• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzi, akaba anatunganya umuziki Eloi Muhoranimana akomeje kuzamura umuziki nyarwanda binyuze ku rubuga rushya mu Rwanda rutaritabirwa n’abahanzi benshi rwa Spotify, ibi bikaba binamuhesha ubushobozi bwo gukorana ibihangano n’abandi bahanzi b’abanyamahanga.

Mu kiganiro kirambuye yahaye RUSHYASHYA, Eloi Maniraguja uzwi nka Eloi El mu muziki yatangiye atubwira amateka ye mu muziki, yagize ati “Ndi umu producer (Utunganya umuziki) nkaba numuririmbyi, mfite imyaka 22 nkaba naravukiye Kigali, Nyarugenge. Natangiye umuziki ndi muto mu mwaka wa 2011, icyo gihe narimfite imfite 12 icyo gihe nararirimbaga ndi numu producer.”

“Ndirimba injyana Electronic Dance Music hamwe ninjyana ya Pop, mfite indirimbo 24 harimo 14 nakoze njyenyine ndetse n’izindi 12 nakoranye n’abandi bahanzi barimo abo muri Amerika ndetse n’i Burayi.”

Eloi El yakomeje atubwira ko uyu muziki awurimo abikomora kub’ababyeyi be, yagize ati “ahanini nabikuriyemo kuko ababyeyi ndetse n’abavandimwe banjye bose ni abanyamuziki, kuko mfite bakuru banjye baririmba nka Sean Brizz, Chris Cheetah ndetse na Papa wanjye Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira.”

Iyo ukurikiranye ibihangano by’uyu muhanzi usanga ahananini awukora ndetse akawufatanya n’abanyamahanga, aha Eloi El yavuze ko abifashwa cyane na Spotify nk’ahantu hizewe kandi hakunzwe na benshi ku rwego mpuzamahanga.

Eloi ati “Ubu nihaye intego y’uko ngomba gukora indirimbo nyinshi hamwe n’abahanzi batandukaye barimo ab’imbere mu gihugu ndetse no hanze y’igihugu, ikindi nkanakomeza kuzamura Spotify birushijeho kuko aha hamfasha kuzamura umuziki wanjye bwite ndetse n’uwo mu Rwanda muri rusange.”

“Nibanze cyane kuri Spotify ndetse n’ama radio yo hanze kubera ko arirwo ruhurirwaho n’abantu benshi cyane batandukanye, kandi bikanyorohereza gutanga ubutumwa ndetse bukagera kure.”

Mu gusoza Eloi El yasabye abakunzi b’umuziki nyarwanda gushyigikira impano ziri kuzamuka ndetse we ku giti cye akaba asaba abanyarwanda ku mushyigikira.

Eloi ati “Ndabasaba gukomeza gushyigira abahanzi muri rusange ndetse no gukomeza gufasha abahanzi bafite impano barikuzana injyana nshya zigezweho ahantu henshi, Mbateganyirije ibihangano bishya nabahanzi bazwi bo mu rwanda kandi nkaba nifuza guteza umuziki wo mu Rwanda imbere.”

Eloi Mahoronimana aritegura gukorana n’inzu ifasha abahanzi yitwa Loudkult ibarizwa muri Suwede, We Are Diamond yo mu Budage ndetse na Get The Sound based yo mu gihugu cy’u Bufaransa, uyu muhanzi kandi agiye gukorana na Spectrum Recording ikaba ibarizwa muri Sony Music yo muri USA.

Reba hano indirimbo ya Eloi El yise Try:

 

2021-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Ubwanditsi 07 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 11 Jan 2024
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere
Mu Mahanga

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS
IMIKINO

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru