• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018 ITOHOZA

Igihugu cya Uganda kirashinjwa kuyobereza intwaro zivuye mu Burayi mu gihugu cya Sudani y’Epfo mu gihe Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye ibihano Sudani y’Epfo biyibuza kugura ibikoresho by’intambara. Haravugwa n’indege ya gisirikare yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hatazwi uko yageze muri iki gihugu.

Raporo y’ikigo cyo mu bwongereza gikora ubushakashatsi ku ntwar ahabera amakimbirane, yasohotse kuri uyu wa Kane, itariki 29 Ugushyingo, yazamuye ibibazo ku bufasha bwa Uganda kuri Guverinoma ya Sudani y’Epfo mu gihe yigira nk’idafite aho ibogamiye mu makimbirane abera muri iki gihugu.

Iyi nkuru dukesha VOA ivuga ko impande zihanganye muri Sudani y’Epfo muri Nzeri zasinye amasezerano yo guhagarika intambara yari imaze imyaka 5 yahitanye abantu hafi 400,000. Ni nyuma y’aho amasezerano yabanje yarenzweho intambara ikubura.

Iyi raporo igaragaza ukuntu ibuza ryo kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo ku mpande zihanganye ritashyizwe mu bikorwa nk’uko umuyobozi w’iki kigo cyo mu Bwongereza, James Bevan yabitangaje.

Raporo ivuga ko Uganda yaguze imbunda n’amasasu mu bihugu bitatu biri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi; Bulgaria, Romania na Slovakia, nyuma zikohererezwa Igisirikare cya Sudani y’Epfo n’imitwe yitwara gisirikare bikorana.

Izi ntwaro ngo zikaba zaroherejwe muri Sudani y’Epfo mbere y’uko Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni gafatira embargo Sudani y’Epfo mu ntangiriro z’uyu mwaka, ariko nyuma y’aho E.U yari yamaze gufatira iki gihugu ibi bihano.

Ku ntwaro zavuye muri Bulgaria, muri iyi raporo havugwamo ko Sudani y’Epfo yegereye Uganda nayo igakoresha ibyangombwa byayo mpuzamhanga biyemerera kugura intwaro bias nk’aho ari izigenewe Igisirikare cya Uganda, mu gihe mu by’ukuri zari iza Sudani y’Epfo.

Ntiharamenyekana neza kandi niba Uganda yaragambanye mu kuyobereza amasasu yari avuye muri Romania na Slovakia muri Sudani y’Epfo mu 2015. Amasasu amwe ngo akaba yarabonetse mu nyeshyamba zikorana bya hafi na Guverinoma ya Sudani y’Epfo.

Guverinoma ya Uganda ikaba itarasubije ibimenyetso yohererejwe, mu gihe umuvugizi w’igisirikare, Brig. Richard Karemire yatangarije Associated Press ko atarabona iyi raporo.

Gusa yagize ati: “Kuri twe dushyigikiye inzira y’amahoro muri Sudani y’Epfo.”

Sudani y’Epfo yateye utwatsi iyi raporo

Minisitiri w’itangazamakuru wa Sudani y’Epfo, Michael Makuei Lueth yamaganye iyi raporo avuga ko ari fake.

Avugana na AP yagize ati: “Nta nubwo dufite amafaranga yo kugura intwaro kandi ubu dukeneye amafaranga y’amasezerano y’amahoro.”

Yakomeje asa nk’uwishongora kandi yemeza ibivugwa muri iyi raporo agira ati: “Niba EU yaratambukishije embargo ku ntawro ibyo ni ibyabo, ariko twe mu bihugu bya Afurika, ntabwo turi abanyamuryango ba E.U kandi ntitugengwa nayo.”

Naho ku kijyanye n’ibihugu izi ntwaro zaturutsemo, iyi raporo ivuga ko nta kigaragaza ko bifite uruhare cyangwa byari bizi ko zizoherezwa muri Sudani y’Epfo.

Uruhare rw’ibigo byigenga

Iyi raporo inasobanura ukuntu hari umurongo (network) uhuriweho n’ibigo by’Abagande n’Abanyamerika, bigenzurwa n’u Bwongereza, Israel, Abagande n’Abanyamerika, bagurishije muri Sudani y’Epfo indege y’intambara, yavuye muri Amerika, n’indege ikora ubugenzuzi yakorewe muri Autrichia, kimwe muri ibi bigo byahaye igisirikare cya Sudani y’Epfo mu 2015 no mu 2016.

Hagendewe ku buhamya n’inyandiko z’ubugure, raporo ivuga ko yasanze ikigo kitwa Yamasec, ari cyo cyohereje izo ndege zombie muri Sudani y’Epfo. Iyi ndege y’Abanyamerika yo ikaba yaroherejwe muri Sudani y’Epfo mu 2016 nyuma yo gukoreshwa n’Igisirikare cya Uganda.

2018-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Ubwanditsi 08 Sep 2016
UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

Ubwanditsi 26 Jun 2018
DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 15 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa
IKORANABUHANGA

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59
Amakuru

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo
Amakuru

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo

Ubwanditsi 27 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru