• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019 ITOHOZA

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rugiye gusubukura urubanza Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo yishyuzamo Uganda miliyari 10 z’amadorali ya Amerika, kubera uruhare rw’ingabo zayo mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu.

Kuva mu 1997 kugeza 2003 ingabo za Uganda zari ku butaka bwa Congo.

Uru rukiko rukorera mu Buholandi rwatangaje ko “Kuva tariki 18 kugeza 20 Gashyantare 2019, ruzumva ikibazo cy’ibikorwa by’ingabo za Uganda ku butaka bwa Congo.”

Ubutegetsi bwa Uganda ntibwigeze bukozwa na gato ibyo kwishyura iyi mpozamarira ya miliyari $10 RDC isaba, kuko buhakana ibirego byo kuvuga ko ingabo zayo zayisahuye.

Uru rukiko rwagiye rugerageza gushyira igitutu ku mpande zombi kugira ngo zigere ku masezerano.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda, Okello Oryem, yagize ati “Kinshasa yananiwe kugaragaza ibyo ishingiraho ku birego byayo kugira ngo natwe tube twakwemera ibyo badushinja, bagomba gutanga ibimenyetso bigaragaza impamvu bavuga aya mafaranga.”

Ubutegetsi bwa Uganda bukunze kuvuga ko bwagiye ku butaka bwa Congo bubisabwe na Laurent-Désiré Kabila wari Perezida w’iki gihugu.

Uganda yatangaje ko Kabila ari we wari ukeneye ingabo zabo ndetse n’izo mu Rwanda kugira ngo bavaneho ubutegetsi bwa Perezida Mobutu mu 1997 nk’uko ikinyamakuru La Libre cyabitangaje.

Muri Nyakanga 1998 ubucuti bw’akadasohoka hagati y’ubutegetsi bwa Perezida Kabila na Yoweri Museveni bwararangiye.

Muri Kanama uwo mwaka, Perezida Laurent-Desire Kabila yahise ategeka ingabo z’amahanga zari mu gihugu kuva ku butaka bwacyo, ariko iza Uganda ntizigeze zubahiriza ubu busabe, zavuye muri Congo mu 2003.

RDC yashinje Uganda ko ingabo zayo zafashe igihugu ndetse zihonyora uburenganzira bwa muntu, zikora ibikorwa bya gisirikare birimo gutera inkunga no gufasha imitwe yarwanyaga ubutegetsi bwari bushya no gusahura umutungo kamere.

Abacamanza baburanira Congo bifuza miliyari 10 z’amadorali nk’impozamarira, Uganda yo ikavuga ko idashaka kumva umubare w’aya mafaranga.

Kuva mu 2014 ibihugu byombi byatangiye ibiganiro muri Afurika y’Epfo, byongera guhura mu 2016. Uganda yari yasabye ko yahabwa andi mezi 16 kugira ngo iyi dosiye ihindurwe mu Cyongereza kuko iri mu gifaransa.

2019-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru