• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Ubwanditsi 01 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, Uncategorized

Amakuru dufitiye gihamya aravuga ko kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Gicurasi 2020, ahitwa MUKOMAREHE, muri  RUTCHURU, muri  Kivu y’Amajyaruguru  hateraniye inama y’abategetsi ba FDLR-FOCA, wa mutwe wiyemeje kubuza Abanyarwanda amahwemo ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Umwe mu bayikurikiraniye hafi twahaye akazina ka “MABULA” ku bw’umutekano we, yatubwiye ko iyo ngirwanama yari igamije kujonjora mu barwanyi ba FDLR abagifite agatege, abamugariye ku rugamba,  abarwayi batazakira, abasaza rukukuri, bakibeshya ngo bararwana kandi mu by’ukuri ari ibyo kurushya iminsi.

Muri iyo nama hongeye kuboneka amacakubiri yokamye FDLR, ubu noneho akaze akaba ashingiye ku turere , aho bivugwa ko abakomoka mu majyaruguru badacana uwaka n’abava mu bindi bice by’uRwanda. Ndetse abava mu ntara y’amajyepfo bakaba barimo gushing ikindi gice bise”CNRD-UBWIYUNGE”.

Undi wagaraye muri iyongirwanama, ni uwitwa BENSON WAFULA, wavuze ko yoherejwe na Philemon MATEKE, Minisitiri wa Uganda ushinzwe akarere ka Afrika y’Uburasirazuba, unasanzwe uzwi mu bikorwa bibangamira umutekano w’uRwanda. Ubutumwa bwa MATEKE bukaba bwarijeje FDLR ko abazasezererwa mu gisirikari, Uganda izabakira, bagatuzwa mu nkambi za RWAMANJWA na  CYAKA

Mu bagomba gusezererwa harimo:

-Gen. Victor BYIRINGIRO, wayoboraga FDLR

-Gen. Poete, ukomoka mu karere ka Nyabihu, ahitwa mu Gasiza

-Gen. MATOVU uvuka mu  Kinigi, mu karere ka Musanze

-Gen. NDIKUNKIKO Innocent bita Gicumba akaba yayoboraga ishuri rikuru rya gisirikari muri FDLR

-Gen. BUNANI Bonaventure alias BUSOGO, ukomoka I Busogo mu karere ka Musanze, akaba yari n’umujyanama mu bya gisirikari

-Gen de brigade HATUNGURAMYE Esdras uzwi ku izina rya Caleb, perezida w’urukikorwa gisirikari

-Col BINEGO wari ushinzwe” imibereho myiza” muri FDLR.

Iyo nama yaranzwe n’ induru, batumvikana ku byagendeweho ngo bamwe mu barwanyi basubizwe mu buzima busanzwe.  Hanifujweko Gen. Byiringiro yasimburwa na Nsanzimihigo Cyirille ‘HENGANZE” uzwiho irondakoko n’irondakarere rikabije, ariko nyine ikaba ariyo ndangamuntu ya FDLR yose.

Mabula awaduhaye aya makuru aravuga ko benshi mu bazoherezwa mu nkambi muri Uganda nta ntege bagifite zo kuba mu mashyamba no guhangana n’ibitero bya FARDC, kuko nka Gen Poete, uretse umunwa n’ubugome bukabije, ativana aho ari batamutwaye mu ngobyi.

Benshi muri aba ntibishimiye kujya mu nkambi, kuko batizeye kuzakomeza kubona nk’ ibyo basahuraga muri Kongo, nko gucuruza imbaho n’amakara, amabuye y’agaciro, guhinga urumogi, imisoro n’amahoro FDLR yirirwa isaruza mu baturage ba Kongo, n’ imfashanyo bahabwa n’ibihugu bigishyigikiye abarota gutera uRwanda. Mu badakozwa ibyo kuva mu gisirikari, harimo na Gen BYIRINGIRO ndetse akaba akubita agatoki ku kandi ,avuga ko azarwanya ikicyemezo yivuye inyuma.

Ibi kandi biravugwa mu gihe n’ubundi FDLR iri mu mazi abira, kuko batakaje abantu hatabarika, barimo n’abayoboraga uyu mutwe w’iterabwoba, ndetse n’ibirindiro byinshi byabafashaga kubona umutungo . Mabula uzi neza ibibera muri FDLR mu mbere, arahamya ko magingo aya FDLR isigaranye abarwanyi batarenga 800, ushyizemo abamugaye n’abashaje cyane, kandi muribo ½ ni abarinda ibikomerezwa. Iki ni ikindi kimenyetso ko FDLR yakubititse, ugereranyije n’abasirikari babarirwa mu  8.000 yari ifite mu myaka ya za 2006.

Icyo abasesenguzi bakomeje kwibaza ,ni inyungu Uganda ifite mu kwakira aba banyabyaha, boretse imbaga mu Rwanda nyuma bakica bakanafata ku ngufu abakongomani/kazi. Gusa abenshi twaganiriye baravuga ko  nta yandi mahitamo, , kuko badafatiranye aba bantu ba FDLR  ngo babiyegereze, harimo abahitamo kwitahira mu Rwanda, dore ko biganjemo n’abavuga ko n’ubundi baribarafashwe bugwate. Uganda rero na Mateke wayo bagatinya ko aba bantu baramutse bageze mu Rwanda batanga amakuru ashyira ku Karubanda abategetsi ba Uganda n’imitwe bashyigikiye nka FDLR. RNC, FLN, n’zindi nkoramaraso.

Ibibera mu mitwe y’iterabwoba tuzakomeza kubibagezaho uko byakabaye, kuko tuhafite baduha amakuru yizewe

 

2020-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
ITANGAZO RUSANGE RYEREKEYE GUSUBIZA ISOSIYETE MU GITABO CY’AMASOSIYETE

ITANGAZO RUSANGE RYEREKEYE GUSUBIZA ISOSIYETE MU GITABO CY’AMASOSIYETE

RUSHYASHYA 28 Jan 2026
Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Ubwanditsi 01 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC
Amakuru

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !
INKURU NYAMUKURU

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Ubwanditsi 08 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru