Hari ibihe mu mateka y’igihugu bidasobanura gusa uburyo cyarokotse, ahubwo binagaragaza indangagaciro zacyo. Urugamba rwo kwibohora rwayobowe na RPF (Rwanda Patriotic Front) na RPA (Rwanda Patriotic Army) ni rumwe muri ibyo bihe by’ingenzi, inkuru y’ububabare, ubwitange, kwihangana no kwihesha agaciro.
Kuvuga ku rugamba rwo kwibohora k’u Rwanda si ugusubiza amaso inyuma gusa ku rugamba rw’amasasu. Ni ukwibuka imiryango yasenyutse, inzozi zitigeze zigerwaho, ubuzima bugoye bw’ubuhunzi ndetse n’icyuho gikomeye cyasizwe n’abatakaje ubuzima. Ni no guha icyubahiro abagabo n’abagore bikoreye umutwaro w’igihugu mu mitima yabo na mbere y’uko icyizere cy’intsinzi kibaho.
Mu myaka myinshi, Abanyarwanda benshi babaye impunzi mu bihugu by’abaturanyi n’ahandi, batandukanywa n’igihugu cyabo aho bitaga imuhira. Abandi basigaye mu Rwanda bahura n’ivangura, guhezwa no kubaho mu bwoba. Nyamara nubwo ibyo byose byabagaho, inzozi z’u Rwanda rwunze ubumwe, rufite amahoro n’agaciro ntizigeze zipfa.
Haje umwaka wa 1994, umwe mu bihe by’umwijima mu mateka y’ikiremwamuntu. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu barenga miliyoni imwe bishwe mu minsi 100 gusa. Nubwo amahanga menshi yananiwe kugira icyo akora, RPA yararwanye ngo ihagarike Jenoside ndetse itabara igihugu ngo kidasenyuka burundu.
RPA yarwanye ishyaka ryo guhagarika Jenoside no kurokora igihugu cyari kigiye kurimbuka burundu.
Kwibohora k’u Rwanda kwatwaye igiciro gikomeye cyane. Abagabo n’abagore benshi batanze batizigama ubuzima bwabo bw’ubuto, imiryango yabo, ndetse bamwe bahasiga ubuzima. Ariko muri ayo makuba havutse icyizere gishya cyo kongera kubaka u Rwanda rushingiye ku bumwe, ubwiyunge ndetse buri Munyarwanda yibonamo.
Nyuma y’imyaka 30, impinduka z’u Rwanda zirivugira ubwazo. Ubukungu bwagiye bukura ku kigero cya 7–8% buri mwaka mu gihe cy’imyaka myinshi nyuma yo kwibohora. Icyizere cyo kubaho cyarazamutse kiva ku myaka 28 nyuma ya Jenoside kigera hafi ku myaka 70 uyu munsi. Ubukene bwaragabanutse cyane, umuriro w’amashanyarazi wageze kuri benshi mu buryo budasanzwe, ndetse kwiga amashuri abanza biba ibya bose.
U Rwanda rwabaye igihugu kiyoboye Afurika mu ikoranabuhanga, aho serivisi za Leta zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Imihanda igezweho ihuza igihugu cyose, igafasha ubucuruzi n’ubukerarugendo. U Rwanda kandi ruza mu bihugu bya mbere bitarangwamo ruswa nyinshi muri Afurika, ibishimangira ubushake rufite mu kwimakaza imikorere yo kubazwa inshingano no gutanga serivisi nziza. Icy’ingenzi kurushaho, igihugu cyongeye kubaka icyizere hagati y’abaturage binyuze mu bumwe n’ubwiyunge, ibigaragaza ko na nyuma y’ibikomere bikomeye, abantu bashobora gukira binyuze mu buyobozi bufite icyerekezo no kwiyemeza bihuriweho.
Ku rundi ruhande, ntitwavuga ko urugendo rw’u Rwanda rutarimo imbogamizi. Ingengabitekerezo yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ntiracika burundu, kandi ikomeje kugaragara mu karere k’Ibiyaga Bigari no hanze yaho, yerekana ko amahoro atagomba gufatwa nk’aho ari impano ihoraho, kandi ko nitwirara mu kurinda ibyo twagezeho, umwanzi uri ku muryango ashobora kongera kurangiza umugambi we. FDLR na bamwe mu bayobozi bafite iyo ngengabitekerezo bakomeje kuba agatotsi n’intambamyi ku mutekano n’iterambere ry’u Rwanda. Ibi bigaragaza akamaro k’ubuyobozi bufata inshingano, butagira ubwoba, bubazwa ibyo bukora kandi bushikamye ku mpamvu z’urugamba rwo kwibohora. Ibyo u Rwanda rwanyuzemo byerekana ko amahoro arambye n’iterambere bidatandukana n’umutekano, ubumwe n’ubuyobozi bufite icyerekezo.
U Rwanda rw’uyu munsi si nta makemwa, ariko rufite amahoro, umutekano, inzozi n’icyerekezo. Inkovu z’amateka ziracyahari, ariko si imbibi ku hazaza h’igihugu. Ahubwo zitwibutsa inshingano zo kurinda ubumwe, kwanga amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, no gukomeza kubaka igihugu buri muturage afitemo uruhare n’ijambo.
Igitekerezo cyo kwibohora cyarenze rugamba gusa kigaragarira mu mashuri aho abana bigira hamwe, mu bitaro bitanga ubuvuzi, mu bahanga bahanga ibisubizo by’ejo hazaza, mu bakozi ba Leta bakora bashingiye ku bunyangamugayo, ubunyamwuga n’inshingano, no mu rubyiruko rwinshi rufite inzozi kandi mu bwisanzure.
Kwibohora ntibyari iherezo ry’urugamba, ahubwo byari intangiriro yo kubaka igihugu cyari cyarasenyutse kikongera kurangwa n’icyizere n’agaciro.
Ku rubyiruko: Ni mwe mufite inshingano zo kurinda uyu murage. Nubwo benshi muri mwe mutigeze mubona ubuhunzi, intambara cyangwa Jenoside, mwahawe inshingano zo kurinda ibyabavunanye kuboneka. Murinde ubumwe bw’u Rwanda. Mukorane ubunyangamugayo. Muharanire kuba indashyikirwa binyuze mu kwiga, guhanga ibishya no gukora neza. Ntimugafate amahoro nk’ikintu kiri aho gusa, kuko yabonetse ku giciro gikomeye cyane.
Mu gihe twizihiza Kwibohora, dushimira byimazeyo abagabo n’abagore bo muri RPF/RPA batanze byose kugira ngo ibisekuru bizaza bibone amahoro, bifite agaciro n’ubwisanzure. Ubutwari bwabo bwahinduye amateka yacu, bugarurira igihugu icyizere, kuri benshi batekerezaga ko cyazimye burundu.
Amashimwe yose y’Abanyarwanda ari kuri Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ubuyobozi bwe mu rugamba rwo kwibohora ndetse no mu iyubakwa ry’u Rwanda, bwafashije igihugu kunyura mu bihe bikomeye cyane mu mateka yacyo. Kuyobora igihugu kivuye muri Jenoside n’isenyuka kikagera ku mahoro, ubwiyunge n’iterambere bisaba ubutwari budasanzwe, icyerekezo n’ubwitange budacogora. Ubuyobozi bwe, hamwe n’ubwitange bw’abandi bakunze igihugu, byubatse umusingi w’u Rwanda tubona uyu munsi.
Banyarwanda bagenzi banjye, by’umwihariko urubyiruko, ntimuzibagirwe aho twavuye. Dushimire abitanze ku bw’ubwisanzure bwacu, kandi dukomeze kubaka u Rwanda rufite ubumwe, agaciro, guhanga ibishya no kubazwa inshingano. U Rwanda rugaragaza icyizere n’agaciro benshi bemeye gupfira.
Mugire Umunsi mwiza wo Kwibohora32




