• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yabwiye mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, ko adashobora kuva mu gihugu kubera ibibazo bihari.

Perezida Kagame yagarutse ku kiganiro bagiranye ubwo yari ayoboye inama nyunguranabitekerezo yabaye kuri uyu wa Kane i Addis Abeba muri Ethiopia, yiga ku bibazo biri muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo nyuma y’amatora ya Perezida aheruka.

Iyo nama yabereye ku cyicaro cya AU ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 16.

Ubwo Kagame yafunguraga iyo nama, yavuze ko Kabila atabashije kuyitabira kubera ko umwuka uri mu gihugu.

Yagize ati “Ubwo nateguraga iyi nama, navuganye na Perezida Joseph Kabila na we mugezaho ubutumire. Yambwiye ko na we yifuzaga kuza ariko kubera umwuka uri mu gihugu bitamushobokera kuza.”

Ngo Kabila yamwijeje “kohereza intumwa zikitabira ibi biganiro, byanashoboka zikatugezaho ishusho y’uko ibintu byifashe n’icyo bifuza ko twabafasha mu byo bashaka kugeraho.”

Perezida Kagame yavuze ko ajya gutumiza iyo nama, yabanje kugisha inama abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika by’umwihariko abo mu bihugu bituranye na Congo ndetse n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat.

Yavuze ko abaturage n’abayobozi ba Congo bemera ko ibibazo biri muri icyo gihugu batabyishiboza badahawe ubufasha n’abaturanyi.

Ati “Twatekereje ko byaba byiza kugira iyi nama nyunguranabitekerezo kugira ngo duhe agaciro ibiri kubera muri icyo gihugu kigize umugabane wacu. Abaturage n’abayobozi b’icyo gihugu biteze ko abaturanyi n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane bazifatanya nabo mu gushakira igisubizo ibibazo Congo ifite ubu.”

Perezida Kagame yavuze ko abanyafurika igihe badashyize hamwe ngo bashakire hamwe ibisubizo by’ibibazo bafite, baba bari guha urwaho abanyamahanga.

Ati “Iyo tudashakiye hamwe ibisubizo by’ibibao byacu nka gutya, biba ari uburyo bwo guha ikaze abanyamahanga ngo baze kwivanga abe ari bo badushakira ibisubizo. Uburyo bumwe bwo kubyirinda, natekereje ko ari ugukora iyi nama.”

Yashimiye abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) byatangiye gushakira ibisubizo imvururu ziri muri Congo, ashimangira ko nibafatanya bazabona umuti urambye.

Mu matora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’amatora ku wa 10 Mutarama 2019, umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Félix Tshisekedi ni we watsinze n’amajwi 38.57%.

Icyakora intsinzi ye ntiyishimiwe na Martin Fayulu na we wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wamuguye mu ntege n’amajwi 34.83%, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kutakira ikirego cya Fayulu usaba ko amajwi yongera kubarurwa, kuko nta bimenyetso bifatika afite byerekana ko bitakozwe mu mucyo, bunasaba ko intsinzi ya Tshisekedi yemezwa burundu.

Ibintu byarushijeho gukomera ubwo Inama y’abepiskopi gatolika muri icyo gihugu yatangazaga ko ibyabonywe n’indorerezi zayo mu matora bihabanye n’ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora.

Mu gihe abaturage bategereje umwanzuro w’urukiko, hari ubwoba bwinshi ko havuka ubugizi bwa nabi butewe n’abatishimiye ibyavuye mu matora ndetse n’imikirize y’urubanza.

Perezida Kagame ubwo yagiranaga ikiganiro na Joseph Kabila i Rubavu muri Kanama 2016

2019-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Ubwanditsi 14 Jul 2017
Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    January 18, 201910:06 am -

    Nukuri abavandimwe bacu ba Congo bakwiye gushyira mu gaciro bakirinda ibyabateza amacakubiri ayariyo yose bakubaka igihugu cyabo cyiza.Intambara irasenya ntiyubaka.Twizere ko abakuru bibihugu byacu bazabafasha kubyitwaramo neza. izaba ari intsinzi ya Africa pe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza
HIRYA NO HINO

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Ubwanditsi 26 Aug 2018
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru