• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tariki 10 Ukwakira buri mwaka, isi yose izirikana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, bagashishikarizwa kwivuza, kuko iyo bavuwe hakiri kare barakira. Ikibazo ariko ni uko kenshi ufite uburwayi bwo mu mutwe atabimenya, bikaba bibi kurushaho iyo abandi babimubwira agahakana.

Buri wese kandi afite inshingano zo kwita ku bafite ibibazo byo mu mutwe. Niyo mpamvu uyu ari umwanya mwiza wo gutabariza Umunyarwanda David Himbara wasariye ku mabarabara yo muri Amerika, kubera ibiyobyabwenge byamurenze.

uburwayi bwa Himbara bugaragarira mu binyabasazi yirirwamo ku mbuga nkoranyambaga, yiyita “impuguke” mu bukungu, ariko wareba ibyo yandika ukibaza niba ahubwo  yaranakandagiye mu ishuri.  

Umurwayi wo mu mutwe ashobora kwiyita”umudereva w’indege” kandi ataranayikandagiramo. Yakwiyita“Musenyeri”kandi ataranabatijwe. Muri make umusazi agira ibyo asarana, nk’uko Himbara yasaranye kwiyita impuguke mu bukungu, akabivanga no kwibasira uRwanda asesengura ubukungu bwarwo mu buryo bwe bwa gisazi.

Ikikwereka ko Himbara yacanganyukiwe, uyu munsi avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazambye kubera”imiyoborere mibi”, ejo akaza akubwira ko ubukungu bw’uRwanda bwazamutse kubera “ibyo ruvana mu bikorwa bya gisirikari rurimo mu bihugu binyuranye”. 

Dore nk’ubu Himbara aratayanjwa ngo uRwanda rukijijwe n’amafaranga ruhabwa na Repubulika ya Santarafurika, Mozambike n’ahandi rufite ingabo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano.

Bwana Himbara, waba warasomye nibura ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikari uRwanda rwagiranye n’ibyo bihugu? Wabonye iyihe ngingo ivuga ko u Rwanda ruzohereza ingabo muri Santarafurika, Mozambike cyangwa muri Benin, rukazahabwa ingurane y’amafaranga cyangwa iy’amasoko nk’uko ubikwiza ku mbuga nkoranyambaga?

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, ntawema gusobanura ko ibibazo by’Abanyafrika bizakemurwa nabo ubwabo, ari nayo u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu warwo, nta kindi kiguzi rubitegerejemo. Yavuze kenshi ko u Rwanda rwatereranywe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isomo rwakuyemo rero ni ukudatererana abandi bari mu kaga, ari nayo mpamvu rwohereza ingabo zarwo hirya no hino, nta yindi nyungu rubifitemo uretse kubona nta maraso y’inzirakarengane ameneka. Intumva nka Himbara nizo zonyine zitabikozwa, ariko biranumvikana kuko kugirira abandi impuhwe bikorwa n’abafite umutima wa kimuntu.

Perezida wa Mozambike, Fillip Nyusi, nta munsi adashimira  abapolisi n’abasirikari b’u Rwanda ubwitange buziranga mu kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado yamaze imyaka myinshi mu maboko y’ibyihebe. Imvune bahura nayo wayishyura amafaranga angahe murwayi Himbara?

Kuva ingabo z’u Rwanda zagera muri Repubulika ya Santarafurika ibintu byasubiye mu buryo, ndetse Perezida Faustin-Archange Touadéra n’abaturage ayoboye, bavuga ko nta kiguzi babonera ubuhanga n’umurava biranga ababashubije ubuzima.

Bwana Himbara David, uretse n’ubusazi, unafite ipfunwe ko u Rwanda rutera imbere atabigizemo uruhare. Iri terambere niba ariryo rigusaza rero, urakomerewe kuko Abanyarwanda biyemeje kuvana amaboko mu mifuka bagakora, aho gutungwa n’ibisabano nkawe.

Ujya gukira uburwayi araburata, Bwana Himbara. Kuri iyi tariki tuzirikana abafite ibibazo byo mu mutwe, nawe emera ko urwaye, kandi uzavurwa ukire.

Ikindi reka urumogi kuko narwo ari intandaro y’ibibazo ufite, kandi uce ukubiri no gusebya Igihugu cyakubyaye, kuko gutatira igihango byakuviriyemo umuvumo, nawo ukuviramo ibisazi. 

 

2022-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Umwarimu yatewe inda  n’Umwana  yigisha

Umwarimu yatewe inda n’Umwana yigisha

Ubwanditsi 18 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE
Mu Rwanda

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)
IMIKINO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza
Amakuru

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru