• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se muri Village Urugwiro

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 29 Mar 2016 Mu Mahanga

Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange Kagame arahakana amakuru avuga ko yaba asigaye ari mu ikipe y’abashinzwe itumanaho muri Village Urugwiro.

Ange Kagame yatangaje ibi ku rubuga rwe rwa Twitter nyuma y’aho ikinyamakuru Jeune Afrique gitangaje ko yamaze kwinjira mu ikipe y’abashinzwe itumanaho n’amakuru mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

-2548.jpg

Akomoza kuri iyi nkuru, Ange Kagame yanditse agira ati “Ndabashimira ku buryo mwari mwagerageje , ariko ibi si ukuri.”

Ni nyuma y’inkuru yanditswe na Jeune Afrique kuwa Kane tariki ya 24 Werurwe 2016 yavugaga ko Ange Kagame ari umwe mu bagize itsinda rishinzwe itumanaho by’umwihariko kugenzura imbuga nkoranyambaga mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Iyo nkuru ikimara gusohoka ariko, abanditsi b’iki kinyamakuru basobanuriwe n’ikipe y’abashinzwe itumanaho n’amakuru muri Village Urugwiro ko ibyo banditse atari ukuri.

Umwe mu bagize iyi kipe yasubije Jeune Afrique agira ati “Ange Kagame mwavuze ko asigaye ashinzwe imbuga nkoranyambaga mu ikipe ishinzwe itumanaho muri Perezidansi, ntabwo yinjiye muri iyi kipe.”

-2551.jpg

Abashinzwe Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu itumanaho Yolande Makolo na Ines Mpambara

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu nabyo byabeshyuje amakuru y’uko Ange Kagame, umwana wa kabiri wa Perezida Kagame, ari umwe mu bagize itsinda rishinzwe itumanaho muri Perezidanse y’u Rwanda.

Perezidanse y’u Rwanda ibeshyuza aya makuru yagize iti “ Ange Kagame mwanditse ko ashinzwe imbuga nkoranyambaga mu itsinda rishinzwe itumanaho mu biro by’Umukuru w’Igihugu, ntabwo yigeze aryinjiramo.”

Mu bihe bishize, ibinyamakuru bitandukanye byagiye byandika ko Ange yaba yarinjiye muri Politiki. Ni nyuma y’amafoto mu bihe binyuranye nkaho Ange yaherekeje umubyeyi muri White House.

-2550.jpg

Ifoto Ange ari kumwe n’umubyeyi we Perezida Kagame hamwe na Obama n’umugore we yavugishije benshi

Ni ibintu byatunguye benshi, ifoto yafashwe we na Perezida Kagame bari kumwe na Perezida Obama n’umugore we Michelle yarakwirakwijwe, itangazamakuru rirandika, havugwa byinshi, ndetse bamwe batangira guhuza na politiki uku kugaragara kwa Ange aherekeje umubyeyi we, kugeza aho nyir’ubwite (Ange) yifashishije urubuga Twitter, yanditse avuga ko bitumvikana ukuntu bamwe bahinduye politiki kuba yaraherekeje umubyeyi we muri icyo gikorwa.

Icyo gihe yagize ati “Ni gute bamwe bahinduye politiki cyangwa ikintu kibi kuba naraherekeje Papa mu musangiro muri White House?[…]”

Mu minsi ishize kandi mu gihe habaga umwiherero w’abayobozi bakuru i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, Ange yagaragayemo ndetse ibinyamakuru bitandukanye nabwo byongera kwandika nk’ibyo mu 2014.

-2549.jpg

Ange Kagame na se Perezida Kagame nyuma y’umwiherero w’Abayobozi i Gabiro

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, nabwo yatangaje ko ibyanditswe atari ukuri kuko kumubona ari kumwe n’umubyeyi we bitandukanye n’iby’uko yaba ari gutegurwamo umunyapolitiki.

Ubusanzwe Ange Kagame w’imyaka 22 ni umukobwa umaze kuba intangarugero kuri benshi mu nama zitandukanye agenda atanga binyuze mu nyandiko ze no mu mbwirwaruhame akora. Asanzwe ari n’umuvugizi wa gahunda ya Loni yiswe ForgiveForPeace igamije kwimakaza amahoro.

Ange Kagame ni we mwana w’umukobwa wenyine wa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, akaba akunda cyane gukoresha imbuga nkoranyambaga aganira ku ngingo zitandukanye ku bibera mu Rwanda ndetse no ku Isi muri rusange.

Umwanditsi wacu

2016-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Ubwanditsi 19 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi
ITOHOZA

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017
Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?
Amakuru

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Ubwanditsi 22 Feb 2021
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup
Amakuru

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 23 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru