• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Hashize iminsi mike imbunga z’itangazamakuru zikorera kuri Internet zirengera cyangwa zashinzwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakwirakwiza inkuru zivuga ku mibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside bashingiye  ku ibaruwa yanditswe na Diyane Rwigara .

Abacitse ku icumu rya Jenoside ya korewe Abatutsi mu Rwanda no ku isi bafite inzego zibahagarariye kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’igihugu binyuze mu muryango IBUKA uharanira uburenganzira n’inyungu by’abacitse ku icumu. Abagize izo nzego ni abarokotse Jenoside baba bahagarariye abandi. Ese Diane ni muntu ki ujya kuvugira abacitse ku icumu? Ese kuki ibaruwa ye yakiriwe neza n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa se abiyemeje kuyihakana? Igisubizo kiroroshye: Diane Rwigara yavuze ibyo abakoze Jenoside cyangwa abayihakana bavuga, muri make yakwirakwije uburozi bwabo.

Ni gute uvugira abantu bakakwamagana? Diane Rwigara yamaganwe n’inzego z’abarokotse Jenoside kuko nta rwego ahagarariye, ikindi yakwirakwije ibihuha mu izina ry’abarokotse. Usibye Diane Rwigara, umuryango we wose ufite ubushuti n’abakoze Jenoside cyangwa se abayihakana, cyane cyane ko mbere ya Jenoside izo nshuti zabo zari mu nzego z’ubutegetsi bw’igihugu, abandi bari mu bucuruzi, bakishyira hamwe ngo barwanye ubutegetsi bw’u Rwanda buyobowe na FPR Inkotanyi.

Reka ntange urugero rumwe, mu gihugu cy’u Bubiligi tariki ya 10 Werurwe 2018, nyina wabo wa Diane Rwigara, Gwiza Tabita yafashe ijambo mu nteko y’abakoze Jensoide n’abayihakana mu nama bari bafite mu Bubiligi ngo yo gutanga “igihembo” kitiriwe Ingabire Victoire , noneho atangiye ijambo nako uburozi bwe, yabanje guhagurutsa Nyina wa Ingabire Therese Dusabe nawe wahamijwe ibyaha bya Jenoside muri Gacaca, amubwira ko yabyaye intwari, nuko ahabwa amashyi menshi.

Therese Dusabe akaba na Nyina wa Ingabire, yari umukuru w’ikigo nderabuzima cya Butamwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe abatutsi mucyahoze ari Komine Butamwa akaba yari afitanye ubucuti n’abayobozi biyo Komini. Therese Dusabe kandi yicishije Abagore b’Abatutsikazi bari ku kigo nderabuzima aho bapfomojwe inda zabo. Inkiko gacaca zamukatiye gufungwa burundu akaba aricyo gihano gikuru adahari kuko yibera mu Buholandi

Ibaruwa ya Diyane Rwigara yaje ikurikiye ibyari bimaze iminsi bivugwa na Ingabire Victoire, nawe yiha kuvugira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi. Ahari kuko atumvikanye cyane, Diyane Rwigara yakomeje ubutumwa bwa Ingabire ngo kuko abuvuze bwakumvikana kubera uwo ariwe.

Diane Rwigara icyambere ntazi ubukana n’ubugome bwaranze Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ntiyari mu gihugu n’igihe Abatutsi bakandamizwaga imyaka myinshi we n’umuryango we bariho neza kuko bari ku ibere kubera gusangira ubucuruzi na Habyarimana n’Ingabo ze. Ariko niyo waba wararokotse Jenoside, ntabwo wabyitwaza ngo uyipfobye cyangwa uyihakane: Ibi Kizito Mihigo arabizi neza kuko yabikoze akanabisabira imbabazi, icyo cyaha kandi kiri muri 16 biregwa Callixte Nsabimana wiyise Sankara kandi nawe yaracyemeye.

Abantu bibuka uburyo nyina wa Diyane Rwigara, yatutse inzego z’umutekano ngo ni interahamwe zo ku rwego rwo hejuru. Yaba Diane Rwigara, Nyina umubyara, Jonathan Musoneza, Callixte Nshimiyimana……kwitwaza ko wahakana Jenoside cyangwa ukayipfobya wihishe inyuma ya Politiki cyangwa wiyita ko warokotse bagomba kumenya ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Bagomba kumenya gutandukanya ibintu bibiri. Hari Jenoside yakorewe Abatutsi ikaba ari icyaha cyakorewe inyoko muntu ndetse na Politiki. Bashobora gukora Politiki batitwaje Jenoside cyangwa abayirokotse. Naho gushaka gutandukanya FPR n’abayirokotse ni ugutandukanya umwana na Nyina kuko abarokotse bariho kubera FPR Inkotanyi yabarokoye ikaba ikomeje kwita ku mibereho yabo imyaka 25 irashize. Bagomba kwibuka ko utanga ubuhamya wese asoza agira ati, bagiye kuntema nuko inkotanyi ziraza, bagiye kunshyira mu musarani nuko inkotanyi ziraza……………

2019-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Editorial 09 Jan 2016
Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Editorial 29 Aug 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Editorial 20 Jun 2018
Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Editorial 23 Jul 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Innocent
    July 23, 201912:02 pm -

    Ikibazo nuko amategeko atubahirizwa kimwe kuri bose kuko uyu mukobwa iyo agumishwa muri gereza akarangiza igihano cye ntabwo aba ari mu kwaha kw’abaduhekuye. I byo akora byo kwitandukanya n’abarokotse jenoside akabagambanira abyita politike bizamushagisha nabi.Ese ye muri za nama Ingabire yavuzwemo gukoresha mu burasirazuba yumvishe hari umututsi yifuza ( Nubwo Leta yunze abanyarwanda batakirebera muri izo ngirwa moko) Gukorana nawe.Kandi kuri Ingabire ndakekako iyo avuga abatutsi aba ahereye no kubarokotse Jenoside hanyuma uwo mwana w’umukobwa akumvako kose we urwo rwango Rwa Ingabire rutamureba? Akwiye gusuzumwa mu mutwe.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru