• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016 ITOHOZA

Mu myaka 15 ishize hagiye hagaragara umwuka mubi hagati y’ibihugu by’ibihangage cyane cyane hagati ya Leta zunzu ubumwe z’Amerika, Uburusiya n’Ubushinwa. Kuri ubu ibintu byarushijeho kuba bibi kuburyo hatagize igikorwa bigaragara ko amazi agiye kurenga inkombe.

Abasomyi b’iyi nkuru batwumve neza ntabwo ari uguhahamura abasomyi bacu cyangwa kubaha inkuru zibihuha ahubwo iyi nkuru niyo kubakangura kugira ngo mubone ko ibyo mubona, musoma cg mwumva mu makuru atandukanye ko bitaba kubusa ahubwo bifite aho bigana. Dushaka kubakebura kuko benshi bimbwira ko mu gihe tugezemo nta ntambara ya gatatu y’isi yabaho nkaho izirimo kuba nko muri Syria, Yemen, Ukraine, n’ahandi zitarimo gukorwa nabo bashobora guteza intambara ya gatatu y’isi.

Ikibazo nyamukuru rero ibihugu byibihanganye bikaba bishobora kuba bigiye gupfa imitungo kamere iri muduce bashaka kwigarurira, politike,kwerekana imbaraga za gisirikare n’ibindi.

-4617.jpg

-4616.jpg

-4618.jpg

Intwaro z’Uburusiya

Tuzabagezaho inkuru zitandukanye zuko iki kibazo giteye, ubu tukaba tugiye kubabwira ku kibazo gikomeye cy’ukuntu umuryango wa NATO : North Atlantic Treaty Organization) n’Uburusiya bakomeje kwitegura intambara ikomeye ishobora kuvuka hagati yabo.

Twabibutsa ko uyu muryango wa NATO ugizwe ubu n’ibihugu 28 kumwanya wa mbere hari Amerika, ukaba warashinzwe 1949 nyuma gato y’intambara ya kabiri y’isi icyo gihe wari ugizwe n’ibihugu bike ibindi bigenda byiyongeramo.

-4614.jpg

Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin

Ikirimo kuvugwa ubu giteye icyoba ni uko muri uku kwezi k’ Ugushyingo 2016 nibwo Umunyamabanga Mukuru wa NATO Jens STOLTENBERG yatangarije abanyamakuru ko mu mezi abiri ari imbere bazaba bamaze gutegura ingabo (abasirikare) ibihumbi magana atatu 300.000 n’ibikoresho bikomeye birimo indege z’intambara, kuburyo bashobora gutera cg gukoma imbere ibitero bikanga by’igihugu cy’UBURUSIYA. Kwegeranya izi ngabo byari byabanjirijwe n’imyitozo ikomeye y’abasirikare benshi bava mu bihugu by’uyu muryango wa NATO mugikorwa cyari cyiswe “Operation ANAKONDA 2016”

Aha twabibutsa ko mu kwezi gushize igihugu cy’uburusiya nacyo cyakoresheje imyitozo abaturage bacyo bagera kuri Miliyoni mirongwine (40.000.000) hatabariwemo abazibakoreshaga bagera kubihumbi Magana abiri ngo kuko nabo bikanga ko NATO yazabatera ikoresheje ibitwaro bya kirimbuzi bita (nuclaire arms). Ikindi kandi hari imyitozo itandukanye ya gisirikare irimo gukorwa hagari y’ingabo z’Ubushinwa n’Uburusiya ngo bakaba barasinye n’amasezerano akomeye mu gutabarana.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango NATO, bwana JENS Stoltenberg ukomoka muri NORWAY yagize ati: “Kuva mu mwaka w’I 2000 igisirikare cy’Uburusiya cyiyubatse kuburyo bukomeye none biragaragara ko babangamiye umutekano w’ibihugu biri muri uyu muryango ntidushobora kubyihanganira.”

Jens STOLTENBERG yongeye kubwira itangazamakuru ko igihugu cy’Uburusiya kimaze imyaka igera kuri 15 gikora imyitozo ya gisirikare ikomeye, kuburyo bafite icyo barimo bitegura ngo ibyo ntabwo ari ikintu bagomba gusuzugura. Yongeyeho aya magambo ati: “Twabonye uko kiriya gihugu gikora icyengezamatwara mubihugu bitandukanye ndetse no kubyiyegereza bitwereka ko natwe tugomba kugira icyo dukora tutajenjetse”.

Yakomeje avuga ko bababajwe cyane n’imyitozo ya gisirikare ingabo z’Uburusiya zakoranye n’igihugu cya SERBIAN akaba ari hafi y’imipaka igize ibihugu bya NATO kandi perezida Putin ngo yari yarabemereye ko batazayikora.

Kurundi ruhande perezida w’UBURUSIYA Vradimil PUTIN nawe aherutse gutangaza amagambo akomeye ubwo yahamagazaga itangazamakuru ababwira ko Amerika niramuka idahinduye imyitwarire intambara itazabura kuba. Ikindi kandi yikomye Amerika kubera abasirikare bayo n’ibikoresho ikomeje kujyana mubihugu byegereye uburusiya bigize umuryango wa NATO avuga ko kwihangana kuzagira aho kugarukira.

-4619.jpg

Ese Perezida mushya w’amerika Trump Donald hari icyo azakora

Nubwo igihugu cya Amerika kimaze kubona umuperezida mushya Donald TRUMP bigasa naho azumvikana n’Uburusiya, ibi ntawabihamya. Akenshi muri biriya bihugu ibyo biyamamaza bavuga birabagora kubishyira mubikorwa kuko ibyemezo bidafatwa na perezida uba uriho wenyine, aha twabibutsa nkigihe Obama yiyamamazaga avuga ko azahita afunga ikigo cy’imfungwa z’I Guantanamo akaba agiye kurangiza manda ebyiri itarafungwa. Ibi bikaba byerekana ko umuperezida ugiyeho hari umurongo aba agenderaho adakora ibyo ashatse byose.

-4615.jpg

Ingabo za NATO

Inararibonye mu byumutekano witwa IGOR SUTYAGIN ubarizwa muri the Royal united services Institute for Defence and Security Studies yagize icyo avuga kuri iki kibazo agira ati: “ Uburusiya bushaka kwereka Amerika na NATO ko ntacyo babutwara kandi ko nabwo bwabakanga, nabo bakabwereka ko noneho bibaye ngombwa babusanga kumipaka yabwo”.

Yakomeje avuga ko ibi bishobora kubyara ibyo abantu benshi batekereza ko bidashoboka byavamo intambara yatwara ubuzima bw’abantu benshi kubera intwaro zakoreshwa kuko Putin yatangaje ko azakoresha Bombe nuclaire naramuka atewe na Amerika cyangwa NATO. Yongeyeho ko gukusanya ingabo zingana kuriya ari ibintu bisaba ingengo nini cyane ati abantu ntabwo bashora amafaranga menshi mugikorwa nkiki ntacyo bateganya.

Ikindi kigaragaza ko iki kibazo cyafashe indi ntera ni ukuntu Perezida w’Uburusiya Vladimir PUTIN mu minsi ishize yakomeje gukangurira abaturage be kujya gufata ingofero (gas masks) zambarwa mugihe hari ibyuka byuburozi bitewe ahantu. Yavugiye kuri TV ko buri muryango ugomba kumenya aho ugomba kujya mubwihisho bwakozwe na Leta mugihe haba hatewe ibisasu by’uburozi.

Icyiyongeye kuri ibi, Putin aherutse gusaba abarusiya bafite imiryango mubihugu by’I Burayi na Amerika kubagarura vuba bishoboka, ariko ntiyasobanuye impamvu.
Bigaragara ko abivuga akomeje azi impamvu zabyo.

Biragaragara ko ku isi umutekano utameze neza biturutse ku mpamvu zitandukanye. Ibi rero byatera kwibaza buri wese niba uko tubona ibintu bigenda birusha kuba bibi bidashobora kubyara ikintu cyazatuma hagwa imbaga y’abantu mugihe nicyo twita International Community isa naho itakibaho buri wese akora icyo ashaka.

Biracyaza…….

Hakizimana Themistocle

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Ubwanditsi 30 Nov 2016
Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda
ITOHOZA

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Abari abayobozi bakuru muri FDLR, La Forge Fils Bazeye n’ Abega bagejejwe imbere y’Urukiko
INKURU NYAMUKURU

Abari abayobozi bakuru muri FDLR, La Forge Fils Bazeye n’ Abega bagejejwe imbere y’Urukiko

Ubwanditsi 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru