• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA) nizo zifite inshingano zikomeye zo kurinda umukuru w’igihugu ariwe President Faustin-Archange Touadera. Izo ngabo kandi zirinda ibikorwa bya LONI n’abayobozi bakuru bayo muri icyo gihugu. Usibye kurinda abaturage bari muri icyo gihugu kinini cyane, ingabo z’u Rwanda zishinzwe kurinda umurwa mukuru Bangui, akazi bakora neza kugeza uyu munsi .

Zakumiriye ibitero byagabwe n’inyeshyamba kuri uwo mu rwa mukuru, zikaba zikomeje kugarura amahoro nubwo abanzi b’amahoro badashaka Guverinoma ya Bangui bakomeje gutera ubwoba abaturage bicyo gihugu. Ituze ryagarutse muri uwo mugi aho inzu z’ubucuruzi zifunguye, ni akazi katoroshye.
Indangagaciro n’ubunyamwuga buranga ingabo z’u Rwanda, bukaba bukomoka ku mateka y’igihugu cyazo cy’u Rwanda, ntabwo zizatuma inyeshyamba zibona icyuho cyo kubuza abaturage umutekano. Nkuko bitangazwa na Loni, Ingabo z’u Rwanda zicunze neza amarembo agera kuri atatu yinjira mu mugi wa Bangui zifatanyije n’ingabo zicyo gihugu mu gukumira ibitero byagabwa kuri uyu mugi.
Mu cyumweru gishize, ingabo zibumbiye mucyitwa Coalition of Patriots for Change (CPC) zikaba ziyobowe nuwahoze ari Perezida wicyo gihugu Francois Bozize, zagabye igitero ku mugi wa Bangui zikoresheje inzira eshatu ariko icyo gitero kiburizwamo. Inyeshyamba zigera kuri 37 zarishwe naho eshanu zifatwa mpiri. Umukuru wazo Francois Bozize yashyizwe ku rutonde rw’abanyabyaha na LONI aho imushinja gushyigikira ibikorwa byo guhungabanya umudendezo w’igihugu cya Centrafrique hagendewe ku bikorwa bye byo gushyigikira umutwe witwara gisirikari wa Anti-Balaka mu mwaka wa 2013.

Bozize kandi arashakishwa na Leta y’igihugu cye kuko yamushyiriyeho impapuro zimuta muri yombi mu mwaka wa 2013, zimushinja ibyaha byibasiye inyokomuntu aho yahamagariraga abantu gukora Jenoside. Ubwo igihugu cye cyateguraga amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ayabadepite tariki ya 27 Ukuboza 2020, Bozize yifashishije abacanshuro bashaka kuyaburizamo. Gusa ingabo za Loni zabashije kuburizamo uyu mugambi abaturage bitabira ku bwinshi amatora.

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare runini muri aya amatora

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare runini muri aya matora kugirango abashe kuba. Hari tariki ya 27 Ukuboza 2020 kandi Bozize n’abacanshuro be bari bagambiriye kuyaburizamo. Baracyagaba ibitero ku murwa mu kuru kugirango Bangui ikomeze kuba mu kaduruvayo.
Mu mugi wa Bangui, Ingabo z’u Rwanda nizo zonyine zibasha kugenda n’amaguru zicunga umutekano aho izindi ngabo zikomoka mu bindi bihugu zikoresha imodoka.

Mu kwezi gushize Umukuru w’Ingabo za MINUSCA Lt Gen Sidiki Traore yagize ati “Ingabo z’u Rwanda zikora kinyamwuga ku rugero rwo hejuru zikaba zikenewe mu kugarura amahoro muri iki gihugu. Nibo twizeye kandi ubunararibonye bafite buzafasha mu kugarura amahoro muri iki gihugu”

Mu mpera z’umwaka ushize, u Rwanda rwasubije ubusabe bwa Centrafrique bwasabaga ubufasha bwa gisirikari. Maze u Rwanda rwohereza ingabo muri icyo gihugu hagendeye ku masezerano hagati y’ibihugu byombi.

U Rwanda kandi rwohereje ingabo zo mu mutwe udasanzwe zagombaga kurinda ingabo z’umuryango w’abibumbye zari ziri kugabwaho ibitero n’inyeshyamba ndetse no kurinda abaturage mu mugi wa Bangui n’ahandi

2021-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Ubwanditsi 06 Jul 2021
Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi
Amakuru

Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi

Ubwanditsi 10 Mar 2021
Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo
POLITIKI

Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 29 May 2017
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda
Amakuru

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru