• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Ubwanditsi 28 Oct 2018 ITOHOZA

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, IGP Martin Okoth Ochola yambuye amapeti abapolisi bayahawe n’uwahoze ari umuyobozi wa Polisi, Gen. Kale Kayihura.

Ubutumwa bwahawe bamwe mu bayobora inzego zigize igipolisi cya Uganda buvuye kwa IGP Ochola buvuga ko yasabye lisiti y’abapolisi bahawe amapeti na Gen. Kayihura.

Inkuru dukesha Spyreports ivuga ko  abagizweho ingaruka n’icyemezo cya ochola ari abafite amapeti akurikira: kaporali( Corporal), Serija( Sergeant),  Insupekita wungirije wa Polisi (Assistant Inspector of police (AIP) na Insupekita wa Polisi Inspector of police (IP).

Iyi nkuru ivuga ko abenshi muri aba basomye kuri uyu muti usharira barimo abo muri inite ya 145 yatorejwe  ahitwa Butiaba mu 2014 ku bufatanye n’Abanyekoreya.

Aba ngo barazira ko Kayihura ubwo yasozaga amahugurwa yabo yabahaye amapeti kuva kuri kaporali kugeza kuri Serija ariko ntagire ijambo na rimwe avuga ribemeza ku mugaragaro nk’abahawe aya mapeti.

Umwe mu bantu ba hafi n’igipolisi avuga ko Gen. Kayihura yari yarigize Mibambwe Gisanura, rugabishabirenge kuko ngo igihe cyose yabaga agiye gusoza amahugurwa y’abapolisi akumva arishimye yahitaga atanga amapeti uko yishakiye.

Yagize ati” Abofisiye benshi bafite amapeti babonye mu buryo bunyuranye n’amategeko bahawe ku  buyobozi bwa Gen. Kayihura. Igihe cyose yumvaga yishimye yahitaga atanga amapeti kandi ntavuge ijambo ryemeza ko azamuye abapolisi mu ntera”

Uyu avuga ko Gen. Kayihura atigeze yubahiriza amabwiriza agenga Akanama Ngishwanama ka Polisi ya Uganda (PAC) ku bijyanye no gutanga amapeti.

Ibi ni byo bitumye  ASP Awali, AIP Benson Nkolekwa, AIP Arinda, ASP Betty Adongo bakorera muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora bamanurwa bagashyirwa ku ipeti rya  AIP na AIP.

IGP Ochola kandi yatanze amabwiriza yo gukora iperereza ku bapolisi bakoraga bayobowe n’undi ushinjwa  kugira uruhare mu gushimuta Lt. Joel Mutabazi ,SSP Nixon Agasirwe. Muri aba harimo  ASP Kidandi Ayubu, ASP Fred Muhirwe, IP lyada, IP Abel na Sgt. Otuke.

Aba nabo barakekwaho ko bashobora kuba barahabwaga amapeti na Kayihura mu buryo budahwitse.

2018-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi

Uganda: Bobi Wine yacitse polisi yashakaga kumuta muri yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Ubwanditsi 17 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu
ITOHOZA

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Ubwanditsi 05 Jan 2019
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25
UBUKUNGU

#Kwibohora25 : Impinduka zidasanzwe mu iterambere ry’ubukungu mu myaka 25

Ubwanditsi 05 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru