• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016 POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan ku ngingo nyinshi zirimo “Referendumu” Abanyarwanda bitoreye tariki ya 18 Ukuboza 2015, ibibazo by’u Burundi, FDLR, umubano n’u Bufaransa n’ibindi. Icyo kiganiro cyasohotse muri Jeune Afrique no 2882.

Referandumu

Kuri “Referandumu”, Perezida yavuze ko muri politiki utagendera ku marangamutima; ko ukora icyo abaturage bagusabye. Yongeyeho ko ku bwiganze bw’abaturage batoye ko uzayobora u Rwanda azatorerwa indi manda y’imyaka irindwi kuko u Rwanda ari igihugu kidasanzwe cyanyuze mu bihe bidasanzwe .

Perezida Kagame yongeyeho ko nubwo Abanyarwanda bagera kuri 98% batoye ko ubuyobozi bwe bwakomeza akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda, ku giti cye ntiyabishakaga ariko nta kindi yari gukora usibye kumvira abaturage ayoboye.

Perezida Kagame yavuze ko “Referendum” yatowe nyuma y’ibiganiro bitandukanye byamaze imyaka irenga itatu aho ibyo biganiro byagombaga gusubiza ibibazo bitatu:

Gukomeza iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, umutekano n’impinduka aho bahurijeho ko impinduka ikenewe ariko ko igihe cyayo kitaragera.

Perezida Kagame abajijwe impamvu atabashije kubona umusimbura yavuze ko u Rwanda ari Repubulika atari Ubwami ko ahubwo ibyo bivuguruza abirirwa babivuga kandi bavuga ko bagendera kuri demokarasi.

Ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo by’u Burundi byatewe n’Abarundi ubwabo ko aribo bagomba kubishakira ibisubizo, yongeyeho ko no kutamenya aho ibibazo biva cyangwa kutabyemera aricyo kibazo gikuru.

Perezida Kagame yibukije aho ikibazo cyaturutse ubwo Nkurunziza yafashe icyemezo cyo kwiyamamaza atabyumvikanyeho na bagenzi be basangiye urugamba, atabyumvikanyeho nanone na benshi mu ishyaka rye, atabyumvikanyeho na bamwe mu bacamanza, Inteko ishinga amategeko n’abandi.

Yongeyeho ko u Rwanda rutajya mu ntambara y’amagambo n’u Burundi kuko intego nyamukuru y’Abarundi ari ukwiyenza. Ikindi Perezida Kagame yibukije ni uko FDLR zirwana ku ruhande rwa Nkurunziza; yasoje yibutsa ko hakiri igaruriro ngo amahoro agaruke mu Burundi

FDLR

Perezida Kagame yavuze ko nubwo Ladislas Ntaganzwa yafashwe akoherezwa mu Rwanda, ntibibuza FDLR kuba ikiriho muri Kongo-Kinshasa ndetse ko bataretse umugambi wabo wo gutera u Rwanda kuko na vuba aha barabigaragaje batera u Rwanda (mu murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu) nubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kongo Raymond Tchibanda yari yavugiye muri LONI ko uwo mutwe utakibaho.

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa

Abajijwe impamvu nyamukuru u Rwanda rutemerera Fred Constant guhagararira igihugu cye cy’u Bufaransa, Perezida Kagame yasubije ko hari ibyo u Bufaransa bugomba kubanza kugaragaza cyane cyane impamvu nyamukuru abakoze Jenoside baba mu Bufaransa rimwe na rimwe bafatwa ubundi bakarekurwa.

Raporo y’umucamanza Trevidic ku wahanuye indege ya Habyarimana yashyizwe mu kabati, impapuro zivuga ku mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa zari zavuzwe ko zigiye gushyirwa hanze na Perezidansi y’u Bufaransa n’ibindi.

Perezida Kagame yagize ati “Kohereza ambasaderi nk’aho ntacyabaye, ndetse na politiki idafasha kwiyunga ntabwo tubikeneye, reka turebe ibibazo byose twicare tubikemure ubundi Amabasaderi azabona uburenganzira”. Yasoje avuga ko u Rwanda ntako rutagize dore ko rwemereye n’abacamanza b’abafaransa kuza gukora iperereza mu Rwanda.

Mu bindi Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudafite ikibazo n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ruba mu buholandi Madamu Fatou Bensouda ko ahubwo ikibazo ari imikorere y’urwo rukiko.

Mu bijyanye n’iterabwoba, Perezida Kagame yavuzeko u Rwanda rwirinda nk’ibindi bihugu aho yibukije ko hari ibimenyetso byagaragaye mu Rwanda nk’umusirikare warashe bagenzi be muri Centre Afrique aho byagaragaye ko yari afitanye isano n’iterabwoba.

-2594.jpg

Umuyobozi w’ikinyamakuru Jeune Afrique, Francois Soudan mu Kiganiro na Perezida Paul Kagame

Ku mazina mashya yahawe Imijyi n’Uturere, Perezida Kagame yavuze ko impamvu hari amazina yahinduwe ni uko yagaragazaza ivangura rishingiye ku moko na politiki byakozwe mbere ya Jenoside. Hakaba haratanzwe amazina ya mbere y’ubukoloni agaragaza amateka.

2016-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite
Amakuru

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Ubwanditsi 21 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru