ubwanditsi 21 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane
Mu Mahanga

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru