• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018 POLITIKI

Hari mu 1992, ubwo Leta y’u Rwanda na FPR Inkotanyi bari Arusha mu Mishyikirano yo guhosha intambara yari imaze imyaka ibiri itangiye, uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri icyo gihe, Ngurinzira Boniface, abinyujije kuri Radio Rwanda, yasabye ko buri Muturarwanda ubishoboye yatanga ibitekerezo yifuza ko byajya mu byavugirwaga mu biganiro.

Akimara kubyumva, Maître Laurent Nkongoli nk’umwe mu nzobere mu by’amategeko mpuzamahanga igihugu cyari gifite, yandikiye Guverinoma ya Habyarimana ibaruwa ifunguye. Yasobanuye impungenge yari atewe no kuba ku wa 12 Ukuboza 1975, u Rwanda rwarifashe rukanga gusinya ingingo zimwe na zimwe zo mu Masezerano Mpuzamahanga ya Loni agamije ‘gukumira no guhana icyaha cya Jenoside’ n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Nkuko bigaragara mu kiganiro kirambuye yagiranye n’Ikinyamakuru Rukokoma mu 1992 , Me Nkongoli ahamya ko yandika iyo baruwa ku wa 3 Kanama 1992, wari nk’umusanzu wo kubwira Leta ko hari ingingo z’ayo Masezerano yirengagije nkana. Yari agamije kurengera uburenganzira bw’abaturage no kubarinda ‘Ihohoterwa n’ivangura riganisha kuri Jenoside’, nk’uko byagenze mu 1994 ubwo imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni bicwaga.

Amwe muri ayo Masezerano avugwa ni nk’ayemejwe n’Inteko rusange ya Loni ku wa 9 Ukuboza mu 1948, agatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 12 Mutarama 1951, aho ibihugu byose bigize Loni byategekwaga kurinda abaturage babyo Jenoside, nyuma y’iyari imaze guhitana Abayahudi basaga miliyoni esheshatu mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yo kuva mu 1941 kugera mu 1945.

Kubera ko muri icyo gihe u Rwanda rwari mu bihugu bya Afurika bitarabona ubwigenge, rwo rwaje kwemeza ayo Masezerano ku wa 12 Gashyantare 1975, ariko rwifata ku ngingo z’ingenzi zari ziyagize, harimo n’iy’uko rwahakanye rwivuye inyuma kuba rwaryozwa icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Mu kiganiro IGIHE  dukesha iyi nkuru ,  Me Nkongoli, yavuze ko byari bibabaje igihugu nk’u Rwanda kugaragaza ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside.

Yagize ati “Byari agahomamunwa kuba igihugu nk’u Rwanda cyari cyariyemeje kwerurira Isi yose ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside cyangwa kuba bamwe bakwirara mu bandi bakabarimbura.”

Me Nkongoli abajijwe impamvu y’ingenzi yabonaga u Rwanda rwifashe ku ngingo zikomeye nk’izo, yasubije ko byatangiriye kuri Kayibanda Gregoire wabaye Perezida wa Repubulika ya Mbere y’u Rwanda. Uyu ngo yirinze kwigira indyarya nka Habyarimana yanga guhisha urwango yari afitiye Abatutsi, kugeza akuwe ku butegetsi mu 1973 yaranangiye kwemeza ayo Masezerano.

Gusa ngo Habyarimana Juvénal we akimara guhirika Kayibanda, yashatse impamvu zose yakwiyerekana mu ruhando mpuzamahanga nk’uzanye impinduka mu butegetsi no kubanisha abatuye u Rwanda. Yabonye ko nashyira umukono kuri ayo Masezerano yari yarabaye agatereranzamba ku Rwanda azarebwa neza, nk’umuperezida ukoze ibyananiye uwo yahiritse.

Me Nkongoli ati “Kayibanda yarabiretse yanga kuyasinya igice, Habyarimana na we byari kuruta akabireka aho gusinya uduce tumwe utundi akifata. Nibura byari gutuma uburemere bw’ababona isura mbi y’u Rwanda yo gushaka kumara abaturage bayo bwagaragariraga benshi, ariko wenda hari abarebaga u Rwanda ku rutonde rw’abayasinye bakarangazwa nabyo, ntibavumbure ko rwayasinye igice ahandi rukifata.”

Zimwe mu ngingo zikomeye zari nk’inkingi ya mwamba u Rwanda rwifasheho harimo nk’Ingingo ya Cyenda y’ayo Masezerano igira iti “Igihugu cyangwa umuntu wese uzanyuranya n’ibiri muri aya Masezerano, mu kuyagoreka cyangwa kudakora ibiteganijwe muri yo, hamwe no kubangamira iyubahirizwa ryayo, cyane cyane ku ngingo ziri mu ya Gatatu zirebana no kurwanya no gukumira Jenoside mu batuye icyo gihugu. Buri ruhande mu rwayasinye ruzaba rubishaka rwemerewe kugeza mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwa Loni urutazaba rwubahirije ibigenwe muri yo.”

Ingingo ya Gatatu yo yagiraga iti “Aya Masezerano agenera ibihano uwo ari we wese ‘Uzakora Jenoside, Gucura umugambi wo gukora Jenoside, Kugerageza Jenoside, Guhamagarira abantu gukora Jenoside mu ruhame ndetse n’ubufatanyacyaha muri Jenoside.”

Me Nkongoli yavuze ko uku kwifata ku itegeko rikomeye kwakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana, kwabuhaye rugari mu bikorwa byo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uku ‘Kwifata’ kuri ayo Masezerano, kwaje gukurwaho mu 2009, ubwo u Rwanda rwayashyiragaho umukono uko yakabaye yose.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023
DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda
Amakuru

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jun 2024
Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 
Amakuru

Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 

Ubwanditsi 08 Jan 2022
CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire
Mu Mahanga

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru