• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa kane tariki 19 Kanama 2021 kuri Hilltop Hotel, Perezida wa FERWAFA yagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abayobozi b’amakipe yo mu kiciro cya kabiri igamije kurebera hamwe imigendekere myiza y’amarushanwa ahuza ayo makipe yo mu kiciro cya kabiri.

Ku ruhande rwa FERWAFA, iyi nama yari yitabiriwe na Perezida bwana MUGABO N. Olivier, Visi Perezida bwana HABYARIMA Marcel, Umunyamabanga Mukuru bwana UWAYEZU F. Régis ndetse n’abandi bakozi bo mu Bunyamabanga Bukuru bwa FERWAFA.

Atangiza iyi nama, Perezida wa FERWAFA bwana MUGABO N. Olivier yabanje gushimira abitabiriye inama ndetse abashishikariza gutanga ibitekerezo biganisha ku cyatuma Shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo igenda neza.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Bwana UWAYEZU F. Régis yabanje gusobanurira abayobozi b’amakipe ibikubiye mu mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 azakurikizwa muri ayo marushanwa. Yagaragaje inshingano za FERWAFA ndetse n’iz’amakipe kimwe n’ibihano biteganyijwe mu gihe ingingo ziri muri ayo mabwiriza yaba atubahirijwe.

Kimwe mu byo Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasobanuye mu mpinduka zabaye ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 mu gihe cy’amarushanwa ‘’FERWAFA RETURN TO PLAY GUIDELINES’’ ni ingingo yategekaga ko abakinnyi babana yavuguruwe kuri iyi nshuro amarushanwa akaba azakinwa abakinnyi bataha mu ngo zabo. Cyakora amakipe abyifuza akaba afite uburenganzira bwo gukina abakinnyi babana.

Mubyavuye mu nama nyunguranabitekerezo yahuje impande zombi yanzuye ko amakipe agomba kwiyandikisha mu gihe cya vuba kuko biteganyijwe ko amakipe agomba gutangira imyitozo guhera ku itariki ya 25 Kanama 2021, ndetse amarushanwa akazatangira ku itariki ya 18-19 Nzeri 2021.

Biteganyijwe ko imikino ya 1/8 ibanza izakinwa ku itariki ya 21-22 Nzeri naho imikino yo kwishyura izakinwa ku ya 24-25 Nzeri 2021, kimwe cya kane ku mukino ibanza izakinwa kuya 27-28 Nzeri iyo kwishyura yo ikazakinwa ku ya 30 Nzeri na 1 Ukwakira 2021.

Kimwe cya kabiri imikino ibanza izakinwa kuya 4 -5 Ukwakira mu gihe iyo kwishyura izakinwe kuya 7-8 Nzeri 2021, umwanya wa gatatu wo uzakinwa ku itariki ya 10 Ukwakira 2021 naho umukino wa nyuma ari nawo uzagaragaza amakipe abiri agomba gusimbura AS Muhanga ndetse na Surise FC uzakinwa kuya 11 Ukwakira 2021.

Nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, amakipe yashishikarijwe kwihutira kwiyandikisha kwitabira aya marushanwa kuko ari kimwe mu bizashingirwaho mu gihe cyo kunoza Ingengabihe ya Shampiyona y’Ikiciro cya kabiri mu bagabo.

Ikindi ni uko abayobozi b’amakipe y’Ikiciro cya kabiri bishimiye kuba Shampiyona igiye kuba nyuma y’igihe kinini yarahagaritswe kubera ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

2021-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Ubwanditsi 24 May 2021
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023
Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021
Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Ubwanditsi 02 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza
POLITIKI

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Donald Trump yiyeguriye Imana
POLITIKI

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016
CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga
ITOHOZA

CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru