Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda, FRVB, ryatangaje ko amakipe 14 yo mu bihugu bine birimo u Rwanda, Uganda, Kenya na Benin ariyo ategerejwe i Kigali mu Irushanwa Mpuzamahanga ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rizaba kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 21 Kamena 2026.
Mu bagore, u Rwanda ruzahagararirwa na Kepler VC, APR VC, Police VC na RRA VC, mu gihe Uganda izaba ihagarariwe na KCB Nkumba VC naho Kenya ihagararirwe na KPA VC, aba bose bazaba bahatanira igikombe gifitwe na Police WVC yacyegukanye umwaka ushize wa 2025.
Mu bagabo, amakipe azahagararira u Rwanda ni Kepler VC, Police VC, Gisagara VC, REG VC, RP Ngoma VC na APR VC. Uganda izitabira iri rushanwa ihagarariwe na Sky VC, mu gihe Benin izazana Finances VC, aha ikipe ya REG VC niyo yari yegukanye igikombe giheruka.
Kuri uyu wa Kane saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba (18:00), hateganyijwe inama ya tekiniki ibera mu cyumba cy’inama cya Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS), aho hazatangarizwa uko amakipe azagabanywa mu matsinda ndetse n’imiterere y’imikino y’iri rushanwa.
Iri rushanwa ritegerejweho guhuza amakipe akomeye yo mu karere no gukomeza kwimakaza ubutumwa bwo kwibuka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze muri siporo.






