• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17/02/2026, hirya no hino ku Mbugankoranyambaga, Interahamwe ruharwa zikidegembya n’Abazikomokaho, biriwe biriza amarira y’Ingona, bavuga ko bari Kwibuka Umuhanzi Kizito Mihigo wapfuye yiyahuye mu myaka 6 ishize.

Twibukiranye ko uyu muhanzi, yiyahuriye muri kasho ya station ya Polisi ya Remera, aho yari yatawe muri yombi, akekwaho ibyaha birimo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko na ruswa.

Kizito Mihigo, wari ugonganye n’ubutabera ku Nshuro ya Kabiri, yari asanzwe ari umuntu ubeshejwe hanze n’Imbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika.

Kurenga kuri izo mbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika, akongera gukora ibyaha akisanga mu maboko y’inzego z’umutekano ubugira kabiri, biri mu byari byamuhungabanyije cyane, ananirwa kwiyakira, nk’uko byagarutsweho na Me Mukamusoni Antoinnette, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi Tv, nyuma gato y’urupfu rwa kizito.

Me Mukamusoni, avuga ko Kizito mu magambo make yari afite umunsi umwe mbere yo kwiyahura, yavugaga ko yemera ibyaha yafatiwemo, ndetse yiteguye no kongera gusaba imbabazi, nubwo azihabwa akazipfusha ubusa.

Tugarutse ku Nterahamwe ziri kwiriza Amarira y’Ingona zibeshya ko ziri kuririra Kizito, Ibitutsi mwamutukaga aherekeza umukuru w’Igihugu muri Rwanda Day, atera indirimbo yubahiriza igihugu mu birori bikuru by’igihugu, aka kanya mubibyaje urukundo mukuye he?

Aka kanya mwiyibagije Amabuye mwamuteraga , avanze n’ibitutsi no kumuhigira ko muzongera mukamutema, iyo yabaga yahimbye indirimbo zifasha kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi?

Urukundo mutakunze Kizito, mukamushora mu byaha biremereye birimo kugambanira igihugu no kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi n’umukuru w’igihugu, mumwizeza kuzamugira minisitiri wa Siporo n’Umuco, mwarukuye he amaze kwitaba Imana?

Aka kanya mukuye he urukundo mukunda Kizito Mihigo, mutamukunze amaze guhabwa Imbabazi na Perezida wa Repubulika ngo mumuhe agahenge, ahubwo mukongera mukamushora mu byaha by’ubugizi bwa nabi atamaze kabiri hanze, bigatuma atesha agaciro imbabazi za Perezida wa Repubulika yahawe? Murukuyehe aka kanya umuntu amaze imyaka 6 atakiriho?

Interahamwe iyo muba mukunda Kizito, ntimuba mwaramwoheje, akagwa mu Mutego mutindi, wo kugambirira kugirira nabi Leta y’ubumwe yamuhaye byose, mumwizeza ibitangaza mudateze kumuha.

Kizito nawe yatengushye Abafana be,umunsi yemera akanizera ko #interahamwe zahekuye igihugu zikamwicira umubyeyi, hari akeza kaziturukaho.

Interahamwe, Nimureke Kizito aruhukire mu mahoro. Gukomeza kumugira intwaro ya politike mukoresha murwanya u Rwanda, ni ibitabapfu muri guta, bidateze kuzagirira aho bibageza, kandi murashinyagurira Umuryango we!!

Nimucire Birarura.

The Future TV

2026-02-19
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Ubwanditsi 05 Aug 2017
U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside  hagati   y’Ukwakira 1990 na Mata 1994
Mu Mahanga

Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside hagati y’Ukwakira 1990 na Mata 1994

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo
Mu Mahanga

Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Ubwanditsi 20 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru