• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nk’uko bisanzwe iyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byegereje, abajenosideri n’ababashyigikiye babyutsa ibikorwa bigamije gukomeretsa abarokotse iyo Jenoside. Nguko uko bahagurukira gutagatifuza abayigizemo uruhare, bakagera n’aho bavuga ko abakatiwe n’inkiko bamaze guhamwa n’uruhare rutaziguye muri Jenoside, barekurwa ”kuko ibyo bakoze bitaremereye nk’ibihano bahawe”.

Nubwo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi barushaho kwiyongera, twakwishimira ko hari ibihugu byamaze kumva uburemere bw’ibyaha by’abajenosideri, bamwe birabafata abandi biboherereza ubutabera bw’u Rwanda ngo baryozwe amahano bakoreye Igihugu cyabo n’isi yose muri rusange. Urugero ruheruka ni urw’ urukiko rwa Helsinki muri Finland, rwongeye gutera utwatsi ukwitetesha  kwa Ruharwa Faransisiko Bazaramba n’abamushyigikiye, basabaga ko yarekurwa, akidegembya ngo kuko imyaka 14 amaze muri gereza ihagije “ku muntu ushaje cyane kandi  wakatiwe arengana”.

Nk’uko rwari rwabigenje muri Mutarama 2019 urukiko rw’ubujurire  rwongeye kwibutsa Bazaramba ko ntawe ukwiye kugereranya Jenoside n’igihano, uko cyaba kingana kose, kuko icyaha cya jenoside gifite uburemere ntagereranywa. Rwibukije kandi ko Bazaramba adashobora kuvuga ko yarenganye, ngo kuko ibyo amategeko ateganya byose byiyambajwe kugirango ahabwe ubutabera buboneye, ari nayo mpamvu urubanza rwe rwamaze imyaka 5 yose. Uru rukiko rero rwongeye kwanga ubusabe bwa Bazaramba, rutegeka ko  aguma muri gereza aho azamara ubuzima bwe bwose nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga aho muri Finland mu Ukwakira 2012.

Faransisiko Bazaramba w’imyaka 72 yavukiye mu yahoze ari Komini Nshili, Perefegitura ya Gikongoro, aza kuba“Pasitori” mu itorero ry’Ababatisita mu yahoze ari Komini Nyakizu mu Majyepfo y’uRwanda. “umurimo w’Imana” yawubangikanyaga n’iyamamazabugome, dore ko abatangabuhamya amagana bamushinje ko atatinyaga kuvuga mu ruhame ko Abatutsi bagomba kwicwa.

Uretse gushishikariza Abahutu kurimbura abatutsi, uyu muyoboke ukomeye wa MDR-Power yanabafashije kubona ibikoresho bifashishije muri Jenoside, nk’imodoka, imipanga, gerenade n’ibindi. Inkiko zose zo muri Finland, kuva ku rw’ibanze kugeza ku rw’ikirenga, zamuhamije uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi  babarirwa mu 5.000 muri Nyakizu no mu nkengero zayo,maze akatirwa bidasubirwaho igihano cyo gufungwa burundu.

Yageze muri Finland muw’2003 avuye mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, akaba yarabifashijwemo n’abayobozi n’abayoboke b’ Itorero ry’Ababatisita muri icyo gihugu. Ahamaze imyaka 4 nibwo ubushinjacyaha bwatangiye kumunuganuga kubera amakuru yabageragaho buri munsi,avuga ko Finland icumbikiye umwicanyi kabombo. Yahise atabwa muri yombi ndetse abajenosideri bagenzi be n’ababashyigikiye bavuza induru bamugira umwere, ariko ntibyagira icyo bimufasha  kuko byarangiye ahamwe n’icyaha.

Ibi rero bikwiriye kubera isomo n’abandi bajenosideri bakihishashisha kimwe n’abagerageza kuyobya uburari, kuko ibihugu byinshi byatangiye kumenya ukuri ku marorerwa bakoze, ndetse kubakingira ikibaba bizagera ubwo birangira. Urugero rwa ruharwa Kabuga Felisiyani rwakababereye isomo rihagije. Icyaha cya Jenoside ntigisaza!!

 

 

2021-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Ubwanditsi 19 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musore  nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera  ‘ Agapapu ‘
HIRYA NO HINO

Musore nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera ‘ Agapapu ‘

Ubwanditsi 30 May 2017

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye
INKURU NYAMUKURU

Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru