• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, ku ngamba igihugu cyashyizeho zigamije guhangana n’ikwirakwira rya Coronavirus itera COVID-19.

Kuva mu minsi 12 ishize ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaraga bwa mbere mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2020, abarwayi 40 bamaze kuboneka ku butaka bwarwo.

Izamuka ry’ubwandu bushya bw’abafite Coronavirus ryatumye hakazwa ingamba zigamije kwirinda ikwirakwira ryayo.

Kuri ubu hashize iminsi ine, Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, asohoye amabwiriza avuga ko kuva ku wa 21 Werurwe 2020 ingendo zitari ngombwa zihagaritswe, abantu babujijwe kuva mu rugo nta mpamvu zihutirwa, uretse abatanga n’abashaka serivisi z’ingenzi zirimo kwivuza, guhaha, iza banki n’izindi.

Perezida Kagame abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter kuri uyu wa 25 Werurwe 2020 yavuze ko yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau ku ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yashyizweho.

Yagize ati “Nagiranye ikiganiro cyiza na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau ku byiza by’ingamba z’ubuzima zo ku rwego rw’igihugu n’ubufatanye bw’Isi yose mu kurandura icyorezo cya Coronavirus n’intambwe z’ingenzi zikeneye gufatwa mu guhangana n’ingaruka zacyo zikomeje kwiyongera.’’

Yakomeje avuga ati “Namushimiye umurava we n’ubufasha bwa Canada ndetse n’umusanzu we mu guhuriza hamwe ingamba z’umuryango wa G20 mu gushaka ubushobozi buhagije bwo gushyigikira ibyemezo byafashwe na Afurika.’’

Perezida Kagame yashimangiye ko icyorezo cya COVID-19 kizarangira mu gihe ‘twese dukoreye hamwe.’

COVID-19 yemejwe nk’icyorezo cyibasiye Isi yose ku wa 11 Werurwe 2020. Kuva cyaboneka bwa mbere mu Bushinwa, aho cyatangiriye mu Mujyi wa Wuhan mu Ukuboza 2019, abamaze kucyandura basaga ibihumbi 445, abarenga ibihumbi 19 bahitanywe na cyo mu gihe 112,037 bagikize.

Iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu n’uduce 190 bingana na ¾ by’ibihugu n’uduce 240 tugize Isi.

Ingaruka za COVID-19 ntizagumye mu rwego rw’ubuzima gusa kuko yanahungabanyije isoko ry’imari n’imigabane ry’ibihugu byinshi ku buryo ubukungu bw’Isi bushobora kugwa bidasanzwe.

Biteganyijwe ko ibihugu bihuriye muri G20 bizakora inama idasanzwe mu cyumweru gitaha iziga ku buryo hagabanywa ikwirakwira rya COVID-19 ariko hanarebwa ingaruka ifite ku bukungu muri rusange.

Ku wa Gatatu, u Bushinwa aho iki cyorezo cyatangiriye mu mwaka ushize hagaragaye umurwayi umwe mu gihe ibindi bice by’Isi bikomeje guhangana n’ubwiyongere bw’abandura n’umubare w’abitaba Imana.

Biteganyijwe ko muri iyo nama ya G20, u Bushinwa buzahabwa umwanya wo gusangiza ibindi bihugu uko bwashoboye guhangana na COVID-19 no kubisangiza ubunararibonye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, abayobozi b’ibihugu bigize G7, biyemeje ‘gukora ibishoboka byose’ ngo bihangane na virus no gufasha ubukungu bw’Isi.

Canada iri mu bihugu bikomeye bitarimo abarwayi benshi ba COVID-19, kuri ubu hamaze kuboneka abarwayi ba Coronavirus 1,959; abagera kuri 833 bari gukurikiranirwa hafi mu gihe 27 bitabye Imana.

Src: IGIHE

2020-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya
Amakuru

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro  basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi
Mu Mahanga

Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Ubwanditsi 12 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru