• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016 POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan ku ngingo nyinshi zirimo “Referendumu” Abanyarwanda bitoreye tariki ya 18 Ukuboza 2015, ibibazo by’u Burundi, FDLR, umubano n’u Bufaransa n’ibindi. Icyo kiganiro cyasohotse muri Jeune Afrique no 2882.

Referandumu

Kuri “Referandumu”, Perezida yavuze ko muri politiki utagendera ku marangamutima; ko ukora icyo abaturage bagusabye. Yongeyeho ko ku bwiganze bw’abaturage batoye ko uzayobora u Rwanda azatorerwa indi manda y’imyaka irindwi kuko u Rwanda ari igihugu kidasanzwe cyanyuze mu bihe bidasanzwe .

Perezida Kagame yongeyeho ko nubwo Abanyarwanda bagera kuri 98% batoye ko ubuyobozi bwe bwakomeza akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda, ku giti cye ntiyabishakaga ariko nta kindi yari gukora usibye kumvira abaturage ayoboye.

Perezida Kagame yavuze ko “Referendum” yatowe nyuma y’ibiganiro bitandukanye byamaze imyaka irenga itatu aho ibyo biganiro byagombaga gusubiza ibibazo bitatu:

Gukomeza iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, umutekano n’impinduka aho bahurijeho ko impinduka ikenewe ariko ko igihe cyayo kitaragera.

Perezida Kagame abajijwe impamvu atabashije kubona umusimbura yavuze ko u Rwanda ari Repubulika atari Ubwami ko ahubwo ibyo bivuguruza abirirwa babivuga kandi bavuga ko bagendera kuri demokarasi.

Ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’u Burundi byatewe n’Abarundi ubwabo ko aribo bagomba kubishakira ibisubizo, yongeyeho ko no kutamenya aho ibibazo biva cyangwa kutabyemera aricyo kibazo gikuru.

Perezida Kagame yibukije aho ikibazo cyaturutse ubwo Nkurunziza yafashe icyemezo cyo kwiyamamaza atabyumvikanyeho na bagenzi be basangiye urugamba, atabyumvikanyeho nanone na benshi mu ishyaka rye, atabyumvikanyeho na bamwe mu bacamanza, Inteko ishinga amategeko n’abandi.

Yongeyeho ko u Rwanda rutajya mu ntambara y’amagambo n’u Burundi kuko intego nyamukuru y’Abarundi ari ukwiyenza. Ikindi Perezida Kagame yibukije ni uko FDLR zirwana ku ruhande rwa Nkurunziza; yasoje yibutsa ko hakiri igaruriro ngo amahoro agaruke mu Burundi

FDLR

Perezida Kagame yavuze ko nubwo Ladislas Ntaganzwa yafashwe akoherezwa mu Rwanda, ntibibuza FDLR kuba ikiriho muri Kongo-Kinshasa ndetse ko bataretse umugambi wabo wo gutera u Rwanda kuko na vuba aha barabigaragaje batera u Rwanda (mu murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu) nubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kongo Raymond Tchibanda yari yavugiye muri LONI ko uwo mutwe utakibaho.

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa

Abajijwe impamvu nyamukuru u Rwanda rutemerera Fred Constant guhagararira igihugu cye cy’u Bufaransa, Perezida Kagame yasubije ko hari ibyo u Bufaransa bugomba kubanza kugaragaza cyane cyane impamvu nyamukuru abakoze Jenoside baba mu Bufaransa rimwe na rimwe bafatwa ubundi bakarekurwa.

Raporo y’umucamanza Trevidic ku wahanuye indege ya Habyarimana yashyizwe mu kabati, impapuro zivuga ku mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa zari zavuzwe ko zigiye gushyirwa hanze na Perezidansi y’u Bufaransa n’ibindi.

Perezida Kagame yagize ati “Kohereza ambasaderi nk’aho ntacyabaye, ndetse na politiki idafasha kwiyunga ntabwo tubikeneye, reka turebe ibibazo byose twicare tubikemure ubundi Amabasaderi azabona uburenganzira”. Yasoje avuga ko u Rwanda ntako rutagize dore ko rwemereye n’abacamanza b’abafaransa kuza gukora iperereza mu Rwanda.

Mu bindi Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudafite ikibazo n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ruba mu buholandi Madamu Fatou Bensouda ko ahubwo ikibazo ari imikorere y’urwo rukiko.

Mu bijyanye n’iterabwoba, Perezida Kagame yavuzeko u Rwanda rwirinda nk’ibindi bihugu aho yibukije ko hari ibimenyetso byagaragaye mu Rwanda nk’umusirikare warashe bagenzi be muri Centre Afrique aho byagaragaye ko yari afitanye isano n’iterabwoba.

-2594.jpg

Umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan mu Kiganiro na Perezida Paul Kagame

Ku mazina mashya yahawe Imijyi n’Uturere, Perezida Kagame yavuze ko impamvu hari amazina yahinduwe ni uko yagaragazaza ivangura rishingiye ku moko na politiki byakozwe mbere ya Jenoside. Hakaba haratanzwe amazina ya mbere y’ubukoloni agaragaza amateka.

2016-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Ubwanditsi 03 Jul 2017
Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?
Mu Rwanda

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017
Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza
ITOHOZA

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League
Amakuru

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Ubwanditsi 26 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru