Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje amabwiriza mashya agomba kugenderwaho mu kwandikisha abakinnyi n’abatoza bazitabira umwaka w’imikino wa BK Pro League 2026-2027, risaba amakipe yose gukoresha uburyo bwa FIFA Connect Registration System mu bikorwa byose byo kwandikisha.
Mu itangazo FERWAFA yasohoye, yavuze ko kwandikisha bizareba abakinnyi n’abatoza bashya, mu gihe abatagomba kongera kwandikishwa ari abagumye mu makipe yabo, abongereye amasezerano ndetse n’abahinduye amakipe mu buryo bwemewe.
Mu mafaranga yashyizweho, umukinnyi w’umunyamahanga azajya yishyurirwa miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (2,000,000 Frw), mu gihe umukinnyi w’Umunyarwanda azajya yandikishwa ku mafaranga ibihumbi bitanu (5,000 Frw). Ku ruhande rw’abatoza, umunyamahanga azajya yandikishwa ku bihumbi 500 Frw, naho Umunyarwanda yishyurirwe ibihumbi 100 Frw.
FERWAFA yanashyizeho ibisabwa buri mukinnyi agomba kuba yujuje mbere yo kwandikishwa. Harimo kugira amasezerano yemewe yashyizweho umukono n’impande zombi kandi yemejwe na noteri, gutanga icyemezo cy’isuzuma ry’ubuzima (Medical Examination Report) ndetse n’icyemezo cy’ubwishingizi bw’ubuzima (Medical Insurance).
Aya mabwiriza kandi agaragaza ko buri kipe yemerewe gutiza abakinnyi batarenze batandatu (6), mu gihe ishobora kwakira abatijwe batarenze batatu (3). Nanone, amasezerano yo gutira no gutizwa ntarenza igihe cy’umwaka umwe.
Mu rwego rwo guteza imbere impano z’abakiri bato, FERWAFA yasabye ko buri kipe izakina muri BK Pro League 2026/2027 izajya igira nibura abakinnyi batatu (3) bari munsi y’imyaka 21.
Ku bijyanye n’ibihe byo kwandikisha, FERWAFA yagaragaje ko kwandikisha bwa mbere ku makipe bireba bizatangira ku wa 10 Kamena 2026 bisozwe ku wa 30 Kanama 2026, mu gihe igice cya rya kabiri kizafungurwa kuva ku wa 3 Mutarama kugeza ku wa 31 Mutarama 2027.
FERWAFA yasabye amakipe yose kubahiriza aya mabwiriza no kurangiza ibikorwa byo kwandikisha mu bihe byagenwe kugira ngo shampiyona ya BK Pro League 2026/2027 itangire nta mbogamizi zishingiye ku iyandikwa ry’abakinnyi n’abatoza.




