• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016 ITOHOZA

Mu myaka 15 ishize hagiye hagaragara umwuka mubi hagati y’ibihugu by’ibihangage cyane cyane hagati ya Leta zunzu ubumwe z’Amerika, Uburusiya n’Ubushinwa. Kuri ubu ibintu byarushijeho kuba bibi kuburyo hatagize igikorwa bigaragara ko amazi agiye kurenga inkombe.

Abasomyi b’iyi nkuru batwumve neza ntabwo ari uguhahamura abasomyi bacu cyangwa kubaha inkuru zibihuha ahubwo iyi nkuru niyo kubakangura kugira ngo mubone ko ibyo mubona, musoma cg mwumva mu makuru atandukanye ko bitaba kubusa ahubwo bifite aho bigana. Dushaka kubakebura kuko benshi bimbwira ko mu gihe tugezemo nta ntambara ya gatatu y’isi yabaho nkaho izirimo kuba nko muri Syria, Yemen, Ukraine, n’ahandi zitarimo gukorwa nabo bashobora guteza intambara ya gatatu y’isi.

Ikibazo nyamukuru rero ibihugu byibihanganye bikaba bishobora kuba bigiye gupfa imitungo kamere iri muduce bashaka kwigarurira, politike,kwerekana imbaraga za gisirikare n’ibindi.

-4617.jpg

-4616.jpg

-4618.jpg

Intwaro z’Uburusiya

Tuzabagezaho inkuru zitandukanye zuko iki kibazo giteye, ubu tukaba tugiye kubabwira ku kibazo gikomeye cy’ukuntu umuryango wa NATO : North Atlantic Treaty Organization) n’Uburusiya bakomeje kwitegura intambara ikomeye ishobora kuvuka hagati yabo.

Twabibutsa ko uyu muryango wa NATO ugizwe ubu n’ibihugu 28 kumwanya wa mbere hari Amerika, ukaba warashinzwe 1949 nyuma gato y’intambara ya kabiri y’isi icyo gihe wari ugizwe n’ibihugu bike ibindi bigenda byiyongeramo.

-4614.jpg

Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin

Ikirimo kuvugwa ubu giteye icyoba ni uko muri uku kwezi k’ Ugushyingo 2016 nibwo Umunyamabanga Mukuru wa NATO Jens STOLTENBERG yatangarije abanyamakuru ko mu mezi abiri ari imbere bazaba bamaze gutegura ingabo (abasirikare) ibihumbi magana atatu 300.000 n’ibikoresho bikomeye birimo indege z’intambara, kuburyo bashobora gutera cg gukoma imbere ibitero bikanga by’igihugu cy’UBURUSIYA. Kwegeranya izi ngabo byari byabanjirijwe n’imyitozo ikomeye y’abasirikare benshi bava mu bihugu by’uyu muryango wa NATO mugikorwa cyari cyiswe “Operation ANAKONDA 2016”

Aha twabibutsa ko mu kwezi gushize igihugu cy’uburusiya nacyo cyakoresheje imyitozo abaturage bacyo bagera kuri Miliyoni mirongwine (40.000.000) hatabariwemo abazibakoreshaga bagera kubihumbi Magana abiri ngo kuko nabo bikanga ko NATO yazabatera ikoresheje ibitwaro bya kirimbuzi bita (nuclaire arms). Ikindi kandi hari imyitozo itandukanye ya gisirikare irimo gukorwa hagari y’ingabo z’Ubushinwa n’Uburusiya ngo bakaba barasinye n’amasezerano akomeye mu gutabarana.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango NATO, bwana JENS Stoltenberg ukomoka muri NORWAY yagize ati: “Kuva mu mwaka w’I 2000 igisirikare cy’Uburusiya cyiyubatse kuburyo bukomeye none biragaragara ko babangamiye umutekano w’ibihugu biri muri uyu muryango ntidushobora kubyihanganira.”

Jens STOLTENBERG yongeye kubwira itangazamakuru ko igihugu cy’Uburusiya kimaze imyaka igera kuri 15 gikora imyitozo ya gisirikare ikomeye, kuburyo bafite icyo barimo bitegura ngo ibyo ntabwo ari ikintu bagomba gusuzugura. Yongeyeho aya magambo ati: “Twabonye uko kiriya gihugu gikora icyengezamatwara mubihugu bitandukanye ndetse no kubyiyegereza bitwereka ko natwe tugomba kugira icyo dukora tutajenjetse”.

Yakomeje avuga ko bababajwe cyane n’imyitozo ya gisirikare ingabo z’Uburusiya zakoranye n’igihugu cya SERBIAN akaba ari hafi y’imipaka igize ibihugu bya NATO kandi perezida Putin ngo yari yarabemereye ko batazayikora.

Kurundi ruhande perezida w’UBURUSIYA Vradimil PUTIN nawe aherutse gutangaza amagambo akomeye ubwo yahamagazaga itangazamakuru ababwira ko Amerika niramuka idahinduye imyitwarire intambara itazabura kuba. Ikindi kandi yikomye Amerika kubera abasirikare bayo n’ibikoresho ikomeje kujyana mubihugu byegereye uburusiya bigize umuryango wa NATO avuga ko kwihangana kuzagira aho kugarukira.

-4619.jpg

Ese Perezida mushya w’amerika Trump Donald hari icyo azakora

Nubwo igihugu cya Amerika kimaze kubona umuperezida mushya Donald TRUMP bigasa naho azumvikana n’Uburusiya, ibi ntawabihamya. Akenshi muri biriya bihugu ibyo biyamamaza bavuga birabagora kubishyira mubikorwa kuko ibyemezo bidafatwa na perezida uba uriho wenyine, aha twabibutsa nkigihe Obama yiyamamazaga avuga ko azahita afunga ikigo cy’imfungwa z’I Guantanamo akaba agiye kurangiza manda ebyiri itarafungwa. Ibi bikaba byerekana ko umuperezida ugiyeho hari umurongo aba agenderaho adakora ibyo ashatse byose.

-4615.jpg

Ingabo za NATO

Inararibonye mu byumutekano witwa IGOR SUTYAGIN ubarizwa muri the Royal united services Institute for Defence and Security Studies yagize icyo avuga kuri iki kibazo agira ati: “ Uburusiya bushaka kwereka Amerika na NATO ko ntacyo babutwara kandi ko nabwo bwabakanga, nabo bakabwereka ko noneho bibaye ngombwa babusanga kumipaka yabwo”.

Yakomeje avuga ko ibi bishobora kubyara ibyo abantu benshi batekereza ko bidashoboka byavamo intambara yatwara ubuzima bw’abantu benshi kubera intwaro zakoreshwa kuko Putin yatangaje ko azakoresha Bombe nuclaire naramuka atewe na Amerika cyangwa NATO. Yongeyeho ko gukusanya ingabo zingana kuriya ari ibintu bisaba ingengo nini cyane ati abantu ntabwo bashora amafaranga menshi mugikorwa nkiki ntacyo bateganya.

Ikindi kigaragaza ko iki kibazo cyafashe indi ntera ni ukuntu Perezida w’Uburusiya Vladimir PUTIN mu minsi ishize yakomeje gukangurira abaturage be kujya gufata ingofero (gas masks) zambarwa mugihe hari ibyuka byuburozi bitewe ahantu. Yavugiye kuri TV ko buri muryango ugomba kumenya aho ugomba kujya mubwihisho bwakozwe na Leta mugihe haba hatewe ibisasu by’uburozi.

Icyiyongeye kuri ibi, Putin aherutse gusaba abarusiya bafite imiryango mubihugu by’I Burayi na Amerika kubagarura vuba bishoboka, ariko ntiyasobanuye impamvu.
Bigaragara ko abivuga akomeje azi impamvu zabyo.

Biragaragara ko ku isi umutekano utameze neza biturutse ku mpamvu zitandukanye. Ibi rero byatera kwibaza buri wese niba uko tubona ibintu bigenda birusha kuba bibi bidashobora kubyara ikintu cyazatuma hagwa imbaga y’abantu mugihe nicyo twita International Community isa naho itakibaho buri wese akora icyo ashaka.

Biracyaza…….

Hakizimana Themistocle

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Ubwanditsi 07 Jun 2017
Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye

Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 31 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana
Amakuru

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Ubwanditsi 07 Jul 2021
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe
Amakuru

Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Ubwanditsi 05 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru