• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019 ITOHOZA

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rugiye gusubukura urubanza Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo yishyuzamo Uganda miliyari 10 z’amadorali ya Amerika, kubera uruhare rw’ingabo zayo mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu.

Kuva mu 1997 kugeza 2003 ingabo za Uganda zari ku butaka bwa Congo.

Uru rukiko rukorera mu Buholandi rwatangaje ko “Kuva tariki 18 kugeza 20 Gashyantare 2019, ruzumva ikibazo cy’ibikorwa by’ingabo za Uganda ku butaka bwa Congo.”

Ubutegetsi bwa Uganda ntibwigeze bukozwa na gato ibyo kwishyura iyi mpozamarira ya miliyari $10 RDC isaba, kuko buhakana ibirego byo kuvuga ko ingabo zayo zayisahuye.

Uru rukiko rwagiye rugerageza gushyira igitutu ku mpande zombi kugira ngo zigere ku masezerano.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda, Okello Oryem, yagize ati “Kinshasa yananiwe kugaragaza ibyo ishingiraho ku birego byayo kugira ngo natwe tube twakwemera ibyo badushinja, bagomba gutanga ibimenyetso bigaragaza impamvu bavuga aya mafaranga.”

Ubutegetsi bwa Uganda bukunze kuvuga ko bwagiye ku butaka bwa Congo bubisabwe na Laurent-Désiré Kabila wari Perezida w’iki gihugu.

Uganda yatangaje ko Kabila ari we wari ukeneye ingabo zabo ndetse n’izo mu Rwanda kugira ngo bavaneho ubutegetsi bwa Perezida Mobutu mu 1997 nk’uko ikinyamakuru La Libre cyabitangaje.

Muri Nyakanga 1998 ubucuti bw’akadasohoka hagati y’ubutegetsi bwa Perezida Kabila na Yoweri Museveni bwararangiye.

Muri Kanama uwo mwaka, Perezida Laurent-Desire Kabila yahise ategeka ingabo z’amahanga zari mu gihugu kuva ku butaka bwacyo, ariko iza Uganda ntizigeze zubahiriza ubu busabe, zavuye muri Congo mu 2003.

RDC yashinje Uganda ko ingabo zayo zafashe igihugu ndetse zihonyora uburenganzira bwa muntu, zikora ibikorwa bya gisirikare birimo gutera inkunga no gufasha imitwe yarwanyaga ubutegetsi bwari bushya no gusahura umutungo kamere.

Abacamanza baburanira Congo bifuza miliyari 10 z’amadorali nk’impozamarira, Uganda yo ikavuga ko idashaka kumva umubare w’aya mafaranga.

Kuva mu 2014 ibihugu byombi byatangiye ibiganiro muri Afurika y’Epfo, byongera guhura mu 2016. Uganda yari yasabye ko yahabwa andi mezi 16 kugira ngo iyi dosiye ihindurwe mu Cyongereza kuko iri mu gifaransa.

2019-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.
Amakuru

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana
Mu Mahanga

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubwanditsi 19 Sep 2016
ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘
Mu Mahanga

ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru