• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu mwaka wa 2019, Faustin Twagiramungu umukuru w’ishyaka Rwanda Dream Initiative (RDI-Rwanda Rwiza) rikaba kandi rigize urugaga MRCD n’ingabo zabo FLN, yumvikanye ahamagarira urubyiruko gusanga inyeshyamba za FLN ku bwinshi. Ibi koko byarabaye bashuka bamwe mu rubyiruko ruri mu bihugu hirya no hino nka Kongo, Malawi, Zambiya, Uganda n’ahandi bababeshya ko bababoneye akazi muri Kongo. Twagiramungu kandi ni umuvugizi w’ihuriro MRCD/FLN.

https://rushyashya.net/wp-content/uploads/2021/04/VID-20210409-WA0017.mp4

 

Izo ngabo za FLN zagabye ibitero bitandukanye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Rwanda bihitana inzirakarengane zisaga icyenda abandi benshi barakomereka. FLN kandi yangije byinshi nk’imodoka yatwitse, imyaka yangije, iyo basahuye, ndetse batwara bunyago abantu bamwe na bamwe.

Umuvugizi wa FLN w’icyo gihe Callixte Nsabimana ndetse n’uwamusimbuye Herman Nsengimana bumvikanye kenshi bigamba ibi bitero bombi kimwe n’umukuru wa MRCD Paul Rusesabagina, bose bakaba bari mu butabera bw’u Rwanda. Abantu benshi bakaba bibaza niba umusaza Twagiramungu yahiye ubwoba nyuma yo kubona ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rwabo bityo akava mu ishyaka nkuko Rusesabagina yikuye mu rubanza.

Hari ku ya 6 Mata 2021, ubwo Twagiramungu yatumizaga itangazamakuru ariko ikitabirwa na BBC Gahuzamiryango akabamenyesha ko yahinduye umuvuno atacyitabiriye ibikorwa by’intambara

Abajijwe aho ibikorwa by’intambara bigeze, Faustin Twagiramungu yagize ati “Twahinduye umuvuno kuko twasanze ibyo dutangiye noneho ari byo bizatuma Abanyarwanda batsinda kandi bakabana mu mahoro… Abashaka kurwana bumva bazakoresha ibikoresho byo kwica rubanda, abo ntabwo ari abanjye.”

Ibi ariko Twagiramungu abivuze mu gihe nawe ariku isonga ry’umwiryane uri hagati ya MRCD/FLN nyuma yaho umuyobozi wayo wa Gisirikari Gen Wilson Irategeka yiciwe mu mashyamba ya Kongo n’ingabo za FARDC ndetse n’umukuru w’ishami rya Politiki rya MRCD/FLN nawe akisanga I Kigali.

Twagiramungu nkuko amenyereye gusenya ihuriro ry’amashyaka yose yisanzemo (muribuka uko yavuye muri CPC yarimo na FDLR), amakuru agera kuri Rushyashya agaragazako yagize ubwoba bukomeye nyuma yo kumenya ko inzego z’Ububiligi arizo zatanze ibimenyetso bishinja Rusesabagina kandi na Twagiramungu ubwe akaba yarasatswe.

Ikindi cyateye Twagiramungu kuvuga aya magambo, ni uko nkuko akunda kuyobora atishimiye umwanya w’umuvugizi bityo nawe agashaka gushinga ingabo ze zitwa “INTIMIRWA” ndetse akaba yari yabashije kumvisha “Col” Anastase Hategekimana na “Col” Alex Rusanganwa kuva muri FLN bakajya mu mutwe we w’Intimirwa.

Twagiramungu yitwaje umwiryane uri mu bayobozi bakuru ba FLN, bitewe n’amafaranga agera ku madorali ibihumbi 150, batumvikanye uburyo bayagabana, maze abo basirikari tuvuze bakivumbura kuri “Brig Gen” Antoine Hakizimana alias Jeva.

Nubwo Twagiramungu akina iyi mikino ariko, akavuga ko yavuye mu mitwe y’iterabwoba, agomba kubazwa ibyakozwe n’umutwe wa FLN yari abereye umwe mu bayobozi bakuru igihe bagabaga ibitero mu Rwanda.

2021-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 May 2016
Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango
Mu Rwanda

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.
Amakuru

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Ubwanditsi 28 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru