• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018 HIRYA NO HINO

Abarwanyi bikekwa ko ari abo mu Mutwe wa FDLR, kuri uyu wa Kabiri bishe abantu benshi mu gitero bagabye ku modoka z’abacuruzi ubwo bari ku rugendo bageze muri Pariki ya Virunga, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru yatanzwe n’Umuyobozi uhagararariye Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru muri Teritwari ya Rutshuru, Hope Sabini, yavuze ko igitero cya FDLR cyibasiye imodoka zari ziherekejwe n’ingabo za Leta ya DR Congo ubwo zari zigeze mu gace ka Kiwanja, zigana mu duce twa Beni na Butembo.

Nk’uko ikinyamakuru Actualité cyabitangaje, Hope Sabini, yavuze ko abantu bane barimo abagabye igitero bahise bicwa ubwo bahanganaga n’Ingabo za Leta (FARDC), abandi bane barakomereka.

Yagize ati “Hari ahagana 9h00 ubwo FDLR FOCA yashatse kwitambika izi modoka ngo bashimute abantu. Abasirikare bahise babarasaho. Twatakaje umugore umwe w’umusirikare wari ugiye Beni, umu-major yakomeretse nyuma yo kwica amabandi abiri, abagenzi batatu nabo bakomeretse, nyuma tuza kubona undi mu bagabye igitero wapfuye. ”

Gusa andi makuru yo muri ako gace avuga ko nibura abantu 14 aribo bishwe barimo n’abasirikare baguye muri icyo gitero.

Umuturage utuye ahitwa Vitshumbi yagize ati “Ni igitero cyagabwe n’amabandi yitwaje intwaro ku modoka zari zishoreranye zirenga 50 ahantu hitwa Busendo muri pariki. Bishe abasirikare bane n’umu-major nawe wishe amabandi atanu hamwe n’abagenzi batanu. ”

Kuva muri Werurwe uyu mwaka, Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyafashe umwanzuro wo kujya giherekeza imodoka zigana mu mihanda minini, hagamijwe kurinda ko hagira abantu bashimutwa cyangwa hakaba ubwicanyi bukorwa n’abantu bitwaje intwaro mu duce twa Beni na Rutshuru.

Ku wa 9 Mata nanone abantu batanu barindaga Pariki ya Virunga hamwe n’umushoferi wabo barishwe, mu gico bagabweho n’abantu bitwaje intwaro.

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe

Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa
Amakuru

APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

Ubwanditsi 14 Oct 2023
Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta
INKURU NYAMUKURU

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Ubwanditsi 27 Aug 2018
APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti
Amakuru

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

Ubwanditsi 01 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru