• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

RUSHYASHYA 07 Jul 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yatangaje ko ingamba z’ubwirinzi igihugu cyashyizeho zitavaho, ahubwo ko zishobora kuvugururwa bitewe n’uburyo ikibazo cyahungabanya umutekano wacyo kigenda gihinduka.

 

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze iminsi zisaba u Rwanda gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyize ku mupaka rwawo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo gukumira ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Iyo Amerika isaba u Rwanda gukuraho izi ngamba, ibishingira ku masezerano rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025, n’andi yasinywe tariki ya 4 Ukuboza uwo mwaka. Ariko ruyibutsa ko Leta ya RDC yagombaga gusenya umutwe wa FDLR itigeze ibyubahiriza, ahubwo ko yakomeje gukorana na wo.

Mu kiganiro na RBA cyabaye ku wa 5 Nyakanga 2026, yatangaje ko mu gihe cy’intambara y’Abacengezi, u Rwanda rwabonye ko gutegereza umwanzi ngo agere ku mupaka byarushyira mu bibazo rukomeye, rufata icyemezo cyo gushyiraho izi ngamba z’ubwirinzi.

Ati “Navuze ku ntambara z’Abacengezi. Ibintu byo gutegereza umwanzi, ibikorwa bye bikadusanga mu mipaka, ku butaka bw’u Rwanda, twarabibonye, tuzi aho byatugejeje. Ntabwo turi abanyeshuri babi cyane, iyo turebye uko byagenze mu bihe by’Abacengezi, hari ibyemezo byafashwe bijyanye n’ukuntu ingamba z’ubwirinzi zigomba kumera kugira ngo abaturage bakomeze kubaho neza, ntibagerweho n’ibibazo bituruka muri RDC.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yasobanuye ko ibihugu byose bigira ingamba z’ubwirinzi kandi ko zishyirwaho mu rwego rwo kwirinda ikibi gihari, gishobora kugihungabanyiriza umutekano.

Brig Gen Karuretwa yavuze ko imiterere y’ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho yagiye ihinduka, asobanura ko ibikorwa ingabo za RDC n’iz’u Rwanda zahuriyeho byo gusenya imitwe yitwaje intwaro mu 2019 na byo byari ingamba z’ubwirinzi.

Ati “Ariko iyo ugize ikibazo nk’icyo dufite ubu, aho Perezida wa RDC yiyemeza gukorana ahubwo n’abanzi bacu kugira ngo adutere ibibazo biturutse muri RDC, ingamba z’ubwirinzi ntabwo zivaho, zirahinduka.”

Brig Gen Karuretwa yasobanuye ko FDLR ari umutwe ugizwe n’abayoboye cyangwa abagize uruhare muri Jenoside kandi ko n’ubu batagishaka Umututsi mu Rwanda. Yasobanuye ko ubwo abagize FDLR bahungaga, bagiye nk’igisirikare cya Leta, bashinga n’amashuri yigishirizwamo urubyiruko.

Ati “Kuvuga ngo abo tugomba kureba ni abambutse muri icyo gihe ni ukwirengagiza. Sinzi niba ari ubucucu cyangwa se niba ari ukwigiza nkana. Kuba Congo yabivuga, birumvikana, bakorana na bo, bagira ngo bitagaragara cyane ariko abababaje ni ababiha amatwi. Amashuri yabo ari za Walikale, ahitwa Pinga ni ibintu bizwi. Ikibazo cya FDLR ntabwo cyagabanyutse ahubwo cyariyongereye.”

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda yavuze ko nta gitutu cyatuma u Rwanda rwemera gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe Leta ya RDC itarakemura ikibazo cya FDLR.

Ati “Usubije amaso inyuma, ntabwo nibaza ko hari igihe hatabaye igitutu ku Rwanda…Ingamba z’ubwirinzi zizagumaho, zizagenda zihinduka bijyanye n’uko ikibazo kimeze, niba dusubiye mu bikorwa bihuriweho nk’ibyabaye kera ubwo ni byiza cyane ariko kuvuga ko twavanaho ingamba z’ubwirinzi, ntabwo turi abiyahuzi.”

Brig Gen Karuretwa ni umwe mu bahagararira u Rwanda muri komite ihuriweho y’umutekano ibahuza n’abahagarariye Amerika na RDC, yiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro. Yahamije ko mu biganiro biba, u Rwanda rutigeze rwemera gukorera ku gitutu.

Brig Gen Patrick Karuretwa yasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi zitavaho, ahubwo ko zihinduka

2026-07-07
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara :  Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka
Mu Mahanga

Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye
Mu Mahanga

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.
Amakuru

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru