• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Ubwanditsi 26 Sep 2017 ITOHOZA

Kuri iki Cyumweru nibwo byemejwe ko Angela Merkel yatorewe manda ya kane ngo akomeze kuyobora u Budage mu yindi myaka ine iri imbere, nubwo ishyaka rye CDU/CSU ryagize amanota mabi mu myaka 70 ishize angana na 33% ariko rigumana ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Umubiligi Alain Billen w’imyaka 64 ukurikirana politiki avuga ko nta jwi ryigeze rizamuza rinenga imyaka Merkel amaze ayobora u Budage, cyangwa se ngo hagire umunenga avuga ko ashaka kuba Chancelière “ubuzima bwe bwose.”

Byatumye yibaza aho abayobozi n’ibinyamakuru banenze umwanzuro w’Abanyarwanda ubwo Perezida Paul Kagame yari agiye kwiyamamariza manda ya gatatu, akaza no gutorwa ku majwi 97.79, bari.

Abayobozi bo mu burengezuba bavuga ibintu uko babishatse

Billen avuga ko abayobozi bo mu burengerazuba bw’Isi bashobora guha ikintu igisobanuro bitewe n’uwo bashaka kukivugaho cyangwa izindi nyungu, ibyo yise «deux poids, deux mesures ».

Yagize ati “Nyuma yo kunenga Paul Kagame kubera kwiyamamariza manda ya gatatu, Angela Merkel we ntawe umuvuga mu binyamakuru byo mu burengerazuba bw’Isi, nta n’umunyamakuru ushaka kuvuga ku myaka amaze ku butegetsi.”

Yakomoje kuri Barack Obama ubwo yari akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanenze umwanzuro wa Perezida Paul Kagame wari ugiye kwiyamamariza manda ya gatatu arangije ashimira Angela Merkel wari ugiye kwiyamamariza iya kane.

Billen yakomeje agira ati “Ku bwanjye ntekereza ko niba manda ya gatatu yari mbi, iya kane yo yagombaga kuba ari amahano masa. Ariko oya, imvugo yarahindutse, icyiswe kibi kuri umwe kiba akataraboneka ku wundi.”

Billen avuga ko aho ibintu bigeze u Rwanda rutakiri igihugu kiri cyonyine kuko cyamaze kwihuza n’amahanga binyuze mu ikoranabuhanga riganje mu gihugu na internet ya 4G igezweho, ndetse Abanyarwanda ibageraho nk’uko bimeze ku burengerazuba bw’Isi, nta makuru n’amwe abacika.

Yibaza niba ibyo byaba biri mu bizamura imbwirwaruhame za bamwe ziyobowe na politiki, zidapfa kumvwa n’udasobanukiwe umukino wa politiki mpuzamahanga.

Perezida Obama yaba yararwaye kwibagirwa?

Billen yibaza niba ubwo Perezida Obama yashyigikiraga manda ya kane ya Angela Merkel yari afite indwara ya Alzheimer, yangiza ubushobozi bwo kwibuka n’imikorere y’ubwonko muri rusange.

Yakomoje ku buryo mu mezi make ashize Leta Zunze ubumwe za Amerika zatangaje ko “zitemeranya na manda ya gatatu ishoboka kuri Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, nyuma ya manda ye izarangira muri 2017” nk’uko umwe mu badipolomate ba Amerika yabibwiye AFP, ko “igikenewe ari inzego zikomeye atari abantu bakomeye.”

Mu mezi yakurikiye ngo imvugo yahise ihinduka kubera Angela Merkel wari ugiye kwiyamamariza manda ya kane.

Billen avuga ko icyo gihe Obama yashingiye ku ihame ryagombaga no kubahirizwa kuri Paul Kagame, ati “Ngerageza kugendera ku ihame ryo kutivanga muri politiki z’abandi, icyo navuga ni uko Chancelière Merkel yabaye umufatanyabikorwa udasanzwe.”

Obama yakomeje amagambo ye yo guha rugari Merkel, ati “Ni ubushake bwe bwo kwiyamamariza indi ntambwe nshya. […] Iyo mba ndi hano, iyo mba ndi umudage n’iyo mba ntora, namushyigikira.”

Niho Billen ahita yibaza aho interuro ko igihugu gikeneye “inzego zikomeye aho kuba abantu bakomeye!” yarengeye.

Avuga ko akeneye gusobanukirwa ukuntu umwanzuro wafashwe nk’udakwiye kuri Perezida Kagame, ukaza kwishimirwa cyane n’abayobozi n’ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi kuri Angela Merkel.

Yagize ati “Nta n’ubwo ari ukubihuza n’imiyoborere mibi y’igihugu, Paul Kagame azwi haba muri Afurika n’ahandi nk’umuyobozi w’intangarugero, wemerwa na bose, binyuze no mu nyigo zitandukanye, ku rwego abayobozi benshi bo mu burengerazuba bakwifuza.’

“Ahari byaba ari ukubera ibara ry’uruhu cyangwa se kubera ko ari umunyafurika…ariko na none ibyo ntitwabiha agaciro kubera ko twabonye “Paris” ishimishwa cyane no kongera gutorwa kwa Perezida wa Congo Brazaville uyoboye igihe kirekire kurusha Paul Kagame kandi udafite imiyoborere ihambaye.”

Alain Billen avuga ko amagambo abayobozi b’ibihugu bikomeye bavuga baterwa n’ubuyobozi bwiza u Rwanda rufite, ari uko bashaka kugira impinduka barushyiraho ariko Abanyarwanda ntibabemerere.

Akomeza agira ati “Ese iyo niyo demokarasi… kwemera gukurikiza amabwiriza aturuka hanze?”

Akomeza agaragaza inenge ahubwo iri mu bayobozi b’i Burayi bamaze igihe bikubiye ubutegetsi, atanga urugero ku Bubiligi akomokamo, igihugu yavuyemo mu myaka makumyabiri ishize ariko agarutse asanga “nta cyahindutse!”

Yakomeje agira ati “Amazina y’abanyepolitiki bari ku butegetsi aracyari yayandi, rimwe na rimwe izina rimwe rigahinduka bitewe n’uko se yasigiye umuhungu cyangwa umukobwa we, ariko ababiligi bayoborwa mu myaka myinshi n’uruhererekane rw’imiryango imwe.”

Nyamara ngo hari ibibazo bikomeye byashegeshe ubwami bw’u Bubiligi bitewe n’abayobozi bamwe birimo ruswa ndetse byanageze mu bitangazamakuru, rimwe na rimwe hakabaho no kurigisa ibigenewe abatishoboye.

-8131.jpg

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela

Source : IGIHE

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Nyuma y’aho  Amb. Eugene Gasana  aherewe inshingano zo  guhungisha imitungo  ya Kabila yanyerejwe  ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri  Kongre y’Amerika  gutanga ubuhamya

Nyuma y’aho Amb. Eugene Gasana aherewe inshingano zo guhungisha imitungo ya Kabila yanyerejwe ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri Kongre y’Amerika gutanga ubuhamya

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ubwanditsi 17 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Ubwanditsi 30 Jan 2018
RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro
UBUKUNGU

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo
Mu Rwanda

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru