• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026, hasojwe imikino y’amatsinda ya Shampiyona Nyafurika ya Volleyball mu Bagabo (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda, hamenyekana amakipe 16 azakomeza muri 1/8 cy’irangiza nyuma y’urugendo rw’imikino itanu kuri buri kipe.

Iri rushanwa ryatangiye rihuje amakipe 24 aturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, aho buri tsinda ryatanze amakipe ane yakomeje mu cyiciro gikurikiyeho. Mu matsinda, Al Ahly SC yo mu Misiri na Port Autonome De Douala yo muri Cameroun ni zo zonyine zasoje imikino zifite amanota 15 yuzuye nyuma yo gutsinda imikino yose.

Mu Itsinda A, Petrojet Sporting Club yo mu Misiri na Nemo Stars VC yo muri Uganda ni zo zabaye iza mbere, APR VC yo mu Rwanda iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 11 nyuma yo gutsindwa na Petrojet amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, mu gihe Nigeria Customs Service na yo yabonye itike. Litto Team Volleyball na Black Rhinos zo zasezerewe.

Mu Itsinda B, Al Ahly SC yayoboye n’amanota 15, ikurikiwe na Kepler VC yo mu Rwanda yagize amanota 12. Sport-S VC yo muri Uganda na Equity Bank VC yo muri Kenya na zo zakomeje, mu gihe Cameroon Sports Volleyball na AS INJS yo muri Côte d’Ivoire zitabashije kurenga amatsinda.

Mu Itsinda C, Police VC y’u Rwanda yanditse amateka meza yo gusoza amatsinda idatsinzwe, iyobora n’amanota 14. Ku mukino wa nyuma, Police VC yatsinze Kenya Ports Authority (KPA) amaseti 3-2, ikomeza kwerekana ko iri mu makipe akomeye muri iri rushanwa. Faith Union Sport yo muri Maroc yasoreje ku mwanya wa kabiri, ikurikiwe na Ghana Army na KPA, mu gihe Wolaitta Dicha yo muri Ethiopia na Prisons VC yo muri Tanzania zasezerewe.

Mu Itsinda D, Port Autonome De Douala yasoje iyoboye n’intsinzi zose, REG VC yo mu Rwanda ikurikira ku mwanya wa kabiri n’amanota 12. General Service Unit yo muri Kenya na Kalibi Sporting SC na zo zakomeje, mu gihe Rukinzo VC na Atlético Clube Do Mindelo zitabashije gukomeza nubwo Rukinzo yabonye intsinzi yayo ya mbere ku mukino wa nyuma.

Amakipe y’u Rwanda arimo Police VC, Kepler VC, REG VC na APR VC yose yabashije kugera muri 1/8 cy’irangiza, ibi byongereye icyizere cy’abakunzi ba volleyball nyarwanda muri iri rushanwa riri kubera imbere mu gihugu.

Iyi mikino izasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 hakinwa imikino ya 1/8 cy’irangiza izabera muri BK Arena na Petit Stade, aho urugamba rwo gushaka igikombe cya Afurika ruzakomereza mu cyiciro cy’amakipe 16 ya mbere.

2026-04-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko

Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka

Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 04 Dec 2017
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali
Mu Mahanga

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016
NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite
POLITIKI

NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’
SHOWBIZ

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru