• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016 POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan ku ngingo nyinshi zirimo “Referendumu” Abanyarwanda bitoreye tariki ya 18 Ukuboza 2015, ibibazo by’u Burundi, FDLR, umubano n’u Bufaransa n’ibindi. Icyo kiganiro cyasohotse muri Jeune Afrique no 2882.

Referandumu

Kuri “Referandumu”, Perezida yavuze ko muri politiki utagendera ku marangamutima; ko ukora icyo abaturage bagusabye. Yongeyeho ko ku bwiganze bw’abaturage batoye ko uzayobora u Rwanda azatorerwa indi manda y’imyaka irindwi kuko u Rwanda ari igihugu kidasanzwe cyanyuze mu bihe bidasanzwe .

Perezida Kagame yongeyeho ko nubwo Abanyarwanda bagera kuri 98% batoye ko ubuyobozi bwe bwakomeza akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda, ku giti cye ntiyabishakaga ariko nta kindi yari gukora usibye kumvira abaturage ayoboye.

Perezida Kagame yavuze ko “Referendum” yatowe nyuma y’ibiganiro bitandukanye byamaze imyaka irenga itatu aho ibyo biganiro byagombaga gusubiza ibibazo bitatu:

Gukomeza iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, umutekano n’impinduka aho bahurijeho ko impinduka ikenewe ariko ko igihe cyayo kitaragera.

Perezida Kagame abajijwe impamvu atabashije kubona umusimbura yavuze ko u Rwanda ari Repubulika atari Ubwami ko ahubwo ibyo bivuguruza abirirwa babivuga kandi bavuga ko bagendera kuri demokarasi.

Ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’u Burundi byatewe n’Abarundi ubwabo ko aribo bagomba kubishakira ibisubizo, yongeyeho ko no kutamenya aho ibibazo biva cyangwa kutabyemera aricyo kibazo gikuru.

Perezida Kagame yibukije aho ikibazo cyaturutse ubwo Nkurunziza yafashe icyemezo cyo kwiyamamaza atabyumvikanyeho na bagenzi be basangiye urugamba, atabyumvikanyeho nanone na benshi mu ishyaka rye, atabyumvikanyeho na bamwe mu bacamanza, Inteko ishinga amategeko n’abandi.

Yongeyeho ko u Rwanda rutajya mu ntambara y’amagambo n’u Burundi kuko intego nyamukuru y’Abarundi ari ukwiyenza. Ikindi Perezida Kagame yibukije ni uko FDLR zirwana ku ruhande rwa Nkurunziza; yasoje yibutsa ko hakiri igaruriro ngo amahoro agaruke mu Burundi

FDLR

Perezida Kagame yavuze ko nubwo Ladislas Ntaganzwa yafashwe akoherezwa mu Rwanda, ntibibuza FDLR kuba ikiriho muri Kongo-Kinshasa ndetse ko bataretse umugambi wabo wo gutera u Rwanda kuko na vuba aha barabigaragaje batera u Rwanda (mu murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu) nubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kongo Raymond Tchibanda yari yavugiye muri LONI ko uwo mutwe utakibaho.

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa

Abajijwe impamvu nyamukuru u Rwanda rutemerera Fred Constant guhagararira igihugu cye cy’u Bufaransa, Perezida Kagame yasubije ko hari ibyo u Bufaransa bugomba kubanza kugaragaza cyane cyane impamvu nyamukuru abakoze Jenoside baba mu Bufaransa rimwe na rimwe bafatwa ubundi bakarekurwa.

Raporo y’umucamanza Trevidic ku wahanuye indege ya Habyarimana yashyizwe mu kabati, impapuro zivuga ku mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa zari zavuzwe ko zigiye gushyirwa hanze na Perezidansi y’u Bufaransa n’ibindi.

Perezida Kagame yagize ati “Kohereza ambasaderi nk’aho ntacyabaye, ndetse na politiki idafasha kwiyunga ntabwo tubikeneye, reka turebe ibibazo byose twicare tubikemure ubundi Amabasaderi azabona uburenganzira”. Yasoje avuga ko u Rwanda ntako rutagize dore ko rwemereye n’abacamanza b’abafaransa kuza gukora iperereza mu Rwanda.

Mu bindi Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudafite ikibazo n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ruba mu buholandi Madamu Fatou Bensouda ko ahubwo ikibazo ari imikorere y’urwo rukiko.

Mu bijyanye n’iterabwoba, Perezida Kagame yavuzeko u Rwanda rwirinda nk’ibindi bihugu aho yibukije ko hari ibimenyetso byagaragaye mu Rwanda nk’umusirikare warashe bagenzi be muri Centre Afrique aho byagaragaye ko yari afitanye isano n’iterabwoba.

-2594.jpg

Umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan mu Kiganiro na Perezida Paul Kagame

Ku mazina mashya yahawe Imijyi n’Uturere, Perezida Kagame yavuze ko impamvu hari amazina yahinduwe ni uko yagaragazaza ivangura rishingiye ku moko na politiki byakozwe mbere ya Jenoside. Hakaba haratanzwe amazina ya mbere y’ubukoloni agaragaza amateka.

2016-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Kim Jong Un yagiriye uruzinduko mu Bushinwa mu ibanga rikomeye

Kim Jong Un yagiriye uruzinduko mu Bushinwa mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 27 Mar 2018
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019
RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 13 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara
IKORANABUHANGA

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.
Amakuru

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru