• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yagaragaje ko ibibazo bya Congo biterwa n’abayobozi bicyo gihugu bashaka kwegeka ibibazo byose ku Rwanda.

Mu kiganiro na Mvemba Dizolele wo mu kigo CSIS (Center for Strategic and International Studies), Gen (Rtd) Kabarebe yasobanuye ko u Rwanda rutigeze rufasha M23, n’ikimenyimenyi ko abarwanyi b’uyu mutwe bayobowe na Gen Sultani Makenga bataturutse mu Rwanda.

Gen (Rtd) Kabarebe, ashingiye ku mateka, yagaragaje ko ikosa rikomeye ubutegetsi bwa RDC bwakoze kuva ku bwa Mobutu kugeza ku bwa Félix Tshisekedi, ari uguhitamo politiki yo kwanga u Rwanda, cyane cyane Abatutsi.

Yagize ati “RDC yakoze ikosa rimwe rikomeye, cyane cyane ubuyobozi butandukanye bwayo nyuma ya 1994, 1996. Bwahisemo politiki yo kwanga u Rwanda, cyane cyane Abatutsi, buyifashisha kugira ngo bwemerwe n’Abanye-Congo. Bwahisemo kugaragaza ko buri kimwe, kunanirwa kwabo n’ibibazo byabo biterwa n’u Rwanda.”

Yagaragaje ko u Rwanda rwari rufite impamvu yo kugaragaza ko RDC ari yo ntandaro y’ibibazo byose nk’uko na yo ibirushinja, ariko ko rwabyihoreye, ruhitamo kubana n’iki gihugu mu mahoro, ahamya ko nta Munye-Congo wagirirwa nabi n’Abanyarwanda.

Ati “Twebwe umurongo twahisemo ni uko dukeneye Abanye-Congo, turindira umutekano buri wese. Abanye-Congo baza hano mu Rwanda banyuze ku mupaka. Ugenzuye muri hoteli zose i Kigali, wasanga huzuyemo Abanye-Congo bava hano, bajya i Dubai, bava mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba. Nta muntu ubakoraho, bahabwa ubufasha bwose, cyane cyane umutekano.”

Gen (Rtd) Kabarebe yagaragaje ko ubutegetsi bwa RDC bukwiye guhagarika politiki yo kwanga u Rwanda n’Abatutsi, bukumva ko kubana mu mahoro n’ibihugu by’abaturanyi ari ngombwa kandi ko bigirira inyungu buri wese.

Gen (Rtd) Kabarebe yasobanuye ko mu biganiro byabanjirije ibikorwa byo gusenya M23, u Rwanda rwashyigikiye ko uyu mutwe usenywa, runasaba ko nyuma y’ibyo hazakurikiraho gusenya FDLR; umutwe washinzwe n’abahoze muri Leta yateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati “Hafashwe icyemezo cy’uko M23 na FDLR bisenywa n’ingabo za Loni zitwaga FIB zari zigizwe n’Abanya-Malawi, Tanzania na Afurika y’Epfo. U Rwanda twarabishyigikiye, dusaba ko FIB nimara gusenya M23, izakurikizaho FDLR. Ni ko byari byarateganyijwe. Gusenya FDLR nyuma ya M23 ni cyo twari dutegereje.”

Yibukije ko ubwo M23 yasenyukaga, bamwe mu bari bayigize bayobowe na Gen Makenga bahungiye muri Uganda, abandi bari bayobowe na Gen Bosco Ntaganda bahungira mu Rwanda.

Ati “Twabwiye Bosco Ntaganda ko tutamwakira mu Rwanda kubera ko yashakishwaga na ICC. Ashingiye kuri ibyo, yahisemo kwishyikiriza Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yoherezwa i La Haye anyuze i Kanombe.”

Gen (Rtd) Kabarebe yasobanuye ko abandi barwanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda bajyanywe mu nkambi mu Burasirazuba bw’iki gihugu, bamburwa intwaro bari bafite, zishyikirizwa Leta ya RDC binyuze muri misiyo y’amahoro ya Loni muri RDC (MONUSCO).

Gen (Rtd) Kabarebe yasobanuye ko mbere ubwo Tshisekedi yajyaga ku butegetsi, Perezida Kagame yari Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kandi ko yafashije Tshisekedi kumenyekana ku ruhando rw’amahanga.

Yagize ati “Ubwo Perezida Tshisekedi yajyaga ku butegetsi, Perezida Kagame yari Umuyobozi Mukuru wa Afurika Yunze Ubumwe. Yari mu mwanya mwiza wo gufasha Tshisekedi kandi yaramufashije rwose. Yaramufashije, amuha ubufasha bwose, ubwo yitabiraga umuhango wo gushyingura se [Etienne Tshisekedi) cyari ikimenyetso cyiza ariko yanamufashije ku rwego mpuzamahanga.”

Gen (Rtd) Kabarebe yakomeje ati “Kubera ko Tshisekedi nk’umuntu mushya nta wari umuzi, haba mu Burengerazuba, imiryango mpuzamahanga, nk’umuturanyi wo hafi, yamumenyekanishije hose.”

Yahishuye ko tariki ya 19 Ukwakira 2019, Tshisekedi yohereje intumwa ze i Kigali, zigirana n’abarwanyi ba M23 amasezerano yo kubacyura, ariko ngo Leta ya RDC yananiwe gushyira mu bikorwa aya masezerano, isobanurira u Rwanda ko idafite amafaranga.

Muri icyo gihe kandi, abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda na bo bohererejwe intumwa za Leta ya RDC, baganira ku buryo zataha, ndetse ababahagarariye bagiye i Kinshasa kugira ngo bakomeze ibiganiro, ariko bamara amezi bategererejeyo uwabakira, baramubura kugeza ubwo basubiye muri Uganda, bavayo basubira mu mashyamba ya RDC.

Nk’uko yabisobanuye, ubufatanye hagati y’ibihugu byombi bwari bwarateye imbere kuva mu 2019 kugeza mu ntangiriro za 2022, ubwo wa mubano wari mwiza wazambye bitewe n’impamvu ahamya ko atazi aho zaturutse.

Ati “Ntabwo tuzi aho ibibazo byaturutse, bisubiza inyuma buri kimwe. U Rwanda ntirwagize uruhare mu gutangiza aya makimbirane na RDC. Icyo abantu batazi ni uko u Rwanda rwari rutegereje kungukira mu mwuka w’amahoro hagati yacu na RDC. Ubucuruzi, gushyikirana kw’abaturage birazamuka iyo hari amahoro.”

Gen (Rtd) Kabarebe yibukije ko ubwo Tshisekedi yashyiraga mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe, yazihaye abayobozi bo ku rwego rwa gisirikare, agaragaza ko ashaka kurandura imitwe irimo FDLR.

Gusa ngo byagaragaye ko gahunda ya Tshisekedi yo gusenya iyi mitwe irimo ikibazo, ubwo yoherezaga muri izi ntara abofisiye bo mu gihe cya Mobutu, bamunzwe n’urwango bafitiye u Rwanda, bashoboraga guha FDLR ubufasha bwo kurutera.

Muri bo harimo Lt Gen Constant Ndima wari ushinzwe umutekano bwite wa Col Mahele wari uyoboye ingabo zarwanyije RPA Inkotanyi.

Yasobanuye ko za mpungenge z’u Rwanda ku bufatanye bw’aba bofisiye na FDLR zaje kuba impamo, kuko uyu mutwe ushyigikiwe muri RDC wagabye ibitero mu Majyaruguru y’u Rwanda muri Werurwe, Gicurasi na Kamena 2022, icyakoze mu rwego gukumira ko ibindi bikorwa biruhungabanya byasubira, ku mupaka hashyizweho ingamba z’ubwirinzi.

Ikibazo cyakemuka bidasabye umuhuza

Mu gihe umubano wa RDC n’u Rwanda wazambye, imipaka yose ihuza ibi bihugu iracyafunguye, Ambasade z’ibi bihugu i Kinshasa n’i Kigali ntizafunzwe. Icyahagaze ni ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ubukungu.

Gen (Rtd) Kabarebe yashimangiye umupaka uhuza u Rwanda na RDC i Rubavu ari uwa kabiri wakira abantu benshi ku Isi inyuma y’uwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Mexique, kandi ko abo mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande zombi bakorana umunsi ku wundi.

Yabajijwe niba ibiganiro biyobowe n’umuhuza bidashobora gukemura amakimbirane y’u Rwanda na RDC, asubiza ati “Ntekereza ko iki kibazo cyanakemurwa bidasabye uruhande rwa gatatu kuko na mbere cyari cyarakemutse bidasabye uruhande rwa gatatu.”

Kuva mu 2022, Angola iyobora ibiganiro bihuza intumwa z’u Rwanda n’iza RDC, hagamijwe gushakira hamwe umuti w’aya makimbirane. Mu ngingo nkuru ziganirwaho harimo guhagarika imirwano hagati y’impande zishyakiranye no gusenya FDLR.

2024-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Ubwanditsi 09 Sep 2021
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021
Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye  igikombe  cy’Afrika
IMIKINO

CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye igikombe cy’Afrika

Ubwanditsi 09 Feb 2016
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda
Amakuru

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2023
 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation
ITOHOZA

 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru