• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hakinwe imikino ibanza ya kimwe cya kabiri cy’igikombe cy’amahoro 2023, Rayon Sports yatsinze Mukura VS naho APR FC inganya na Kiyovu SC.

Mu mukino ubanza wabereye muri Sitade ya Huye, ikipe ya Mukura ikahatsindirwa ibitego 2-3 bityo itakaza umukino ubanza aho igomba gutegereza umukino wo kwishyura uzakinwa kuwa Gatandatu w’iki cyumweru.

Mukura niyo yatangiye neza uyu mukino aho ku munota wa mbere Kamanzi Achlaf yafunguye amazamu ya Rayon Sports, iyi kipe yongeyemo icya kabiri cyatsinzwe na Mukokotya Robert kuri Penaliti ubwo hari ku munota wa 31 w’umukino.

Igice cya mbere cy’uyu mukino kihariwe na Mukura Victory Sport bityo amakipe yombi ajya kuruhuka ari ibitego 2-0 bwa Rayon Sports.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka, Gikundiro niyo yihariye iki gice kuko yakibonyemo ibitego bitatu bituma itahukana itsinzi iyi kuye hanze.

Ubwo hari ku munota wa 49 nibwo rutahizamu Luvumbu Nzinga Héritier yayiboneye igitego gifungura, umukino ugeze ku munota wa 81 nibwo Jockiam Ojera yatsinze icya kabiri mu gihe icyatanze itsinzi cyatainzwe na Léandre Onana.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 nibwo hategerejwe umukino wo kwishyura uzabera kuri Kigali Pele Stadium guhera ku isaha ya saa cyenda.

Ku rundi ruhande mu karere ka Bugesera haberaga umukino ubanza nawe wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro, Ikipe ya APR FC yari yakiriye uyu mukino warangiye inganyije na Kiyovu SC igitego kimwe kuri kimwe.

Ku ruhande rwa APR FC yatsindiwe na Kwitonda Alain Bacca mu gihe icyo kwishyura cyatsinzwe na Mugiraneza Froduard.

Biteganyijwe ko umukino wo kwishyura uzakinwa ku cyumweru tariki ya 14 Gicurasi 2023 ukazabera kuri Kigali Pele Stadium.

2023-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Ubwanditsi 14 Jan 2016
Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite
INKURU NYAMUKURU

Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite

Ubwanditsi 20 Dec 2017
Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa
ITOHOZA

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Ubwanditsi 23 May 2018
Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru