• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ibyemezo bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byo gufatira ibihano igisirikari cy’u Rwanda n’abasirikare bamwe ba RDF byakomeje guteza impaka zikomeye mu karere k’Ibiyaga Bigari. Mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yashimye icyo cyemezo avuga ko “ijambo ryatanzwe ridakwiye guhora risubirwamo kandi ko gusuzugura ubuzima bw’abantu bidakwiye gukomeza”, u Rwanda rwo ruvuga ko ibihano byafatiwe uruhande rumwe bitazigera bizana amahoro arambye.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatiwe u Rwanda byirengagiza ukuri ku ntandaro y’ikibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC, kandi bigoreka ishusho y’ukuri kw’amakimbirane amaze imyaka myinshi muri ako gace.
U Rwanda rushimangira ko ikibazo nyamukuru gikomeje guteza umutekano muke ari umutwe wa FDLR, ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kigali ivuga ko uwo mutwe ukorana n’ingabo za Congo, FARDC, kandi ugashyigikirwa na Leta ya Kinshasa.
Mu masezerano azwi nka Washington Accords, RDC yemeye guhagarika burundu kandi mu buryo bushobora kugenzurwa ubufasha ubwaribwo bwose iha FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho. Ariko u Rwanda ruvuga ko nta cyemezo gifatika cyigeze gifatwa ngo ayo masezerano ashyirwe mu bikorwa.
Kigali ivuga ko gufatira ibihano uruhande rumwe bishobora gutiza umurindi icyemezo cya RDC cyo gushaka igisubizo cya gisirikare aho gushaka icy’amahoro. U Rwanda rugaragaza ko ihuriro ririmo FDLR, imitwe ya Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga rikomeje kurwana ku ruhande rwa FARDC.
Ku ruhande rw’inyeshyamba za AFC/M23, u Rwanda ruvuga ko zigaragaza ko zirwanira kurwanya ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje kugaragara mu magambo ya bamwe mu bayobozi b’ingabo za Congo.
Mu itangazo ryayo, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko Ingabo z’u Rwanda, Rwanda Defence Force, zifite inshingano zo kurinda ubusugire bw’igihugu, kandi ko kwirwanaho ari ishema ritazigera risuzugurwa.
Rwanda ivuga ko yiteguye gukomeza gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje mu masezerano ya Washington, harimo no gusubukura imirimo ya Komite ihuriweho ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ryayo, ariko isaba ko abafatanyabikorwa mpuzamahanga bagaragaza uburinganire mu myanzuro bafata.
Abasesenguzi bavuga ko amateka y’akarere agaragaza ko ibihano bidatanga amahoro arambye. Amahoro asaba kubahiriza amasezerano no gukemura intandaro y’ikibazo.
Mu gihe ibibazo bikomeje gufata indi ntera mu burasirazuba bwa RDC, birasaba ubushishozi n’ubushake kuruhande rwa Kinshasa.
2026-03-03
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Ubwanditsi 09 May 2025
Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora
Amakuru

Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora

Ubwanditsi 16 Sep 2021
Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye
IMIKINO

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018
U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )
Mu Mahanga

U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )

Ubwanditsi 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru