• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ’Les Bleus’ yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi kiri kubera mu Burusiya, nyuma yo gutsinda iy’u Bubiligi ’Les Diables Rouges’ igitego kimwe ku busa.

Igitego rukumbi gisezereye u Bubiligi muri ½ cy’iyi mikino cyatsinzwe na myugariro w’u Bufaransa na FC Barcelone, Samuel Umtiti, n’umutwe, ku munota wa 51 w’umukino, ku mupira wari uvuye muri koruneri utewe na Antoine Griezmann.

Uyu mukino waberaga mu mujyi wa Saint Petersburg kuri uyu wa 10 Nyakanga 2018, wagaragayemo imbaraga nyinshi ku mpande zombi.

Rutahizamu w’umufaransa Olivier Giroud yagowe no kubona igitego mu izamu ryari ririnzwe na Thibaut Coutois. Byasabye Abafaransa iminota 6 ya mbere y’igice cya kabiri cy’umukino ngo babone igitego kimwe ari nacyo cyabahesheje intsinzi.

Nyuma y’ishoti rya Giroud ryakuwemo na Vicent Kompany akawushyira hanze, Antoine Grienzmann yazamuye umupira uturutse muri koruneri, usanga Umtiti wari wazamutse cyane maze awuterana Marouane Fellaini, umuzamu Courtois ahindukira asanga igitego cyagezemo.

Ababiligi bakoze ibishoboka byose ngo bishyure igitego, aho banyuze bagasanga abasore ba Didier Deschamps barimo Pavard, Varane, Umtiti, Hernandez, Paul Pogba n’abandi bahagaze neza inyuma, bashyira iherezo ku ndoto z’Ababiligi zo kuba batwara Igikombe cy’Isi ku nshuro yabo ya mbere mu mateka.

Wari umukino wa kabiri u Bubiligi bukinnye muri ½ mu Gikombe cy’Isi, kuko ku nshuro ya mbere ari ubwo batsindwaga Argentine mu 1986.

U Bufaransa buzahura ku mukino wa nyuma n’ikipe izarokoka hagati ya Croatia n’u Bwongereza kuri uyu wa Gatatu.

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa iyobowe n’umutoza Didier Deschamps igeze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 20 igitwaye. Deschamps wari mu ikipe y’u Bufaransa yacyegukanye mu 1998, ari gukora ibishoboka ngo akore amateka yo kugitwara noneho ari umutoza.

Abafaransa barafata indege berekeza mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, aho bazakinira umukino wa nyuma kuri Stade nkuru y’igihugu “Luzhniki Stadium” yakira abantu bagera ku 81000, ku wa 15 Nyakanga.

Samuel Umtiti yashyizemo igitego n’umutwe

Samuel Umtiti mu byishimo nyuma yo gitsinda igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uyu mukino

Samuel Umtiti wavukiye i Yaoundé muri Cameroon na Pogba ufite inkomoko muri Guinée bafite uburyo bishimiramo igitego

Eden Hazard yagerageje ibishoboka ariko u Bubiligi bubura igitego

Hugo Loris w’u Bufaransa yakoze ibishoboka byose arinda izamu rye

Thibaut Courtois yagerageje gukuramo imipira myinshi yatewe n’abafaransa

Umtiti watsinze igitego ahoberana n’umutoza Didier Deschamp

Bamwe bishwe n’agahinda abandi basabwa n’ibyishimo ku ifirimbi ya nyuma

2018-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Ubwanditsi 22 Dec 2021
Nyuma yo gukubitana  amakofe  n’ umugabo we Umuhanzi kazi Fille agiye kwibaruka

Nyuma yo gukubitana amakofe n’ umugabo we Umuhanzi kazi Fille agiye kwibaruka

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo
SHOWBIZ

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Imirimo yo gusana  Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Imirimo yo gusana Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera

Ubwanditsi 20 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru