• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026, hasojwe imikino y’amatsinda ya Shampiyona Nyafurika ya Volleyball mu Bagabo (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda, hamenyekana amakipe 16 azakomeza muri 1/8 cy’irangiza nyuma y’urugendo rw’imikino itanu kuri buri kipe.

Iri rushanwa ryatangiye rihuje amakipe 24 aturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, aho buri tsinda ryatanze amakipe ane yakomeje mu cyiciro gikurikiyeho. Mu matsinda, Al Ahly SC yo mu Misiri na Port Autonome De Douala yo muri Cameroun ni zo zonyine zasoje imikino zifite amanota 15 yuzuye nyuma yo gutsinda imikino yose.

Mu Itsinda A, Petrojet Sporting Club yo mu Misiri na Nemo Stars VC yo muri Uganda ni zo zabaye iza mbere, APR VC yo mu Rwanda iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 11 nyuma yo gutsindwa na Petrojet amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, mu gihe Nigeria Customs Service na yo yabonye itike. Litto Team Volleyball na Black Rhinos zo zasezerewe.

Mu Itsinda B, Al Ahly SC yayoboye n’amanota 15, ikurikiwe na Kepler VC yo mu Rwanda yagize amanota 12. Sport-S VC yo muri Uganda na Equity Bank VC yo muri Kenya na zo zakomeje, mu gihe Cameroon Sports Volleyball na AS INJS yo muri Côte d’Ivoire zitabashije kurenga amatsinda.

Mu Itsinda C, Police VC y’u Rwanda yanditse amateka meza yo gusoza amatsinda idatsinzwe, iyobora n’amanota 14. Ku mukino wa nyuma, Police VC yatsinze Kenya Ports Authority (KPA) amaseti 3-2, ikomeza kwerekana ko iri mu makipe akomeye muri iri rushanwa. Faith Union Sport yo muri Maroc yasoreje ku mwanya wa kabiri, ikurikiwe na Ghana Army na KPA, mu gihe Wolaitta Dicha yo muri Ethiopia na Prisons VC yo muri Tanzania zasezerewe.

Mu Itsinda D, Port Autonome De Douala yasoje iyoboye n’intsinzi zose, REG VC yo mu Rwanda ikurikira ku mwanya wa kabiri n’amanota 12. General Service Unit yo muri Kenya na Kalibi Sporting SC na zo zakomeje, mu gihe Rukinzo VC na Atlético Clube Do Mindelo zitabashije gukomeza nubwo Rukinzo yabonye intsinzi yayo ya mbere ku mukino wa nyuma.

Amakipe y’u Rwanda arimo Police VC, Kepler VC, REG VC na APR VC yose yabashije kugera muri 1/8 cy’irangiza, ibi byongereye icyizere cy’abakunzi ba volleyball nyarwanda muri iri rushanwa riri kubera imbere mu gihugu.

Iyi mikino izasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 hakinwa imikino ya 1/8 cy’irangiza izabera muri BK Arena na Petit Stade, aho urugamba rwo gushaka igikombe cya Afurika ruzakomereza mu cyiciro cy’amakipe 16 ya mbere.

2026-04-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi
Amakuru

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika
Mu Mahanga

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama
Amakuru

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru