• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, amushimira ubufasha bw’ibanze igihugu cye cyahaye abanyarwanda 155 bari mu Ntara ya Hubei mu gihe iki gihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Mutamara nibwo Minisitiri Biruta yagiranye ibiganiro na Ambasaderi Hongwei aho yamushimiye uburyo u Bushinwa buri kurwanya icyorezo cya Coronavirus bwahuye nacyo anamufata mu mugongo kubera ingaruka cyateye.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, rivuga ko u Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku buryo buri gufata abanyamahanga babarizwa muri iki gihugu.

Minisitiri Biruta yagize ati “Dushimiye u Bushinwa ku buryo buri kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus ndetse n’ubufasha bwabwo ku banyamahanga barimo n’abanyarwanda baba mu Ntara ya Hubei.”

Minisitiri Biruta yashimye Ambasaderi w’u Bushinwa ku bufasha burimo ibiribwa n’ibindi bikoresho nkenerwa byahawe abanyarwanda bari mu ntara ya Hubei bigizwemo uruhare n’ubuyobozi bwo muri aka gace hamwe na Ambasade y’u Rwanda i Beijing.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu n’umwe uragaragara mu Rwanda afite virusi ya Coronavirus, isaba abanyarwanda kwirinda kujya mu bihugu yagaragayemo n’ugiyeyo akitwararika akirinda akarinda n’abandi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyahuje Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ububanyi n’Amahanga; Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Urujeni Bakuramutsa, yavuze ko binyujijwe muri Ambasade y’u Rwanda mu Bushinwa, abanyarwanda baba mu ntara ya Hubei barimo kugirwa inama kandi kugeza ubu nta munyarwanda urandura iki cyorezo.

Hari ibihugu bitandukanye bikomeje kubwira abaturage babyo kuva mu Bushinwa ndetse bimwe bikajya kubacyura. Minisitiri Dr Gashumba, yavuze ko u Rwanda rutaragera aho gufata iki cyemezo.

Ati “Twizeye urwego rw’ubuzima rw’u Bushinwa, kandi abantu bacu bariyo cyane abanyeshuri bariyo barakuze bazi uburyo bwo kwirinda ntabwo turagera ku rwego rwo kubagarura mu Rwanda kandi Ambasade y’u Rwanda iri hafi yabo. Ubu bimeze neza ntabwo turatekereza ku ngingo yo kubazana”.

U Rwanda rukomeje gushyiraho ingamba zikomeye zigamije gukumira ko iki cyorezo cyakwinjira mu gihugu.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyashyizeho itsinda ry’abaganga bahoraho 10 n’abandi bashobora kuryunganira igihe bibaye ngomba, bapima ibimenyetso bya Virus ya Coronavirus kuri buri muntu wese uvuye hanze y’u Rwanda, cyane cyane mu Bushinwa cyangwa uwo bikekwa ko yahageze kandi bashobora no gutanga ubufasha ku muntu babisangana.

Ku rundi ruhande, RwandAir yahagaritse ingendo hagati ya Kigali na Guangzhou guhera kuri uyu wa 31 Mutarama 2020, itangaza ko iki cyemezo kizongera gusuzumwa vuba muri Gashyantare 2020.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo virus ya Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa.

Imibare mishya igaragaza ko abantu 9809 aribo bamaze kwandura iki cyorezo mu gihe 213 mu Bushinwa bahitanywe nayo.

Ibimenyetso by’indwara ya Coronavirus birimo kugira umuriro, gukorora no guhumeka nabi ndetse ishobora no kugera aho itera umusonga no kubuza impyiko gukora bishobora gutera urupfu.

Zimwe mu ngamba abantu bakwiye kwimakaza mu kuyirinda harimo gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune, gukinga urushyi ku mazuru no ku munwa igihe umuntu bikekwa ko ayirwaye akorora cyangwa ahumeka, guteka inyama n’amagi bigashya neza.

Hari kandi kwifashisha imiti yabugenewe yo gukaraba yica udukoko, kwirinda gukorakora amazuru, amaso n’umunwa igihe umuntu atakarabye, kwirinda kwegera umuntu ufite ibyago byo kuyandura hamwe no kuguma mu rugo igihe ufite ibimenyetso byayo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yashimye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda bari mu Ntara ya Hubei

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, wagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

2020-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016
Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops
Amakuru

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Ubwanditsi 03 Jan 2023
Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe
Mu Rwanda

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru