• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ubwanditsi 26 Sep 2018 ITOHOZA

Perezida Museveni amaze iyi minsi mu bitangamakuru yiyerurutsa cyane cyane k’umutekano muke urangwa mu gihugu cye.

Taliki 15 Nzeli 2018, ubwo yaganirizaga itangazamakuru k’umutekano wa Uganda yavuze ko nta mpungenge afite k’umutekano wa Uganda, ibi kandi yakomeje kubigaragaza biciye muri leta ye bagenda bandika ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko Uganda nta kibazo cy’umutekano ifite.

Ibi byose bitera kwibaza niba uburyo leta ya Uganda yashyize ingufu mu kwisobanura ku kibazo cy’umutekano atari ikibazo ubwabyo, binagaragaza impungenge abaturage ba Uganda bafite kuri leta yabo.

Abahanga mw’ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga bavuga uburyo bunogeye bwo kugarurira icyizere abaturage ari ukugaragaza uruhare rwa leta mu bibazo bihari ariko iki kiri gukomeza kubera ingutu Museveni udakozwa  kugaragaza intege nke cyangwa uruhare rwa leta mu bibazo byugarije Uganda muri iyi minsi.

Abazi neza Museveni bavuga ko ari umuntu utarigeze narimwe wirengera ingaruka z’ibyo yakoze cyangwa akora arika agafata iya mbere mu kwiyitirira ibyakozwe n’abandi.

Ibi rero biri muri bimwe bimutera gushakira impamvu mu ‘baturanyi’ yakwegekera ibibazo bya leta ya Uganda bikagera naho kubita ‘amavunja’ nkaho ari hazaboneka igisubizo ku bibazo bimwugarije.

Hari igihe abaturage ba Uganda bagwaga mu mutego we wo gutwerera ibibazo ‘abaturanyi’ariko muri iyi minsi siko bikiri kuko amayeri ye yaravumbuwe amenyekana wese ntaho yihishe. Abaturage benshi ba Uganda ntibacyemera ko ibibazo bya Uganda biterwa n’abaturanyi cyangwa undi muntu wese uretse leta yabo yananiwe.

Abenegihugu ubu barafungutse amaso basigaye bamusaba kugaragaza ibimenyetso kubyo ashinja abaturanyi be. Benshi bamaze kurambirwa bakivugira mu rurimi rwabo ngo “Abantu bakoowu! Kiki ekilala ekitawulilizika?” bivuze ngo “abantu barambiwe! N’iki gishya kitunvikana?

Abagande birirwa biruka mu mihanda barasaba ko haba impinduka bagahandura “amavunja” ndetse ngo bagatera imiti yica udusimba twamunze leta yabo twirirwa tunyunyuza amaraso y’abanya Uganda.

Abagande barishwe ndetse abandi bakorerwa iyica rubozo bashaka guhindura amatwara mu gihugu cyabo. Abagande ubu baravuga ko bageze k’urwego rwo kubwira leta yabo ko ibibazo bya Uganda bidaturuka hanze ahubwo bituruka imbere muri leta yabo.

Ikindi gikomeye nuko abagande benshi batagishidikanya ko leta ya Museveni itagifite ubwoba bwo kwica cyangwa kugirira nabi abayirwanya haba mu mahoro cyangwa mu myigaragambyo isigaye yarabaye akarande muri Uganda.

Abagande ubu barakubitwa nk’inka, ibintu ngo batigeze banakorerwa n’abakoloni cyangwa abakurambere, ariko bamwe mu bategetsi muri Uganda nka Gen Tumwine, Ministiri w’umutekano mu gihugu bashyigikira ibyo bikorwa byo gutoteza abaturage bakanabishakira ‘ubusobanuro’.

AIGP Andrew Kaweesi na depite Ibrahim Abiriga bo bamaze kwibagirana. Kirumira na Yasin Kawuma nabo leta yarabivuganye ariko noneho ikigezweho n’ugukurikirana Robert Kyagulanyi Bobi Wine’s bakamutesha ngo aceceke, ariko ikigaragara nuko leta izagorwa kuko uyu mugabo (Bobi Wine) akunzwe n’abagande benshi cyane cyane urubyiruko.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ahretutse kubwira Perezida Museveni ko atagomba kumuhutaza kubera badahuje ibitekerezo, anenga n’inzego zishinwe umutekano zikorera iyicarubozo abasivili badafite intwaro.

Yabajije Museveni icyo yatekerezaga ku bantu bakorewe iyicarubozo, abandi bakicwa mu byumweru bishize ubwo hari umwuka mubi wa politiki cyane mu bice bya Arua, Gulu Mityana. Ati “Wumva bitemeze bite iyo ukorera abantu bawe ibintu nk’ibi Perezida? Biba bimeze gute iyo ukandagije inkweto zawe ku majosi y’abaturage bawe?” Avuga ku buryo Museveni ajya yita abaturage abuzukuru be, yahise anamubwira ko atari ko basekuru b’abantu bitwara.

Impungenge Museveni asigaranye nuko abona ko yamaze kugaragara atagishoboye kujijisha abagande abahuma amaso ku mabi ari gukorerwa muri Uganda.

 

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli  azatabarizwa mu Rwanda

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2017
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Ubwanditsi 17 Jul 2016
Ububiligi: Uko  Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ububiligi: Uko Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ubwanditsi 10 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana
Mu Rwanda

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio
HIRYA NO HINO

Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru