• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ’Les Bleus’ yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi kiri kubera mu Burusiya, nyuma yo gutsinda iy’u Bubiligi ’Les Diables Rouges’ igitego kimwe ku busa.

Igitego rukumbi gisezereye u Bubiligi muri ½ cy’iyi mikino cyatsinzwe na myugariro w’u Bufaransa na FC Barcelone, Samuel Umtiti, n’umutwe, ku munota wa 51 w’umukino, ku mupira wari uvuye muri koruneri utewe na Antoine Griezmann.

Uyu mukino waberaga mu mujyi wa Saint Petersburg kuri uyu wa 10 Nyakanga 2018, wagaragayemo imbaraga nyinshi ku mpande zombi.

Rutahizamu w’umufaransa Olivier Giroud yagowe no kubona igitego mu izamu ryari ririnzwe na Thibaut Coutois. Byasabye Abafaransa iminota 6 ya mbere y’igice cya kabiri cy’umukino ngo babone igitego kimwe ari nacyo cyabahesheje intsinzi.

Nyuma y’ishoti rya Giroud ryakuwemo na Vicent Kompany akawushyira hanze, Antoine Grienzmann yazamuye umupira uturutse muri koruneri, usanga Umtiti wari wazamutse cyane maze awuterana Marouane Fellaini, umuzamu Courtois ahindukira asanga igitego cyagezemo.

Ababiligi bakoze ibishoboka byose ngo bishyure igitego, aho banyuze bagasanga abasore ba Didier Deschamps barimo Pavard, Varane, Umtiti, Hernandez, Paul Pogba n’abandi bahagaze neza inyuma, bashyira iherezo ku ndoto z’Ababiligi zo kuba batwara Igikombe cy’Isi ku nshuro yabo ya mbere mu mateka.

Wari umukino wa kabiri u Bubiligi bukinnye muri ½ mu Gikombe cy’Isi, kuko ku nshuro ya mbere ari ubwo batsindwaga Argentine mu 1986.

U Bufaransa buzahura ku mukino wa nyuma n’ikipe izarokoka hagati ya Croatia n’u Bwongereza kuri uyu wa Gatatu.

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa iyobowe n’umutoza Didier Deschamps igeze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 20 igitwaye. Deschamps wari mu ikipe y’u Bufaransa yacyegukanye mu 1998, ari gukora ibishoboka ngo akore amateka yo kugitwara noneho ari umutoza.

Abafaransa barafata indege berekeza mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, aho bazakinira umukino wa nyuma kuri Stade nkuru y’igihugu “Luzhniki Stadium” yakira abantu bagera ku 81000, ku wa 15 Nyakanga.

Samuel Umtiti yashyizemo igitego n’umutwe

Samuel Umtiti mu byishimo nyuma yo gitsinda igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uyu mukino

Samuel Umtiti wavukiye i Yaoundé muri Cameroon na Pogba ufite inkomoko muri Guinée bafite uburyo bishimiramo igitego

Eden Hazard yagerageje ibishoboka ariko u Bubiligi bubura igitego

Hugo Loris w’u Bufaransa yakoze ibishoboka byose arinda izamu rye

Thibaut Courtois yagerageje gukuramo imipira myinshi yatewe n’abafaransa

Umtiti watsinze igitego ahoberana n’umutoza Didier Deschamp

Bamwe bishwe n’agahinda abandi basabwa n’ibyishimo ku ifirimbi ya nyuma

2018-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025
Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Ubwanditsi 28 Sep 2020
Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ubwanditsi 05 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi
ITOHOZA

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Ubwanditsi 05 Oct 2016
“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare
INKURU NYAMUKURU

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020
Uko  Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )
Mu Mahanga

Uko Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Ubwanditsi 17 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru