• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026, hasojwe imikino y’amatsinda ya Shampiyona Nyafurika ya Volleyball mu Bagabo (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda, hamenyekana amakipe 16 azakomeza muri 1/8 cy’irangiza nyuma y’urugendo rw’imikino itanu kuri buri kipe.

Iri rushanwa ryatangiye rihuje amakipe 24 aturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, aho buri tsinda ryatanze amakipe ane yakomeje mu cyiciro gikurikiyeho. Mu matsinda, Al Ahly SC yo mu Misiri na Port Autonome De Douala yo muri Cameroun ni zo zonyine zasoje imikino zifite amanota 15 yuzuye nyuma yo gutsinda imikino yose.

Mu Itsinda A, Petrojet Sporting Club yo mu Misiri na Nemo Stars VC yo muri Uganda ni zo zabaye iza mbere, APR VC yo mu Rwanda iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 11 nyuma yo gutsindwa na Petrojet amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, mu gihe Nigeria Customs Service na yo yabonye itike. Litto Team Volleyball na Black Rhinos zo zasezerewe.

Mu Itsinda B, Al Ahly SC yayoboye n’amanota 15, ikurikiwe na Kepler VC yo mu Rwanda yagize amanota 12. Sport-S VC yo muri Uganda na Equity Bank VC yo muri Kenya na zo zakomeje, mu gihe Cameroon Sports Volleyball na AS INJS yo muri Côte d’Ivoire zitabashije kurenga amatsinda.

Mu Itsinda C, Police VC y’u Rwanda yanditse amateka meza yo gusoza amatsinda idatsinzwe, iyobora n’amanota 14. Ku mukino wa nyuma, Police VC yatsinze Kenya Ports Authority (KPA) amaseti 3-2, ikomeza kwerekana ko iri mu makipe akomeye muri iri rushanwa. Faith Union Sport yo muri Maroc yasoreje ku mwanya wa kabiri, ikurikiwe na Ghana Army na KPA, mu gihe Wolaitta Dicha yo muri Ethiopia na Prisons VC yo muri Tanzania zasezerewe.

Mu Itsinda D, Port Autonome De Douala yasoje iyoboye n’intsinzi zose, REG VC yo mu Rwanda ikurikira ku mwanya wa kabiri n’amanota 12. General Service Unit yo muri Kenya na Kalibi Sporting SC na zo zakomeje, mu gihe Rukinzo VC na Atlético Clube Do Mindelo zitabashije gukomeza nubwo Rukinzo yabonye intsinzi yayo ya mbere ku mukino wa nyuma.

Amakipe y’u Rwanda arimo Police VC, Kepler VC, REG VC na APR VC yose yabashije kugera muri 1/8 cy’irangiza, ibi byongereye icyizere cy’abakunzi ba volleyball nyarwanda muri iri rushanwa riri kubera imbere mu gihugu.

Iyi mikino izasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 hakinwa imikino ya 1/8 cy’irangiza izabera muri BK Arena na Petit Stade, aho urugamba rwo gushaka igikombe cya Afurika ruzakomereza mu cyiciro cy’amakipe 16 ya mbere.

2026-04-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

Ubwanditsi 22 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora
IMIKINO

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki
INKURU NYAMUKURU

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Ubwanditsi 25 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru