• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Madamu Louise Mushikiwabo yongeye kwikoma bamwe mu banyamahanga basa n’abiyemeje gukoma mu nkoko imiyoborere y’ubutegetsi bwa Kigali.

Umwe muri abo kenshi gashoboka batajya barota ikiza ku gihugu cy’u Rwanda ni Bwana Keneth Roth ,uyu akaba ari umuyobozi w’Ishyirahamwe rihaharanira uburenganzira bwa muntu ku isi Human Right Watch mu magambo arambuye y’icyongereza .

Ishyirahamwe Human Right Watch rifite icyicaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika i New York , u Rwanda rukaba rwari rumaze amezi make ruhagaritse imikoranire iyo ariyo yose naryo nkuko dukomeza tubikesha ikinyamakuru Habaripevu cyandikirwa hano Kigali mu rurimi rw’igiswahili .

Ibi byose ariko byasembuwe n’ubutumwa bugufi bwagaragaye ku rukuta rwa Twitter rw’uyu mugabo ejo hashize ahagana saa kumi n’ebyiri za nimugoroba avuga ko u Rwanda rwihaye gukoresha ikimenyetso cya H [ Hashtag ] ya #Rwandadecides ku bijyanye n’amatora mu Rwanda mu rwego rwo gucecekesha abanegura igihugu cy’abicanyi n’igitugu ati ahubwo bari kuvuga ko Paul Kagame ari we ufata ibyemezo kuruta uko babyitirira u Rwanda.

-7477.jpg

Minisitiri Mushikiwabo wabaye nk’urabuswe ubwo butumwa nyuma y’amasaha 12 n’iminota 9 butangajwe ntiyatindiganije guhita yihimura kuri Keneth Roth ,ariko asa n’umukora mu bwonko kuko we atanatinye guhita amusaba kuza akamwerekeza mu Bitaro bya Ndera muri Gasabo akemera bikamuvana New York ariko akaza bakamuvura indwara itagaragajwe ariko bikekwa ko ari ubumuga bwo mu mutwe aho yagize ati :

“Ken,Ken,Ken… ubwo aho ntiwahagaritse ya imiti wari uriho ? Hari ahantu hakugenewe hitwa i Ndera mu Rwanda ni ahantu wabona ubufasha rwose “… !

Ibitaro bya Ndera nkuko twabivuze haruguru rero bikaba ari ibitaro bisanzwe bifasha abantu bataye umutwe kubera uburwayi ,uretse ko binafite n’ishami ryita ku burwayi bw’ibijyanye n’imitsi [ Neuro-Psychiatrie ] gusa umuntu akurikije uku guterana magambo bisa n’ibiganisha ku burwayi bwo mu mutwe uyu mugabo wa Human Right Watch rero akaba asabirwa gusubizwa ku miti ngo yaba yarahagaritse.

Louise Mushikiwabo kandi yari amaze hafi icyumweru kimwe ahaye gasopo umuzungu witwa Bryan Klass wanditse igitekerezo cye mu kimwe mu binyamakuru bikorera ibwotamasimbi asa n’usesereza ubutegetsi bwa Kigaliaho yari yimubwiye ko yiyamye utuzungu n’utundi tutari two twirirwa dusesereza Afrika nkaho ngo hari uwabibashinze.

-7478.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Keneth Roth

Ni ibijya gusa n’ibisanzwe ko iyo u Rwanda rwitegura ibihe bidasanzwe nkibi by’amatora , Ukwibuka genocide yakorewe abatutsi n’izindi gahunda ziba zikomeye mu Rwego rw’igihugu , usanga hari abiyita ko bakomeye mu burengerazuba bw’isi bahaguruka bagahagarara bashaka kurangaza imbaga ndetse no gusebya igihugu cy’u Rwanda ,aho n’ubundi amatora atari kurangira bariya basa n’ababigize intego batigaragaje uko byari kugenda kose.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga kandi tubibutse ko aba ari nawe muvugizi wa Leta binasobanuye ko uyiteye ibuye cyangwa ikindi cyasha wese ahita ahangana byihuse na Minisitiri uba abifite mu nshingano ze ariwe Louise Mushikiwabo , Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda.

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Ubwanditsi 07 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020
IMIKINO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?
Amakuru

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru