• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, ku ngamba igihugu cyashyizeho zigamije guhangana n’ikwirakwira rya Coronavirus itera COVID-19.

Kuva mu minsi 12 ishize ubwo umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaraga bwa mbere mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2020, abarwayi 40 bamaze kuboneka ku butaka bwarwo.

Izamuka ry’ubwandu bushya bw’abafite Coronavirus ryatumye hakazwa ingamba zigamije kwirinda ikwirakwira ryayo.

Kuri ubu hashize iminsi ine, Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, asohoye amabwiriza avuga ko kuva ku wa 21 Werurwe 2020 ingendo zitari ngombwa zihagaritswe, abantu babujijwe kuva mu rugo nta mpamvu zihutirwa, uretse abatanga n’abashaka serivisi z’ingenzi zirimo kwivuza, guhaha, iza banki n’izindi.

Perezida Kagame abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter kuri uyu wa 25 Werurwe 2020 yavuze ko yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau ku ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yashyizweho.

Yagize ati “Nagiranye ikiganiro cyiza na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau ku byiza by’ingamba z’ubuzima zo ku rwego rw’igihugu n’ubufatanye bw’Isi yose mu kurandura icyorezo cya Coronavirus n’intambwe z’ingenzi zikeneye gufatwa mu guhangana n’ingaruka zacyo zikomeje kwiyongera.’’

Yakomeje avuga ati “Namushimiye umurava we n’ubufasha bwa Canada ndetse n’umusanzu we mu guhuriza hamwe ingamba z’umuryango wa G20 mu gushaka ubushobozi buhagije bwo gushyigikira ibyemezo byafashwe na Afurika.’’

Perezida Kagame yashimangiye ko icyorezo cya COVID-19 kizarangira mu gihe ‘twese dukoreye hamwe.’

COVID-19 yemejwe nk’icyorezo cyibasiye Isi yose ku wa 11 Werurwe 2020. Kuva cyaboneka bwa mbere mu Bushinwa, aho cyatangiriye mu Mujyi wa Wuhan mu Ukuboza 2019, abamaze kucyandura basaga ibihumbi 445, abarenga ibihumbi 19 bahitanywe na cyo mu gihe 112,037 bagikize.

Iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu n’uduce 190 bingana na ¾ by’ibihugu n’uduce 240 tugize Isi.

Ingaruka za COVID-19 ntizagumye mu rwego rw’ubuzima gusa kuko yanahungabanyije isoko ry’imari n’imigabane ry’ibihugu byinshi ku buryo ubukungu bw’Isi bushobora kugwa bidasanzwe.

Biteganyijwe ko ibihugu bihuriye muri G20 bizakora inama idasanzwe mu cyumweru gitaha iziga ku buryo hagabanywa ikwirakwira rya COVID-19 ariko hanarebwa ingaruka ifite ku bukungu muri rusange.

Ku wa Gatatu, u Bushinwa aho iki cyorezo cyatangiriye mu mwaka ushize hagaragaye umurwayi umwe mu gihe ibindi bice by’Isi bikomeje guhangana n’ubwiyongere bw’abandura n’umubare w’abitaba Imana.

Biteganyijwe ko muri iyo nama ya G20, u Bushinwa buzahabwa umwanya wo gusangiza ibindi bihugu uko bwashoboye guhangana na COVID-19 no kubisangiza ubunararibonye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, abayobozi b’ibihugu bigize G7, biyemeje ‘gukora ibishoboka byose’ ngo bihangane na virus no gufasha ubukungu bw’Isi.

Canada iri mu bihugu bikomeye bitarimo abarwayi benshi ba COVID-19, kuri ubu hamaze kuboneka abarwayi ba Coronavirus 1,959; abagera kuri 833 bari gukurikiranirwa hafi mu gihe 27 bitabye Imana.

Src: IGIHE

2020-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 13 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017
Mu Rwanda

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Ubwanditsi 10 May 2017
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika
ITOHOZA

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo
IMIKINO

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru