• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tariki 10 Ukwakira buri mwaka, isi yose izirikana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, bagashishikarizwa kwivuza, kuko iyo bavuwe hakiri kare barakira. Ikibazo ariko ni uko kenshi ufite uburwayi bwo mu mutwe atabimenya, bikaba bibi kurushaho iyo abandi babimubwira agahakana.

Buri wese kandi afite inshingano zo kwita ku bafite ibibazo byo mu mutwe. Niyo mpamvu uyu ari umwanya mwiza wo gutabariza Umunyarwanda David Himbara wasariye ku mabarabara yo muri Amerika, kubera ibiyobyabwenge byamurenze.

uburwayi bwa Himbara bugaragarira mu binyabasazi yirirwamo ku mbuga nkoranyambaga, yiyita “impuguke” mu bukungu, ariko wareba ibyo yandika ukibaza niba ahubwo  yaranakandagiye mu ishuri.  

Umurwayi wo mu mutwe ashobora kwiyita”umudereva w’indege” kandi ataranayikandagiramo. Yakwiyita“Musenyeri”kandi ataranabatijwe. Muri make umusazi agira ibyo asarana, nk’uko Himbara yasaranye kwiyita impuguke mu bukungu, akabivanga no kwibasira uRwanda asesengura ubukungu bwarwo mu buryo bwe bwa gisazi.

Ikikwereka ko Himbara yacanganyukiwe, uyu munsi avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazambye kubera”imiyoborere mibi”, ejo akaza akubwira ko ubukungu bw’uRwanda bwazamutse kubera “ibyo ruvana mu bikorwa bya gisirikari rurimo mu bihugu binyuranye”. 

Dore nk’ubu Himbara aratayanjwa ngo uRwanda rukijijwe n’amafaranga ruhabwa na Repubulika ya Santarafurika, Mozambike n’ahandi rufite ingabo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano.

Bwana Himbara, waba warasomye nibura ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikari uRwanda rwagiranye n’ibyo bihugu? Wabonye iyihe ngingo ivuga ko u Rwanda ruzohereza ingabo muri Santarafurika, Mozambike cyangwa muri Benin, rukazahabwa ingurane y’amafaranga cyangwa iy’amasoko nk’uko ubikwiza ku mbuga nkoranyambaga?

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, ntawema gusobanura ko ibibazo by’Abanyafrika bizakemurwa nabo ubwabo, ari nayo u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu warwo, nta kindi kiguzi rubitegerejemo. Yavuze kenshi ko u Rwanda rwatereranywe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isomo rwakuyemo rero ni ukudatererana abandi bari mu kaga, ari nayo mpamvu rwohereza ingabo zarwo hirya no hino, nta yindi nyungu rubifitemo uretse kubona nta maraso y’inzirakarengane ameneka. Intumva nka Himbara nizo zonyine zitabikozwa, ariko biranumvikana kuko kugirira abandi impuhwe bikorwa n’abafite umutima wa kimuntu.

Perezida wa Mozambike, Fillip Nyusi, nta munsi adashimira  abapolisi n’abasirikari b’u Rwanda ubwitange buziranga mu kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado yamaze imyaka myinshi mu maboko y’ibyihebe. Imvune bahura nayo wayishyura amafaranga angahe murwayi Himbara?

Kuva ingabo z’u Rwanda zagera muri Repubulika ya Santarafurika ibintu byasubiye mu buryo, ndetse Perezida Faustin-Archange Touadéra n’abaturage ayoboye, bavuga ko nta kiguzi babonera ubuhanga n’umurava biranga ababashubije ubuzima.

Bwana Himbara David, uretse n’ubusazi, unafite ipfunwe ko u Rwanda rutera imbere atabigizemo uruhare. Iri terambere niba ariryo rigusaza rero, urakomerewe kuko Abanyarwanda biyemeje kuvana amaboko mu mifuka bagakora, aho gutungwa n’ibisabano nkawe.

Ujya gukira uburwayi araburata, Bwana Himbara. Kuri iyi tariki tuzirikana abafite ibibazo byo mu mutwe, nawe emera ko urwaye, kandi uzavurwa ukire.

Ikindi reka urumogi kuko narwo ari intandaro y’ibibazo ufite, kandi uce ukubiri no gusebya Igihugu cyakubyaye, kuko gutatira igihango byakuviriyemo umuvumo, nawo ukuviramo ibisazi. 

 

2022-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo

Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 28 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisoro:  Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi
INKURU NYAMUKURU

Kisoro: Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Icyo  RDF  Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa
Mu Rwanda

Icyo RDF Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Ubwanditsi 29 Aug 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru