• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Ubwanditsi 01 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, Uncategorized

Amakuru dufitiye gihamya aravuga ko kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Gicurasi 2020, ahitwa MUKOMAREHE, muri  RUTCHURU, muri  Kivu y’Amajyaruguru  hateraniye inama y’abategetsi ba FDLR-FOCA, wa mutwe wiyemeje kubuza Abanyarwanda amahwemo ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Umwe mu bayikurikiraniye hafi twahaye akazina ka “MABULA” ku bw’umutekano we, yatubwiye ko iyo ngirwanama yari igamije kujonjora mu barwanyi ba FDLR abagifite agatege, abamugariye ku rugamba,  abarwayi batazakira, abasaza rukukuri, bakibeshya ngo bararwana kandi mu by’ukuri ari ibyo kurushya iminsi.

Muri iyo nama hongeye kuboneka amacakubiri yokamye FDLR, ubu noneho akaze akaba ashingiye ku turere , aho bivugwa ko abakomoka mu majyaruguru badacana uwaka n’abava mu bindi bice by’uRwanda. Ndetse abava mu ntara y’amajyepfo bakaba barimo gushing ikindi gice bise”CNRD-UBWIYUNGE”.

Undi wagaraye muri iyongirwanama, ni uwitwa BENSON WAFULA, wavuze ko yoherejwe na Philemon MATEKE, Minisitiri wa Uganda ushinzwe akarere ka Afrika y’Uburasirazuba, unasanzwe uzwi mu bikorwa bibangamira umutekano w’uRwanda. Ubutumwa bwa MATEKE bukaba bwarijeje FDLR ko abazasezererwa mu gisirikari, Uganda izabakira, bagatuzwa mu nkambi za RWAMANJWA na  CYAKA

Mu bagomba gusezererwa harimo:

-Gen. Victor BYIRINGIRO, wayoboraga FDLR

-Gen. Poete, ukomoka mu karere ka Nyabihu, ahitwa mu Gasiza

-Gen. MATOVU uvuka mu  Kinigi, mu karere ka Musanze

-Gen. NDIKUNKIKO Innocent bita Gicumba akaba yayoboraga ishuri rikuru rya gisirikari muri FDLR

-Gen. BUNANI Bonaventure alias BUSOGO, ukomoka I Busogo mu karere ka Musanze, akaba yari n’umujyanama mu bya gisirikari

-Gen de brigade HATUNGURAMYE Esdras uzwi ku izina rya Caleb, perezida w’urukikorwa gisirikari

-Col BINEGO wari ushinzwe” imibereho myiza” muri FDLR.

Iyo nama yaranzwe n’ induru, batumvikana ku byagendeweho ngo bamwe mu barwanyi basubizwe mu buzima busanzwe.  Hanifujweko Gen. Byiringiro yasimburwa na Nsanzimihigo Cyirille ‘HENGANZE” uzwiho irondakoko n’irondakarere rikabije, ariko nyine ikaba ariyo ndangamuntu ya FDLR yose.

Mabula awaduhaye aya makuru aravuga ko benshi mu bazoherezwa mu nkambi muri Uganda nta ntege bagifite zo kuba mu mashyamba no guhangana n’ibitero bya FARDC, kuko nka Gen Poete, uretse umunwa n’ubugome bukabije, ativana aho ari batamutwaye mu ngobyi.

Benshi muri aba ntibishimiye kujya mu nkambi, kuko batizeye kuzakomeza kubona nk’ ibyo basahuraga muri Kongo, nko gucuruza imbaho n’amakara, amabuye y’agaciro, guhinga urumogi, imisoro n’amahoro FDLR yirirwa isaruza mu baturage ba Kongo, n’ imfashanyo bahabwa n’ibihugu bigishyigikiye abarota gutera uRwanda. Mu badakozwa ibyo kuva mu gisirikari, harimo na Gen BYIRINGIRO ndetse akaba akubita agatoki ku kandi ,avuga ko azarwanya ikicyemezo yivuye inyuma.

Ibi kandi biravugwa mu gihe n’ubundi FDLR iri mu mazi abira, kuko batakaje abantu hatabarika, barimo n’abayoboraga uyu mutwe w’iterabwoba, ndetse n’ibirindiro byinshi byabafashaga kubona umutungo . Mabula uzi neza ibibera muri FDLR mu mbere, arahamya ko magingo aya FDLR isigaranye abarwanyi batarenga 800, ushyizemo abamugaye n’abashaje cyane, kandi muribo ½ ni abarinda ibikomerezwa. Iki ni ikindi kimenyetso ko FDLR yakubititse, ugereranyije n’abasirikari babarirwa mu  8.000 yari ifite mu myaka ya za 2006.

Icyo abasesenguzi bakomeje kwibaza ,ni inyungu Uganda ifite mu kwakira aba banyabyaha, boretse imbaga mu Rwanda nyuma bakica bakanafata ku ngufu abakongomani/kazi. Gusa abenshi twaganiriye baravuga ko  nta yandi mahitamo, , kuko badafatiranye aba bantu ba FDLR  ngo babiyegereze, harimo abahitamo kwitahira mu Rwanda, dore ko biganjemo n’abavuga ko n’ubundi baribarafashwe bugwate. Uganda rero na Mateke wayo bagatinya ko aba bantu baramutse bageze mu Rwanda batanga amakuru ashyira ku Karubanda abategetsi ba Uganda n’imitwe bashyigikiye nka FDLR. RNC, FLN, n’zindi nkoramaraso.

Ibibera mu mitwe y’iterabwoba tuzakomeza kubibagezaho uko byakabaye, kuko tuhafite baduha amakuru yizewe

 

2020-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021
Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018
Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Huye: Polisi y’u Rwanda yafashe umuturage atetse Kanyanga

Ubwanditsi 15 Apr 2017
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

RUSHYASHYA 05 Aug 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri
IMIKINO

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Ubwanditsi 24 Jan 2017
The Ben agiye gutaramira muri Canada
KWAMAMAZA

The Ben agiye gutaramira muri Canada

Ubwanditsi 26 May 2017
Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru