• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Madamu Louise Mushikiwabo yongeye kwikoma bamwe mu banyamahanga basa n’abiyemeje gukoma mu nkoko imiyoborere y’ubutegetsi bwa Kigali.

Umwe muri abo kenshi gashoboka batajya barota ikiza ku gihugu cy’u Rwanda ni Bwana Keneth Roth ,uyu akaba ari umuyobozi w’Ishyirahamwe rihaharanira uburenganzira bwa muntu ku isi Human Right Watch mu magambo arambuye y’icyongereza .

Ishyirahamwe Human Right Watch rifite icyicaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika i New York , u Rwanda rukaba rwari rumaze amezi make ruhagaritse imikoranire iyo ariyo yose naryo nkuko dukomeza tubikesha ikinyamakuru Habaripevu cyandikirwa hano Kigali mu rurimi rw’igiswahili .

Ibi byose ariko byasembuwe n’ubutumwa bugufi bwagaragaye ku rukuta rwa Twitter rw’uyu mugabo ejo hashize ahagana saa kumi n’ebyiri za nimugoroba avuga ko u Rwanda rwihaye gukoresha ikimenyetso cya H [ Hashtag ] ya #Rwandadecides ku bijyanye n’amatora mu Rwanda mu rwego rwo gucecekesha abanegura igihugu cy’abicanyi n’igitugu ati ahubwo bari kuvuga ko Paul Kagame ari we ufata ibyemezo kuruta uko babyitirira u Rwanda.

-7477.jpg

Minisitiri Mushikiwabo wabaye nk’urabuswe ubwo butumwa nyuma y’amasaha 12 n’iminota 9 butangajwe ntiyatindiganije guhita yihimura kuri Keneth Roth ,ariko asa n’umukora mu bwonko kuko we atanatinye guhita amusaba kuza akamwerekeza mu Bitaro bya Ndera muri Gasabo akemera bikamuvana New York ariko akaza bakamuvura indwara itagaragajwe ariko bikekwa ko ari ubumuga bwo mu mutwe aho yagize ati :

“Ken,Ken,Ken… ubwo aho ntiwahagaritse ya imiti wari uriho ? Hari ahantu hakugenewe hitwa i Ndera mu Rwanda ni ahantu wabona ubufasha rwose “… !

Ibitaro bya Ndera nkuko twabivuze haruguru rero bikaba ari ibitaro bisanzwe bifasha abantu bataye umutwe kubera uburwayi ,uretse ko binafite n’ishami ryita ku burwayi bw’ibijyanye n’imitsi [ Neuro-Psychiatrie ] gusa umuntu akurikije uku guterana magambo bisa n’ibiganisha ku burwayi bwo mu mutwe uyu mugabo wa Human Right Watch rero akaba asabirwa gusubizwa ku miti ngo yaba yarahagaritse.

Louise Mushikiwabo kandi yari amaze hafi icyumweru kimwe ahaye gasopo umuzungu witwa Bryan Klass wanditse igitekerezo cye mu kimwe mu binyamakuru bikorera ibwotamasimbi asa n’usesereza ubutegetsi bwa Kigaliaho yari yimubwiye ko yiyamye utuzungu n’utundi tutari two twirirwa dusesereza Afrika nkaho ngo hari uwabibashinze.

-7478.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Keneth Roth

Ni ibijya gusa n’ibisanzwe ko iyo u Rwanda rwitegura ibihe bidasanzwe nkibi by’amatora , Ukwibuka genocide yakorewe abatutsi n’izindi gahunda ziba zikomeye mu Rwego rw’igihugu , usanga hari abiyita ko bakomeye mu burengerazuba bw’isi bahaguruka bagahagarara bashaka kurangaza imbaga ndetse no gusebya igihugu cy’u Rwanda ,aho n’ubundi amatora atari kurangira bariya basa n’ababigize intego batigaragaje uko byari kugenda kose.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga kandi tubibutse ko aba ari nawe muvugizi wa Leta binasobanuye ko uyiteye ibuye cyangwa ikindi cyasha wese ahita ahangana byihuse na Minisitiri uba abifite mu nshingano ze ariwe Louise Mushikiwabo , Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda.

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda
HIRYA NO HINO

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru