• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018 POLITIKI

Hari mu 1992, ubwo Leta y’u Rwanda na FPR Inkotanyi bari Arusha mu Mishyikirano yo guhosha intambara yari imaze imyaka ibiri itangiye, uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri icyo gihe, Ngurinzira Boniface, abinyujije kuri Radio Rwanda, yasabye ko buri Muturarwanda ubishoboye yatanga ibitekerezo yifuza ko byajya mu byavugirwaga mu biganiro.

Akimara kubyumva, Maître Laurent Nkongoli nk’umwe mu nzobere mu by’amategeko mpuzamahanga igihugu cyari gifite, yandikiye Guverinoma ya Habyarimana ibaruwa ifunguye. Yasobanuye impungenge yari atewe no kuba ku wa 12 Ukuboza 1975, u Rwanda rwarifashe rukanga gusinya ingingo zimwe na zimwe zo mu Masezerano Mpuzamahanga ya Loni agamije ‘gukumira no guhana icyaha cya Jenoside’ n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Nkuko bigaragara mu kiganiro kirambuye yagiranye n’Ikinyamakuru Rukokoma mu 1992 , Me Nkongoli ahamya ko yandika iyo baruwa ku wa 3 Kanama 1992, wari nk’umusanzu wo kubwira Leta ko hari ingingo z’ayo Masezerano yirengagije nkana. Yari agamije kurengera uburenganzira bw’abaturage no kubarinda ‘Ihohoterwa n’ivangura riganisha kuri Jenoside’, nk’uko byagenze mu 1994 ubwo imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni bicwaga.

Amwe muri ayo Masezerano avugwa ni nk’ayemejwe n’Inteko rusange ya Loni ku wa 9 Ukuboza mu 1948, agatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 12 Mutarama 1951, aho ibihugu byose bigize Loni byategekwaga kurinda abaturage babyo Jenoside, nyuma y’iyari imaze guhitana Abayahudi basaga miliyoni esheshatu mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yo kuva mu 1941 kugera mu 1945.

Kubera ko muri icyo gihe u Rwanda rwari mu bihugu bya Afurika bitarabona ubwigenge, rwo rwaje kwemeza ayo Masezerano ku wa 12 Gashyantare 1975, ariko rwifata ku ngingo z’ingenzi zari ziyagize, harimo n’iy’uko rwahakanye rwivuye inyuma kuba rwaryozwa icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Mu kiganiro IGIHE  dukesha iyi nkuru ,  Me Nkongoli, yavuze ko byari bibabaje igihugu nk’u Rwanda kugaragaza ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside.

Yagize ati “Byari agahomamunwa kuba igihugu nk’u Rwanda cyari cyariyemeje kwerurira Isi yose ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside cyangwa kuba bamwe bakwirara mu bandi bakabarimbura.”

Me Nkongoli abajijwe impamvu y’ingenzi yabonaga u Rwanda rwifashe ku ngingo zikomeye nk’izo, yasubije ko byatangiriye kuri Kayibanda Gregoire wabaye Perezida wa Repubulika ya Mbere y’u Rwanda. Uyu ngo yirinze kwigira indyarya nka Habyarimana yanga guhisha urwango yari afitiye Abatutsi, kugeza akuwe ku butegetsi mu 1973 yaranangiye kwemeza ayo Masezerano.

Gusa ngo Habyarimana Juvénal we akimara guhirika Kayibanda, yashatse impamvu zose yakwiyerekana mu ruhando mpuzamahanga nk’uzanye impinduka mu butegetsi no kubanisha abatuye u Rwanda. Yabonye ko nashyira umukono kuri ayo Masezerano yari yarabaye agatereranzamba ku Rwanda azarebwa neza, nk’umuperezida ukoze ibyananiye uwo yahiritse.

Me Nkongoli ati “Kayibanda yarabiretse yanga kuyasinya igice, Habyarimana na we byari kuruta akabireka aho gusinya uduce tumwe utundi akifata. Nibura byari gutuma uburemere bw’ababona isura mbi y’u Rwanda yo gushaka kumara abaturage bayo bwagaragariraga benshi, ariko wenda hari abarebaga u Rwanda ku rutonde rw’abayasinye bakarangazwa nabyo, ntibavumbure ko rwayasinye igice ahandi rukifata.”

Zimwe mu ngingo zikomeye zari nk’inkingi ya mwamba u Rwanda rwifasheho harimo nk’Ingingo ya Cyenda y’ayo Masezerano igira iti “Igihugu cyangwa umuntu wese uzanyuranya n’ibiri muri aya Masezerano, mu kuyagoreka cyangwa kudakora ibiteganijwe muri yo, hamwe no kubangamira iyubahirizwa ryayo, cyane cyane ku ngingo ziri mu ya Gatatu zirebana no kurwanya no gukumira Jenoside mu batuye icyo gihugu. Buri ruhande mu rwayasinye ruzaba rubishaka rwemerewe kugeza mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwa Loni urutazaba rwubahirije ibigenwe muri yo.”

Ingingo ya Gatatu yo yagiraga iti “Aya Masezerano agenera ibihano uwo ari we wese ‘Uzakora Jenoside, Gucura umugambi wo gukora Jenoside, Kugerageza Jenoside, Guhamagarira abantu gukora Jenoside mu ruhame ndetse n’ubufatanyacyaha muri Jenoside.”

Me Nkongoli yavuze ko uku kwifata ku itegeko rikomeye kwakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana, kwabuhaye rugari mu bikorwa byo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uku ‘Kwifata’ kuri ayo Masezerano, kwaje gukurwaho mu 2009, ubwo u Rwanda rwayashyiragaho umukono uko yakabaye yose.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu
POLITIKI

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro
Mu Mahanga

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Ubwanditsi 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru