• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kutishora mu gukora no kunywa ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo, ariko by’umwihariko ubifatanywe agahura n’ibibazo birimo no gufungwa bityo umuryango we ukahahombera. Ubu ni ubutumwa bwahawe abaturage b’umudugudu wa Taba, akagari ka Murama, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku itariki ya 28 Werurwe.

Babuhawe mu nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo, nyuma y’uko umwe mu baturage bo mu mudugudu wa Taba witwa Niyitegeka James w’imyaka 36 afatanwe litiro 1200 z’inzoga y’inkorano yitwa “Muriture”, ikaba ifatwa nk’ikiyobyabwenge. Iyi nzoga akaba yarayikoraga yifashishije amazi atetse yavangavangagamo isukari, ifu y’amasaka, umusemburo w’imigati, ifumbire mvaruganda n’ibindi; nk’uko yabyivugiye.

Uyu mugabo yakoreshaga amayeri akomeye mu guhisha ko akora iyo nzoga. Yari yaracukuye imyobo miremire igera kuri itanu mu cyumba cy’inzu ye maze ayitunganya neza. Muri buri mwobo yashyiragamo ingunguru ya pulasitiki irimo amajerekani 9 y’iyo nzoga ya muriture, hanyuma agapfundikira kugira ngo izashye neza. Kugira ngo bitamenyekana, yari yarakoze imipfundikizo akoresheje za beto na sima ndetse n’ amakaro yo mu nzu noneho akayishyira hejuru ya buri ngunguru ku buryo uwagera mu nzu atashoboraga kumenya ko munsi harimo izo nzoga. Yabonaga ko ari amakaro asanzwe ashashe neza mu nzu nk’uko bisanzwe bituma hamera neza.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, yasabye abaturage kujya batanga amakuru y’abantu bakora ibikorwa bigayitse nk’uyu wafashwe akora iyo nzoga itemewe. Yagize ati: “mujye mutungira agatoki inzego z’umutekano abantu nk’aba bakora izi nzoga kuko zibangiriza ubuzima ndetse munatubwire n’abandi banyabyaha muri rusange. Ntabwo wagira ubuzima bwiza unywa ifumbire, umusemburo n’ibindi bibi bakoramo iyo nzoga. Turabasaba ko ubufatanye bwahoraho cyane cyane muduha amakuru kuko n’ubundi gufatwa kwe ni mwebwe abaturage mwabigizemo uruhare”.

-6196.jpg

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Nyirabahire Languida yagarutse ku bubi bw’iyo nzoga y’inkorano itemewe, agira ati:” ituma mu miryango hahoramo amakimbirane, abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo kureka amashuri, kutarya neza n’ibindi”. Yasabye abaturage kujya bamenyesha ubuyobozi ibikorwa nk’ibi bibi kugira ngo bafatanye kubikumira no kubirwanya.

Uwafatanywe iyo nzoga y’inkorano itemewe ariwe Niyitegeka James, yavuze ko ari ku nshuri ya gatatu afatirwa muri iki gikorwa agira ati:” ubwa mbere n’ubwa kabiri barambabariye. Ubu ndasaba imbabazi ko noneho mbiretse burundu nkanashishikariza abagikora iyi nzoga kubireka tugashaka ibindi twakora binyuze mu mategeko.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yashimiye abaturage uruhare bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibyaha. Yakomeje agira ati:” biroroshye kubahiriza amategeko ugakora ibyo ateganya kuko biba binyuze mu mucyo. Abaturage nibanywe ibinyobwa byujuje ubuziranenge kuko ibikozwe mu buryo bwavuzwe hejuru bubi bibangiriza ubuzima bityo igihugu kikahahombera”. Yasoje avuga ko ingaruka ari nyinshi ku bafatiwe mu biyobyabwenge harimo no gufungwa, ibihano bikaba bishobora no kugera ku myaka itanu nk’uko bikubiye mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda mu ngingo ya 594.

Umugereka wa I w’iteka rya Minisitiri No 20/35 ryo kuwa 09/6/2015 rigena ibinyobwa bitemwe n’ibindi bintu bifatwa nk’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo , ushyira Muriture n’ibindi binyobwa nka Kanyanga, Chief waragi na Suzie ku rutonde rw’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR
Amakuru

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia
IMIKINO

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru