• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Ubwanditsi 19 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zirigushyira imisoro mishya ku bicuruzwa biva mu Bushinwa bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari y’Amerika mu gihe iki gihugu gikomeje gukaza intambara y’ubucuruzi n’Ubushinwa.

Iyi misoro ireba ibicuruzwa bigera hafi ku bihumbi 6, iki kikaba ari cyo cyiciro kinini kurusha ibindi cy’imisoro Amerika ishyiriyeho Ubushinwa kugeza ubu.

Ibikapu byo gutwara mu ntoki, umuceri n’imyenda biri mu bizasoreshwa, ariko ibicuruzwa bimwe na bimwe nk’amasaha ahenze n’intebe ndende byari byitezwe gukorwaho n’iyi misoro byo byakuwe ku rutonde rw’ibicuruzwa birebwa n’iyi misoro.

Mbere, Ubushinwa bwari bwasezeranyije ko buzihimura kuri Amerika niramuka ishyizeho indi misoro.
Byitezwe ko iyi misoro itangira gusoreshwa guhera ku itariki ya 24 y’uku kwezi kwa cyenda, igatangira iri ku gipimo cya 10% igakomeza yongerwa kugera ku gipimo cya 25% guhera mu ntangiriro y’umwaka utaha mu gihe ibi bihugu byombi byaba bidashoboye kumvikana.

Perezida Donald Trump w’Amerika yavuze ko iyi misoro ijyanye n’ingamba z’Ubushinwa “zidashyira mu gaciro mu bucuruzi, zirimo amafaranga agenerwa amasosiyete ngo acururize ku giciro cyo hasi n’amategeko asaba ko amasosiyete y’amahanga mu nzego zimwe agira abafatanya-bikorwa bo mu Bushinwa.”
Bwana Trump yanaburiye Ubushinwa ko niburamuka bwihimuye, Amerika “ako kanya yahita ikomeza n’imisoro y’icyiciro cya gatatu” – bivuze ko ibindi bicuruzwa biva mu Bushinwa byashyirirwaho imisoro ifite agaciro ka miliyari 267 z’amadolari y’Amerika.

Mu gihe ibyo byaba bibaye – iyo misoro ifite agaciro ka miliyari 267 z’amadolari y’Amerika ikakwa – byaba bimeze nkaho bisobanuye ko ibicuruzwa byose Ubushinwa bwohereza muri Amerika bisoreshwa imisoro mishya.
Kuri uyu wa kabiri, amasoko y’imigabane mu Bushinwa yafunguye ari ku gipimo cyo hasi.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyeshuri Monaco Cosmetics Yabashyiriyeho Promotion Yitwa Back To Schoo

Abanyeshuri Monaco Cosmetics Yabashyiriyeho Promotion Yitwa Back To Schoo

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye  bamwe mu barwanya  Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Ubwanditsi 09 May 2016
Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58
Mu Rwanda

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru
POLITIKI

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru