• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzi, akaba anatunganya umuziki Eloi Muhoranimana akomeje kuzamura umuziki nyarwanda binyuze ku rubuga rushya mu Rwanda rutaritabirwa n’abahanzi benshi rwa Spotify, ibi bikaba binamuhesha ubushobozi bwo gukorana ibihangano n’abandi bahanzi b’abanyamahanga.

Mu kiganiro kirambuye yahaye RUSHYASHYA, Eloi Maniraguja uzwi nka Eloi El mu muziki yatangiye atubwira amateka ye mu muziki, yagize ati “Ndi umu producer (Utunganya umuziki) nkaba numuririmbyi, mfite imyaka 22 nkaba naravukiye Kigali, Nyarugenge. Natangiye umuziki ndi muto mu mwaka wa 2011, icyo gihe narimfite imfite 12 icyo gihe nararirimbaga ndi numu producer.”

“Ndirimba injyana Electronic Dance Music hamwe ninjyana ya Pop, mfite indirimbo 24 harimo 14 nakoze njyenyine ndetse n’izindi 12 nakoranye n’abandi bahanzi barimo abo muri Amerika ndetse n’i Burayi.”

Eloi El yakomeje atubwira ko uyu muziki awurimo abikomora kub’ababyeyi be, yagize ati “ahanini nabikuriyemo kuko ababyeyi ndetse n’abavandimwe banjye bose ni abanyamuziki, kuko mfite bakuru banjye baririmba nka Sean Brizz, Chris Cheetah ndetse na Papa wanjye Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira.”

Iyo ukurikiranye ibihangano by’uyu muhanzi usanga ahananini awukora ndetse akawufatanya n’abanyamahanga, aha Eloi El yavuze ko abifashwa cyane na Spotify nk’ahantu hizewe kandi hakunzwe na benshi ku rwego mpuzamahanga.

Eloi ati “Ubu nihaye intego y’uko ngomba gukora indirimbo nyinshi hamwe n’abahanzi batandukaye barimo ab’imbere mu gihugu ndetse no hanze y’igihugu, ikindi nkanakomeza kuzamura Spotify birushijeho kuko aha hamfasha kuzamura umuziki wanjye bwite ndetse n’uwo mu Rwanda muri rusange.”

“Nibanze cyane kuri Spotify ndetse n’ama radio yo hanze kubera ko arirwo ruhurirwaho n’abantu benshi cyane batandukanye, kandi bikanyorohereza gutanga ubutumwa ndetse bukagera kure.”

Mu gusoza Eloi El yasabye abakunzi b’umuziki nyarwanda gushyigikira impano ziri kuzamuka ndetse we ku giti cye akaba asaba abanyarwanda ku mushyigikira.

Eloi ati “Ndabasaba gukomeza gushyigira abahanzi muri rusange ndetse no gukomeza gufasha abahanzi bafite impano barikuzana injyana nshya zigezweho ahantu henshi, Mbateganyirije ibihangano bishya nabahanzi bazwi bo mu rwanda kandi nkaba nifuza guteza umuziki wo mu Rwanda imbere.”

Eloi Mahoronimana aritegura gukorana n’inzu ifasha abahanzi yitwa Loudkult ibarizwa muri Suwede, We Are Diamond yo mu Budage ndetse na Get The Sound based yo mu gihugu cy’u Bufaransa, uyu muhanzi kandi agiye gukorana na Spectrum Recording ikaba ibarizwa muri Sony Music yo muri USA.

Reba hano indirimbo ya Eloi El yise Try:

 

2021-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 22 Apr 2024
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu
Amakuru

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga  Umwami Kigeli
ITOHOZA

Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga Umwami Kigeli

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru