• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Ubwanditsi 18 Oct 2017 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, yanenze raporo iherutse gukorwa n’Umuryango ‘Human Right Watch’ yavugaga ko mu Rwanda abantu bakorerwa iyicarubozo abandi bakicwa.

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu yavuze ko hari abantu raporo y’umuryango Human Rights Watch (HRW) igaragaza ko bicwa n’ingabo na polisi, nyamara igenzura ryakozwe ryerekanye ko bakiriho, n’abapfuye ariko bazize impamvu zisanzwe, batishwe.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo iyi komisiyo yagize icyo ivuga kuri raporo ya HRW yasohotse muri Nyakanga, ivuga ko inzego z’umutekano zagiye zica abantu batandukanye bakurikiranwaho ibyaha byoroheje.

Ni Raporo y’amapaji 60 yiswe “ All Thieves must Be Killed” bishatse kuvuga ngo ‘Abajura bose bagomba kwicwa’ yasohotse ku wa 5 Nyakanga 2017.

Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, yavuze ko nubwo iyo raporo yasohotse mu 2017, ibikubiyemo byabaye mu myaka itandukanye.

Iyo raporo yavugaga ko nibura inzego z’umutekano mu Rwanda zishe nibura abantu 37 bakekwagaho ibyaha byoroheje mu Ntara y’Iburengerazuba, hagati ya Nyakanga 2016 na Werurwe 2017.

-8351.jpg
Nirere Madeleine, Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda

Nirere yavuze ko mu kugenzura ibibazo byakomojweho, igaragaza abantu bishwe mu bihe bitandukanye, ndetse bamwe ntabwo bapfuye mu buryo iyo raporo ivuga. Harimo n’abazize impanuka zisanzwe, ndetse n’abishwe n’abantu ku giti cyabo kandi babikurikiranyweho.

Mu bo iyi raporo ivuga ko bishwe kandi bakiriho harimo Nsanzabera Tharcisse, Majyambere Alphonse, Nyirabavakure Daphrose, Karasankima Jovan, Habyalimana Elias, Nzamwitakuze Donati na Hanyurwabake Emmanuel.

-8349.jpg
Majyambere Alphonse, raporo ivuga ko yishwe yibye inka ariko aracyariho

Yagize ati “Hari abavugwa ko bapfuye bakiriho, hari n’abishwe n’uburwayi nabyo turabigaragaza. Twagenzuye abantu bavugwa 43, ariko twasanze harimo babiri bavuzwe ari umuntu umwe.”

“Hari abantu barindwi HRW ivuga ko bishwe n’abasirikare, abapolisi, DASSO. Harimo Nsanzabera Tharcisse bivugwa ko yabonywe bwa nyuma kuwa 17 Ukwakira 2016, ko yaburiwe irengero nyuma akaza kwicwa. Twasanze uyu muntu ariho, afungiwe muri gereza Nyakiliba, afungiwe kwiba inka.”

Hari Majyambere Alphonse nawe bavuga ko yibye inka akicwa na Polisi cyangwa DASSO, ariko basanze ariho ndetse yabonanye na Komisiyo kimwe n’abo mu muryango we.

Nyirabavakure Daphrose we basanze yarimukiye muri Congo hamwe n’umugabo we nk’uko byemejwe n’abaturage n’abayobozi b’aho ngaho, ngo hashize imyaka itatu.

Hari Karasankima Jovan nawe bavuze ko yishwe amaze kwiba intama, ubu aba mu Ngororero aho ari umushumba. Habyarimana Elias nawe raporo ivuga ko yiciwe mu Kivu yishwe n’abasirikare azira kurobesha imitego itemewe, ariko ngo aba mu Bubiligi.

Nzamwitakuze Donat nawe HRW yavugaga ko yishwe n’abasirikare azira kwiba moto, Komisiyo yasanze ahari.

Nirere yakomeje agira “Abaturage b’umudugudu atuyemo ndetse n’abayobozi bemeza ko yari atuye aho, akaba ubu ari muri Uganda aho ba sebukwe bimukiye, ndetse ngo ajya aza mu Rwanda akabasura.”

Ntiliburakaryo Jean Damascene byavuzwe ko yarashwe mu 2016 yishwe n’abasirikare ko yasibye umuganda, nawe byagaragaye ko yaguye mu bitaro azize uburwayi.

-8350.jpg
Nikuze Pelagie, umugabo we bivugwa ko yishwe ari umurobyi ariko ngo aba mu Bubiligi

Hari n’abantu babiri ngo byatangajwe ko bishwe n’abaturage babihawemo amabwiriza n’ubuyobozi, Barayavuga Jean, wishwe n’umuturage amukubise inkoni, ariko basanze nta mabwiriza yabayeho ndetse uwabikoze yahise atabwa muri yombi.

Hanyurwabake Emmanuel raporo ivuga ko yishwe n’abasirikare mu mpera z’Ukuboza ari kurobesha umutego utemewe wa Kaningiri, nawe ngo aba ku Idjwi.

Nirere ati “Abo nibo navugaga ko bariho HRW ivuga ko bapfuye. Na none hari abo bavuga Uwintwari Thaddé raporo ivuga ko yishwe n’ingabo azira kwiba ihene, ariko yapfuye ku 25 Nzeri 1999 aho kuba mu 2016, kandi murumuna we yemeza ko yazize uburwayi, n’uwo bashakanye. Hari na Kanyesoko Yohani ivuga ko yishwe mu 2016, nawe yazize uburwayi yari amaranye igihe kirekire.”

Uwo we ngo yaguye mu bitaro bya Gisenyi, kandi bafite n’icyangombwa cy’abaganga cy’uko yitabye Imana azize uburwayi.

Hari n’abantu icyenda iyi komisiyo ivuga ko yabuze imyirondoro yabo aho HRW yavugaga ko batuye, ndetse no mu mushinga w’indangamuntu ntibigaragara.

Mu bandi bapfuye, hari abo HRW ivuga ko bibye ibikoresho bakaza kuraswa, komisiyo yasanze baratemye inka, polisi ibakurikiranye bashaka gutoroka no kubambura imbunda bararaswa.

Muri iyo raporo ya HRW, hari abantu batandatu Komisiyo yasanze barapfuye bazize impanuka zitandukanye mu gihe yo ivuga ko bishwe n’Ingabo z’u Rwanda, Polisi na Dasso. Abo ni Bihibindi Jean de Dieu, Minani Samuel, Bazangirabate Amurani, Ntakingora Djuma, Renzaho Vedaste, Ntamuhanga Emmanuel.

Harimo kandi uwitwa Moise Tuyisenge ivuga ko yishwe ariko Komisiyo mu bugenzuzu yakoze ibaza abaturage n’abandi, yasanze uyu yarishwe arashwe n’Ingabo za Congo.

HRW muri raporo yayo yavugaga ko “abasirikare bagiye bata muri yombi cyangwa bakarasa abenshi mu bo byagaragaye, mu mugambi usa n’uwemejwe wo kwica abakekwaho ubujura, abakora forode n’abandi bafite ibyaha byoroheje, aho kubageza imbere y’inkiko.”

Icyo gihe HRW yavuze ko ubwo bwicanyi bwakorwaga bishyigikiwe n’inzego za leta, bikaba ari nko kurenga ku mategeko y’igihugu n’amategeko mpuzamahanga.

-8352.jpg
Ngabo gihamya y’ibinyoma bya HRW ibeshwa n’abadashakira ibyiza u Rwanda

HRW yavuze ko abantu 40 babajijwe bavuze ko bitabiriye inama z’abaturage mu turere twa Rubavu na Rutsiro, aho abayobozi b’ingabo n’abayobozi b’inzego za leta bavugiye ko abajura bagomba gufatwa bakicwa.

Hari n’abandi bapfuye ku mpamvu zitandukanye, harimo uwahanutse ku kiraro, mu gihe raporo yavugaga ko yishwe azira kwiba inka.

Nirere “Twasanze nta mabwiriza yigeze atangwa yo kwica abantu, nta hantu twabonye umuyobozi yakoresheje inama ati mwice abantu, uwo muco ntawo uhari.”

Ubwanditsi

2017-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye
Mu Mahanga

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach
SHOWBIZ

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ubwanditsi 04 Apr 2018
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe
POLITIKI

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru