• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Ubwanditsi 24 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu uwa gatanu tariki ya 23 Mata 2021, ku cyicaro cy’umuterankunga w’ikipe ya Rayon Sports uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa SKOL Brewery Ltd (SBL) ruherereye mu Nzove habaye igikorwa cyo kumurika imyambaro iyi kipe izakoresha ubwo shampiyona izaba isubukuwe mu ntangiriro za gicurasi 2021.

Iyi myenda yerekanywe ni iyakozwe n’uruganda rwa Jako rusanzwe rwambika amkipe atandukanye ndetse anakomeye, mu gihe ikipe iri mu rugo ni ukuvuga yakiriye umukino izajya yaMbara imyenda igizwe n’ibara ry’ubururu ryiganje cyane ndetse n’umweru mukeya, mu gihe yasuye cyangwa se yasohotse izajya yambara imyenda yiganjemo ibara ry’umweru ndetse n’ubururu bukeya.

Muri uyu muhango Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle, yashimiye uruganda rwa SKOL ku buryo rukomeza kwitanga mu bufatanye bw’impande zombi, avuga ko intego bagiye gutangirana uyu mwaka ari uguha abafana ibyishimo no kwegukana Igikombe cya Shampiyona.

Ati “Ejo bundi mu mukino wa gicuti twakinnye n’Ikipe ya Bugesera FC, byagaragaye ko Rayon Sports yiteguye gukina Shampiyona kandi igatwara igikombe. Ngiyo intego kandi tuzayigeraho ku bufatanye n’umufatanyabikorwa wacu wa SKOL.”

Yakomeje agira ati “Muri uru rugendo twashyize hamwe, [SKOL] ikora ibiri mu nshingano zayo natwe tugakorera ibiri mu nshingano zacu, ariko ikarenga mu biri mu nshingano igakora iby’uvubandimwe n’ubucuti kuko ubu bufatanye buri hagati yacu ni ntagereranywa.”

Mu gusoza uyu muyobozi yavuzeko intego ya Rayon Sports ari uguha ibyishimo abakunzi ba Rayon Sports, bagakina ngo batsinde ndetse bagaharanira gutwara igikombe kugira ngo Rayon Sports izahagararire u Rwanda.

Ku ruhande rwa SKOL yari ihagarariwe na Tuyishime Karim ushinzwe ibikorwa bya Rayon Sports muri urwo ruganda , yavuze ko ibikoresho bahaye Rayon Sports bigezweho ndetse bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw.

Ati “Buri mwaka SKOL yambika Rayon Sports imyambaro yo mu rugo no hanze, ndetse ikayiha n’imyambaro iserukana kugira ngo ise neza. N’uyu mwaka asaga miliyoni 25 Frw yongeye gukoreshwa kugira ngo hashakwe imyambaro igezweho yambarwa n’amakipe akomeye muri Afurika, ni yo Rayon Sports izambara.”

“Turishimira ko uyu mwaka Rayon Sports yabonye n’ibikoresho ndetse hakaba haranabonetse n’ibikoresho by’ingimbi zayo. Ibikoresho ni inkingi ikomeye ku ikipe, kuko uretse no kwitegura, bitera n’umwete wo gukora.”

Si imyambaro yo mu kibuga yahawe Rayon Sports gusa kuko hiyongeraho amakoti ‘training’ yo gusohokana n’amapantaro yayo, imyenda y’ingimbi yo izaba ifite ikirango cya Virunga mu gatuza, aho kuba icya SKOL nk’uko bimeze kuri bakuru babo. Hari kandi ibikoresho by’imyitozo, imipira yo gukina n’ibikapu bazajya babitwaramo.

Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona ikipe ya Rayon Sports iri mu itsinda B, aho irikumwe na Gasogi United bazanakina tariki ya 2 Gicurasi, ikaba hamwe na Kiyovu Sports ndetse na Rutsiro FC.

2021-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Ubwanditsi 16 Oct 2020
Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 20 Jul 2024
Kigali : CAF yasinyanye  amasezerano  y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Kigali : CAF yasinyanye amasezerano y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Ubwanditsi 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1
Amakuru

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango
Amakuru

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale
UBUKUNGU

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru