• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Ubwanditsi 15 Mar 2021 Amakuru, ITOHOZA

Amaze kubona ko imizinga igiye kuvamo imyibano, Paul Rusisibiranya, umufurama w’i Murama mu Rwanda ho mu Bubiligi yasanze amagambo agiye gushira ivuga, maze  ahitamo kwinyonyombera  ngo atazamanjirwa imbere y’abamwita”intwari”. Nguko uko yaciye urubanza rutaranatangira, ubwo yavugaga ko ngo nta butabera yizeye, ahitamo kuzaburanishwa intebe ye iriho ubusa.

Abafana be barabyishimiye, kuko uretse no kwivana mu rubanza, na mbere ntibifuzaga ko agezwa mu nkiko, kuko bazi igihano gikwiriye umugome nkawe. Uretse  ibimenyetso simusiga bimuremereye yarasanzwe azi,  ibintu byarushijeho kumubana insobe ubwo ishumi ye Callixte NSABIMANA Alias Sankara yatangiraga kwemera ibyaha byose akurikiranyweho, akanasobanura ko Rusesabagina Rusisibiranya wari umukuriye mu mutwe w’iterabwoba MRCD/FLN, nawe akwiye kubiryozwa.

Sankara agitangira gutanga ibimenyetso bifatika n’ ingero  zirimo amafaranga Rusisibiranya yakusanyije aje guhohotera inzirakarengane mu Rwanda, uyu musaza wiyita Umubiligi yakanuye amaso, icyuya kiramurenga, abura ayo acira nayo amira. Nyuma y’ibyari bimaze kuvugwa na Sankara, yibazaga icyo azasubiza kubyo abandi baregwa hamwe bazamushinja, dore ko barimo n’abakoloneli 2 bagaragarije ubushinjacyaha ko ibyo bakoze byose babitegetswe na Rusesabagina.

Umwunganizi we Rudakemwa  yahise yihina hanze kumva amabwiriza y’asanzwe boshya “intwari y’i Hollyhood” mu marorerwa ye. Me Rudakemwa akigaruka mu cyumba cy’iburanisha yongoreranye na  Rusisibiranya, maze uyu nawe yongera kumva inama zimuroha, nta gutekereza ku ngaruka z’icyemezo cye,ahita amenyesha urukiko ko atazagaruka mu rubanza. Nta yandi mahitamo kuko ariwe, ari n’abafana be, bari bamaze kumva neza ko ntacyo bazavuga imbere y’isi yose, kuko urubanza rwari rubaye urucabana.

Abanyamategeko b’abahanga bavuga ko kwikura mu rubanza ku bushake kenshi uregwa ariwe ubihomberamo, kuko nyine  aba yiyimye amahirwe yo kwiregura. Rusesabagira rero yasanze ntacyo afite cyo kwireguza ahitamo kuzakanirwa urumukwiye adahari. Abo banyamategeko bavuga ko iyo bigenze bitya, umunyamategeko wunganira uregwa akomeza guhagararira”umukiliya’’we, nawe yabyanga urukiko rufatanyije n’Urugaga rw’abavoka bagashyiraho undi munyamategeko ubifitemo ubuhanga n’uburambe, ku nyungu z’uregwa,ubutabera n’abaregera indishyi.

Ibi byarabaye mu manza zo mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha, aho Gen Gratien Kabiligi, Ngeze Hassan na Jean Bosco Barayagwiza banze gukomeza urubanza baregwagamo uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi urubanza rwarakomeje kugeza ruciwe. Hassan Ngeze na Barayagwiza bo baranakatiwe,uretse ko Barayagwiza yapfuye atarangije igihano.

Abasesenguzi ariko bavuga ko uretse n’ikimwaro cyo kurazabona ibyo asobanura ku byaha bimuhama,hari n’ikindi cyateye Rusesabagina kwanga kuburana. Icya mbere n’uko ngo yizeye inkunga y’abamushoye muri ibi byose, bazashyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, akarekurwa ataburanye. Icya kabiri,  yanze kuzabazwa ku bamufashije mu mugambi we mubisha, barimo na Edgar Lungu, Perezida wa Zambia wakomeje kuvugwa muri iki kibazo.  Kwanga kuburana kandi abibonamo iturufu yo gutinza urubanza ngo ruzacibwe atakiriho, bityo  nanapfa(uretse ko nta n’ubimwifuriza) azagende akiri umwere, n’abaregera indishyi bazategereze bahebe.

Paul Rusesabagina Rusisibiranya ntako atagize ngo abangamire urubanza. Ngaho yigize Umubiligi, azi neza  ko n’ubwo yakwitwa atyo bitabuza ubutabera bw’u Rwanda  kumuburanishiriza aho yakoreye ibyaha, mu Rwanda. Ibi yabonye bidafashe ati byari amakuru natangaga, ntibizafatwe nk’imbogamizi. Bukeye ati narashimuswe.Ibi nabyo ntibyamuhiriye kuko umutangabuhamya yivugiye uburyo yifashishije ubwenge bucye bwa Rusesabagina akamugeza aho agomba kuryozwa ubugome bwe.

Mu gukomeza kurushya iminsi, ati nkeneye mudasobwa n’ibindi bijyana nayo ukagirango agiye gushinga imprimerie. Ntako urukiko rutamugize nabyo rwarabimusabiye, ariko mu kuruhanya biteye icyo ni iki, ati ntabonye amezi nibura  6 ngo ncengere neza urubanza, yiyongera ku yandi 4 maze narahawe dosiye , sinzaburana. Rusesabagina rero, amazi ntakiri ya yandi.

Ntukiri mu gikondorero cy’ abagukingiraga ikibaba, ukavuna umuheha bakakongeza undi, bakogeza ngo uri za bihangange. Ubu uri mu maboko y’Abanyarwanda. Reka gukina ku mubyimba w’abo wiciye ababo,abo wasahuye, abo washimuse n’abo wangirije imitungo. Icyakora ubupfura wimye u Rwanda, uruteza imidugararo warangiza ukarwihakana, rwo ntiruzakugerera muri ako kebo. Ruzagufata nk’umwana w’ikirara ukeneye guhanwa, nubwo ugaragara nk’uwarenze ihaniro.

2021-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw

Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw

Ubwanditsi 06 Jan 2025
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Ubwanditsi 29 Dec 2024
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije
Amakuru

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Ubwanditsi 26 Aug 2021
Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu  ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23
Amakuru

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Ubwanditsi 14 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru