• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Ubwanditsi 10 Dec 2017 ITOHOZA

Umuhungu w’umunyemari Ayabatwa Tribert Rujugiro witwa Richard Rujugiro arindwa ku buryo bukomeye by’umwihariko iyo yasuye uruganda rw’itabi rwa se ruherereye ahitwa Arua.

Nk’uko ikinyamakuru The Standard dukesha iyi nkuru kibitangaza, ngo uyu muhungu wa Rujugiro ndetse na mubyara wa se witwa Claude Ndatinya, ngo barindiwe umutekano  aho bari muri Hoteli y’umuturirwa iherereye mu Majayaruguru ya Uganda.

Abatuye muri uyu mujyi muto wa Arua batangarije iki kinyamakuru ko batangazwa n’uburyo umutekano uba wakajijjwe ku buryo bukomeye mu gihe Richard Rujugiro na Claude Ndatinya baba bagiye muri aka gace.

Iki kinyamakuru cyongeraho ko Rujugiro wigeze gufungirwa muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza ashinjwa kunyereza imisoro,  ko afitanye umubano wa hafi n’abayobozi bakuru b’igihugu cya Uganda, barimo murumuna wa Perezida Museveni, Caleb Akandwanaho uzwi ku izina rya Gen.Salem Saleh ndetse akaba akunze kwakirwa nk’umushyitisi w’imena igihe cyose ari muri Uganda.

The Standard kandi yagarutse ku cyo yise ‘ibintu bizwi’ ko umunyemari Ayabatwa Tribert Rujugiro ari we utera inkunga mu buryo bw’amikoro ihuriro rirwanya Leta y’u Rwanda ryitwa Rwanda National Congress (RNC), rishinjwa ibikorwa by’iterabwoba birimo gutera za gerenade zakomerekeje abana n’abagore mu mujyi wa Kigali.

Richard Rujugiro ni umwe mu bana bisa nk’aho bizerwa na se cyane dore ko yagiye amuhagarira ahantu hakomeye harimo nko mu rukiko rwa London (Soma Landani) ubwo hakemurwaga ikibazo cyari hagati ye na Afurika y’Epfo cyijyanye n’inyerezwa ry’imisoro, aho yishyuye amafaranga asaga miliyoni 57 z’Amanyarwanda kugira ngo arekurwe kuko yari afungishijwe ijisho.

Ibi birashoboka ko iyi yaba ariyo mpamvu  uyu muhungu wa Rujugiro, Richard Rujugiro arindwa cyane kuko bigararagara ko ari umwizerwa wa se bityo na leta ya Uganda ikaba ikora igishoboka cyose kugira ngo irinde umwana w’uyu munyemari usigaye ari umwe mu bashorayo imari bakomeye nyuma yaho ahunze u Rwanda mu mwaka wa 2009.

2017-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Gitifu w’Akarere ka Nyagatare  yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Nyagatare yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se  muri Village Urugwiro
Mu Mahanga

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 29 Mar 2016
UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko
ITOHOZA

UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru