• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ubwanditsi 26 Sep 2018 ITOHOZA

Perezida Museveni amaze iyi minsi mu bitangamakuru yiyerurutsa cyane cyane k’umutekano muke urangwa mu gihugu cye.

Taliki 15 Nzeli 2018, ubwo yaganirizaga itangazamakuru k’umutekano wa Uganda yavuze ko nta mpungenge afite k’umutekano wa Uganda, ibi kandi yakomeje kubigaragaza biciye muri leta ye bagenda bandika ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko Uganda nta kibazo cy’umutekano ifite.

Ibi byose bitera kwibaza niba uburyo leta ya Uganda yashyize ingufu mu kwisobanura ku kibazo cy’umutekano atari ikibazo ubwabyo, binagaragaza impungenge abaturage ba Uganda bafite kuri leta yabo.

Abahanga mw’ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga bavuga uburyo bunogeye bwo kugarurira icyizere abaturage ari ukugaragaza uruhare rwa leta mu bibazo bihari ariko iki kiri gukomeza kubera ingutu Museveni udakozwa  kugaragaza intege nke cyangwa uruhare rwa leta mu bibazo byugarije Uganda muri iyi minsi.

Abazi neza Museveni bavuga ko ari umuntu utarigeze narimwe wirengera ingaruka z’ibyo yakoze cyangwa akora arika agafata iya mbere mu kwiyitirira ibyakozwe n’abandi.

Ibi rero biri muri bimwe bimutera gushakira impamvu mu ‘baturanyi’ yakwegekera ibibazo bya leta ya Uganda bikagera naho kubita ‘amavunja’ nkaho ari hazaboneka igisubizo ku bibazo bimwugarije.

Hari igihe abaturage ba Uganda bagwaga mu mutego we wo gutwerera ibibazo ‘abaturanyi’ariko muri iyi minsi siko bikiri kuko amayeri ye yaravumbuwe amenyekana wese ntaho yihishe. Abaturage benshi ba Uganda ntibacyemera ko ibibazo bya Uganda biterwa n’abaturanyi cyangwa undi muntu wese uretse leta yabo yananiwe.

Abenegihugu ubu barafungutse amaso basigaye bamusaba kugaragaza ibimenyetso kubyo ashinja abaturanyi be. Benshi bamaze kurambirwa bakivugira mu rurimi rwabo ngo “Abantu bakoowu! Kiki ekilala ekitawulilizika?” bivuze ngo “abantu barambiwe! N’iki gishya kitunvikana?

Abagande birirwa biruka mu mihanda barasaba ko haba impinduka bagahandura “amavunja” ndetse ngo bagatera imiti yica udusimba twamunze leta yabo twirirwa tunyunyuza amaraso y’abanya Uganda.

Abagande barishwe ndetse abandi bakorerwa iyica rubozo bashaka guhindura amatwara mu gihugu cyabo. Abagande ubu baravuga ko bageze k’urwego rwo kubwira leta yabo ko ibibazo bya Uganda bidaturuka hanze ahubwo bituruka imbere muri leta yabo.

Ikindi gikomeye nuko abagande benshi batagishidikanya ko leta ya Museveni itagifite ubwoba bwo kwica cyangwa kugirira nabi abayirwanya haba mu mahoro cyangwa mu myigaragambyo isigaye yarabaye akarande muri Uganda.

Abagande ubu barakubitwa nk’inka, ibintu ngo batigeze banakorerwa n’abakoloni cyangwa abakurambere, ariko bamwe mu bategetsi muri Uganda nka Gen Tumwine, Ministiri w’umutekano mu gihugu bashyigikira ibyo bikorwa byo gutoteza abaturage bakanabishakira ‘ubusobanuro’.

AIGP Andrew Kaweesi na depite Ibrahim Abiriga bo bamaze kwibagirana. Kirumira na Yasin Kawuma nabo leta yarabivuganye ariko noneho ikigezweho n’ugukurikirana Robert Kyagulanyi Bobi Wine’s bakamutesha ngo aceceke, ariko ikigaragara nuko leta izagorwa kuko uyu mugabo (Bobi Wine) akunzwe n’abagande benshi cyane cyane urubyiruko.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ahretutse kubwira Perezida Museveni ko atagomba kumuhutaza kubera badahuje ibitekerezo, anenga n’inzego zishinwe umutekano zikorera iyicarubozo abasivili badafite intwaro.

Yabajije Museveni icyo yatekerezaga ku bantu bakorewe iyicarubozo, abandi bakicwa mu byumweru bishize ubwo hari umwuka mubi wa politiki cyane mu bice bya Arua, Gulu Mityana. Ati “Wumva bitemeze bite iyo ukorera abantu bawe ibintu nk’ibi Perezida? Biba bimeze gute iyo ukandagije inkweto zawe ku majosi y’abaturage bawe?” Avuga ku buryo Museveni ajya yita abaturage abuzukuru be, yahise anamubwira ko atari ko basekuru b’abantu bitwara.

Impungenge Museveni asigaranye nuko abona ko yamaze kugaragara atagishoboye kujijisha abagande abahuma amaso ku mabi ari gukorerwa muri Uganda.

 

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Ubwanditsi 26 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisilikare cy’ u Burundi  kimaze guhakana ko  ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda
ITOHOZA

Igisilikare cy’ u Burundi kimaze guhakana ko ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify
Amakuru

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru