• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Ubwanditsi 21 Feb 2017 ITOHOZA

Umucuruzi Kayitare Jean Bosco ukorera ibikorwa by’ubucuruzi muri Angola araregwa Ubwambuzi no guhohotera abakozi b’abanyarwanda yajyanye muri Angola bunyago.

Kayitare ni nyiri uruganda MANIMEX-Angola abakozi akoresha mu ruganda abakura mu Rwanda nk’abacakara bagerayo akabatera ubwoba, akabambura Passport baziyeho z’inyarwanda akabaha ibyangombwa by’ubuhunzi nabyo by’ibihimbano.

-5745.jpg

Jean Bosco Kayitare n’Umugore we

Kubera ko abo banyarwanda akura cyane cyane mu mujyi wa Kigali n’ahandi mu ntara aba yabijeje ibitangaza ko bagiye gukira yabagezayo akabakoresha uburetwa, Igihe kirekire bakora amasaha y’ikirenga badahembwa kandi ntabashe kubishyurira ibibatunga, ahubwo akabatera ubwoba arinako uteye hejuru amufungisha, bagatinya kubera ko ntabyangombwa byo mu rwanda baba bagifite, ahubwo abaha ibyemezo by’impunzi aba yabasabiye mu buyobozi atanze ruswa, uteye hejuru yohereza Police na Convocation ikamutambikana hafi kumwohereza mu Rwanda kungufu.

Bamwe muri abo bakozi bagera kuri 40, hari abahisemo kuvuga akarengane kabo bandikira Ambasade y’u Rwanda muri Angola ariko ntibabona igisubizo, abo ni Masabarakiza Abed, wishyuza ibihumbi 36 USD, uyu akaba amaze imyaka 12, muri Angola muri ubwo buretwa, Rukundo Jean Damascene wishyuza ibihumbi 22,5 USD akaba amaze imyaka 7 na Kibibi Prosper wishyuza ibihumbi 20 USD, akaba amaze imyaka 5, abandi bajyanywe bunyago bahisemo kujya kwihisha muzindi ntara no gushakisha yo ikibatunga kuko ntabyangombwa bagira byabagarura mu Rwanda, babaho nk’impunzi.

-5746.jpg

Ibaruwa bandikiye Ambasade y’u Rwanda muri Angola babura igisubizo

Nguko uko bamwe muri aba bakozi bandikiye ikinyamakuru Rushyashya batabaza, banasaba gukorerwa ubuvugizi kuri Guverinoma y’u Rwanda, bati:

Bwana muyobozi wa Rushyashya tubandikiye tubasaba ubuvugizi kuko twagerageje kumenyekanisha akababaro kacu duterwa n’umugabo witwa Kayitare Jean Bosco ukorera inaha muri Angola twagerageje kwandikira Ambassade yacu inaha Angola tubamenyesha akarengane twahuye nako ariko ntitwabasha kubona igisubizo.

-5744.jpg

Ibyangombwa bya Jean Bosco Kayitare akoresha muri Angola

Twitabaje , abatwunganira munkiko ariko kuberako inkiko z’Angola zitaratangira gukora, zizatangira mukwezi kwa Gatatu bisabako tuba dutegereje.

Kubera icyo kibazo dukomeje gihigwa no gukorerwa ihohoterwa kubera ko Kayitare Jean Bosco byamwanze munda ashakisha aba police aha Ruswa, taliki 11/02/2017 baza mungo zacu aho dutuye hari nka 3h00´, zijoro baraduhambira batujyana kuri police yapanzeko baherako batwuriza indege kungufu itugeza mu Rwanda nkabandi banyabyaha bose.

Twamenye ko yari yaguze n’amatike yindege ariko tugezeyo tubasobanurira uko biteye ubwo aba avocat bacu barabasobanurira kuko icyokibazo kiri mu rukiko barangije baraturekura.

Kubera ko Police y’Angola mugace dutuyemo yaguzwe na Kayitare, kugeza ubu ntawukirara hamwe kuberako dushobora kugirirwa nabi, kugirango haburizwemo uburenganzira bwacu dusaba cyane ko ntamutekano dufite.

Turacyashakisha Kayitere Jean Bosco kuri telefone akoresha muri Angola 923422469 kugirango tumubaze iby’iki kibazo ariko ntarabasha kuboneka kumurongo we wa telefone, kimwe niza baramu be na murumuna we akoresha muri urwo ruganda ntibitaba telefone zo mu rwanda.

Turacyabitohoza..

Cyiza D.

2017-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 10 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Ubwanditsi 06 Nov 2021
Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame
INKURU NYAMUKURU

Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’
UBUKUNGU

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru