• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nk’uko bisanzwe iyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byegereje, abajenosideri n’ababashyigikiye babyutsa ibikorwa bigamije gukomeretsa abarokotse iyo Jenoside. Nguko uko bahagurukira gutagatifuza abayigizemo uruhare, bakagera n’aho bavuga ko abakatiwe n’inkiko bamaze guhamwa n’uruhare rutaziguye muri Jenoside, barekurwa ”kuko ibyo bakoze bitaremereye nk’ibihano bahawe”.

Nubwo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi barushaho kwiyongera, twakwishimira ko hari ibihugu byamaze kumva uburemere bw’ibyaha by’abajenosideri, bamwe birabafata abandi biboherereza ubutabera bw’u Rwanda ngo baryozwe amahano bakoreye Igihugu cyabo n’isi yose muri rusange. Urugero ruheruka ni urw’ urukiko rwa Helsinki muri Finland, rwongeye gutera utwatsi ukwitetesha  kwa Ruharwa Faransisiko Bazaramba n’abamushyigikiye, basabaga ko yarekurwa, akidegembya ngo kuko imyaka 14 amaze muri gereza ihagije “ku muntu ushaje cyane kandi  wakatiwe arengana”.

Nk’uko rwari rwabigenje muri Mutarama 2019 urukiko rw’ubujurire  rwongeye kwibutsa Bazaramba ko ntawe ukwiye kugereranya Jenoside n’igihano, uko cyaba kingana kose, kuko icyaha cya jenoside gifite uburemere ntagereranywa. Rwibukije kandi ko Bazaramba adashobora kuvuga ko yarenganye, ngo kuko ibyo amategeko ateganya byose byiyambajwe kugirango ahabwe ubutabera buboneye, ari nayo mpamvu urubanza rwe rwamaze imyaka 5 yose. Uru rukiko rero rwongeye kwanga ubusabe bwa Bazaramba, rutegeka ko  aguma muri gereza aho azamara ubuzima bwe bwose nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga aho muri Finland mu Ukwakira 2012.

Faransisiko Bazaramba w’imyaka 72 yavukiye mu yahoze ari Komini Nshili, Perefegitura ya Gikongoro, aza kuba“Pasitori” mu itorero ry’Ababatisita mu yahoze ari Komini Nyakizu mu Majyepfo y’uRwanda. “umurimo w’Imana” yawubangikanyaga n’iyamamazabugome, dore ko abatangabuhamya amagana bamushinje ko atatinyaga kuvuga mu ruhame ko Abatutsi bagomba kwicwa.

Uretse gushishikariza Abahutu kurimbura abatutsi, uyu muyoboke ukomeye wa MDR-Power yanabafashije kubona ibikoresho bifashishije muri Jenoside, nk’imodoka, imipanga, gerenade n’ibindi. Inkiko zose zo muri Finland, kuva ku rw’ibanze kugeza ku rw’ikirenga, zamuhamije uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi  babarirwa mu 5.000 muri Nyakizu no mu nkengero zayo,maze akatirwa bidasubirwaho igihano cyo gufungwa burundu.

Yageze muri Finland muw’2003 avuye mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, akaba yarabifashijwemo n’abayobozi n’abayoboke b’ Itorero ry’Ababatisita muri icyo gihugu. Ahamaze imyaka 4 nibwo ubushinjacyaha bwatangiye kumunuganuga kubera amakuru yabageragaho buri munsi,avuga ko Finland icumbikiye umwicanyi kabombo. Yahise atabwa muri yombi ndetse abajenosideri bagenzi be n’ababashyigikiye bavuza induru bamugira umwere, ariko ntibyagira icyo bimufasha  kuko byarangiye ahamwe n’icyaha.

Ibi rero bikwiriye kubera isomo n’abandi bajenosideri bakihishashisha kimwe n’abagerageza kuyobya uburari, kuko ibihugu byinshi byatangiye kumenya ukuri ku marorerwa bakoze, ndetse kubakingira ikibaba bizagera ubwo birangira. Urugero rwa ruharwa Kabuga Felisiyani rwakababereye isomo rihagije. Icyaha cya Jenoside ntigisaza!!

 

 

2021-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Ubwanditsi 29 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda
Mu Rwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi
ITOHOZA

Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru