• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ibyemezo bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byo gufatira ibihano igisirikari cy’u Rwanda n’abasirikare bamwe ba RDF byakomeje guteza impaka zikomeye mu karere k’Ibiyaga Bigari. Mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yashimye icyo cyemezo avuga ko “ijambo ryatanzwe ridakwiye guhora risubirwamo kandi ko gusuzugura ubuzima bw’abantu bidakwiye gukomeza”, u Rwanda rwo ruvuga ko ibihano byafatiwe uruhande rumwe bitazigera bizana amahoro arambye.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatiwe u Rwanda byirengagiza ukuri ku ntandaro y’ikibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC, kandi bigoreka ishusho y’ukuri kw’amakimbirane amaze imyaka myinshi muri ako gace.
U Rwanda rushimangira ko ikibazo nyamukuru gikomeje guteza umutekano muke ari umutwe wa FDLR, ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kigali ivuga ko uwo mutwe ukorana n’ingabo za Congo, FARDC, kandi ugashyigikirwa na Leta ya Kinshasa.
Mu masezerano azwi nka Washington Accords, RDC yemeye guhagarika burundu kandi mu buryo bushobora kugenzurwa ubufasha ubwaribwo bwose iha FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho. Ariko u Rwanda ruvuga ko nta cyemezo gifatika cyigeze gifatwa ngo ayo masezerano ashyirwe mu bikorwa.
Kigali ivuga ko gufatira ibihano uruhande rumwe bishobora gutiza umurindi icyemezo cya RDC cyo gushaka igisubizo cya gisirikare aho gushaka icy’amahoro. U Rwanda rugaragaza ko ihuriro ririmo FDLR, imitwe ya Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga rikomeje kurwana ku ruhande rwa FARDC.
Ku ruhande rw’inyeshyamba za AFC/M23, u Rwanda ruvuga ko zigaragaza ko zirwanira kurwanya ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje kugaragara mu magambo ya bamwe mu bayobozi b’ingabo za Congo.
Mu itangazo ryayo, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko Ingabo z’u Rwanda, Rwanda Defence Force, zifite inshingano zo kurinda ubusugire bw’igihugu, kandi ko kwirwanaho ari ishema ritazigera risuzugurwa.
Rwanda ivuga ko yiteguye gukomeza gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje mu masezerano ya Washington, harimo no gusubukura imirimo ya Komite ihuriweho ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ryayo, ariko isaba ko abafatanyabikorwa mpuzamahanga bagaragaza uburinganire mu myanzuro bafata.
Abasesenguzi bavuga ko amateka y’akarere agaragaza ko ibihano bidatanga amahoro arambye. Amahoro asaba kubahiriza amasezerano no gukemura intandaro y’ikibazo.
Mu gihe ibibazo bikomeje gufata indi ntera mu burasirazuba bwa RDC, birasaba ubushishozi n’ubushake kuruhande rwa Kinshasa.
2026-03-03
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Ubwanditsi 28 May 2018
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.
Amakuru

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta
Mu Mahanga

Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta

Ubwanditsi 06 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru