Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igaragaza FDLR nk’umutwe w’iterabwoba ukomeje kugira uruhare rukomeye mu guteza umutekano muke mu burasirazuba bw’iki gihugu no mu Rwanda.
Iyi raporo igaragaza FDLR mu mibare itandukanye: imitwe itatu, abayobozi bakuru nibura bane, abarwanyi FDLR yivugira barenga 10.000, ishami ryayo rya CRAP ryo rikavuga ko rifite abarenga 20.000, mu gihe Loni n’inzego z’ubutasi zivuga ko umubare wizewe uri hagati ya 3.500 na 4.500.
Iyi raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi. Ibyo bice ni FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP.
Iyi mitwe itatu yanahinduye amazina kugira ngo ihishe isano ifitanye. FDLR-FOCA yitwa “Bataillon jungle”, FDLR-RUD ikitwa “FDP-R”, naho FDLR-FPP ikitwa “FPP.” Ibi bigaragaza uburyo uyu mutwe wiyoberanya ariko ugakomeza ibikorwa bimwe.
Raporo ivuga ko abayobozi b’iyo mitwe itatu ari Abanyarwanda. Naho abarwanyi basanzwe bo ngo biganjemo Abahutu b’Abanyekongo.
Igaragaza Pacifique Ntawuguka, uzwi nka Gen Omega Israel ari umuyobozi wa gisirikare wa FDLR-FOCA. Lt Gen Gaston Iyamuremye uzwi nka Victor Byiringiro, ni umuyobozi wa politiki wa FDLR. Brig Gen Emmanuel Nsengiyumva uzwi nka Faida Hakimu ayobora FDLR-RUD. Col Dan Hategekimana uzwi nka Dan Simplice ayobora FDLR-FPP.
Nubwo iyi mitwe isa n’ikora ukwayo, raporo ivuga ko Gen Omega afatwa nk’umuyobozi rusange ugira uruhare rukomeye mu byemezo n’imishyikirano bireba ayo mashami yose. Ibi bivuze ko FDLR ifite amashami atandukanye ariko igakomeza kugira uburyo bwo guhuza ibikorwa.
Ku mibare y’abarwanyi, raporo igaragaza itandukaniro rikomeye. FDLR yivugira ko ifite abarwanyi barenga 10.000, kandi ko hafi kimwe cya kabiri cyabo ari bo bakora ibikorwa bya gisirikare bihoraho. Ishami rya FDLR-CRAP ryo ryavuze ko rifite abarwanyi barenga 20.000.
Ariko raporo igaragaza ko iyo mibare atari yo yizewe. Loni n’inzego z’ubutasi zigereranya ko FDLR yose ifite abarwanyi hagati ya 3.500 na 4.500. Amasezerano ya Washington yo yagereranyaga FDLR hagati ya 3.000 na 3.500 barwanyi. Ibi byerekana ko FDLR ishobora kuba ikoresha imibare minini mu kwigaragaza nk’umutwe ufite ingufu zirenze izo ifite.
Aho iyi mitwe ikorera na ho haragaragara muri iyi raporo. FDLR-RUD ikorera cyane muri Bwisha na Bwito muri Rutshuru. FDLR-RUD ikorera muri Jomba, Binza, Busanza na Bukoma. FDLR-FPP na yo ikorera muri Rutshuru. FDLR-FOCA, ari na yo nini, ikorera henshi muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane muri Nyiragongo, Masisi, Rutshuru na Walikale.
Raporo inagaragaza ko ishami rya FDLR-FOCA ryitwa CRAP ryivugira ko rifite imitwe ikora ku nkengero za Goma n’indi yacengeye muri uyu mujyi.
Aya ni amakuru akomeye cyane ku mutekano kuko Goma iri hafi y’umupaka w’u Rwanda. Kuba raporo ivuga ko hari imitwe ya FDLR yacengeye muri uwo mujyi bigaragaza ko ugifite ubushobozi bwo kwihisha mu duce tw’ingenzi no gukomeza guhungabanya umutekano.
Mu bijyanye n’imirwano, raporo ivuga ko FDLR yakomeje kugaragara ku rugamba muri Kivu y’Amajyaruguru. Hari aho abarwanyi bayo bakora bonyine, ahandi bagakorana n’ingabo za RDC (FARDC) cyangwa VDP/Wazalendo.
FARDC yatangaje ku wa 29 Werurwe 2026 ko yatangije ibikorwa byo kurwanya FDLR. Kuva ku wa 30 Werurwe, yohereje muri Walikale abasirikare bayo barimo imitwe yihariye izwi nka “Hiboux” cyangwa “jungle battalions” bavuye Kisangani, byitwa ko bagiye kurwanya uyu mutwe.
Ariko raporo igaragaza ko ubwo bushake bwo kurwanya FDLR bwakemanzwe. Ivuga ko nubwo hari amatangazo ya FARDC, abayobozi bamwe b’i Kinshasa n’abasirikare ba FARDC bari mu burasirazuba bwa RDC bijeje FDLR ko ibikorwa byo kuyirwanya bitazabaho.
Ku wa 7 Mata 2026, habaye inama y’ibanga i Pinga muri Walikale yahuje intumwa zikomeye z’i Kinshasa zirimo abajenerali ba FARDC, n’abahagarariye ubuyobozi bukuru bwa FDLR-FOCA. Raporo ivuga ko bafashe umwanzuro ko imikoranire ya FDLR na FARDC igomba gukomeza.
Raporo inavuga ko mu mpera za Werurwe 2026, kajugujugu ya FARDC yagejeje intwaro i Pinga zigenewe FDLR-FOCA. Izo ntwaro ngo zari zigenewe abarwanyi bayobowe na Gen Maj Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Kolomboka Niyo Tedium Mugisha, wari mu mirwano muri Masisi. Ibikoresho byakiriwe n’ishami rya FDLR-CRAP, nyuma risubira Masisi.
Ibi ngo ntibyabaye ubwa mbere. Raporo ivuga ko ibikorwa nk’ibyo byabaye no mu mpera za 2025, ubwo abarwanyi ba FDLR bayobowe n’uwitwa Togolais bakoreraga muri Bwito bajyaga kwakira ibikoresho n’amasasu i Pinga.
Hashingiwe ku masezerano y’amahoro ya Washington, FDLR yagombaga gusenywa. Inama yabereye Washington ku wa 17-18 Werurwe 2026 yagaragaje ahantu hatandatu hagombaga gukorerwa ibikorwa byo gusenya FDLR. Harimo hatanu muri Kivu y’Amajyaruguru na hamwe muri Kivu y’Amajyepfo.
Ibyo bice byiswe NAI (Named Areas of Interest). NAI ya mbere n’iya kabiri zari muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane muri Pinga-Mpeti-Lukweti, naho NAI ya gatatu ikaba muri misozi miremire yo muri Kivu y’Amajyaruguru, ariko itarimo Minembwe.
Amatariki y’ingenzi na yo agaragazwa na raporo. Ku wa 31 Werurwe 2026, ingabo za RDC zagombaga gutangira ibikorwa byo kurwanya FDLR muri NAI-1 mu bice bya Pinga-Lukweti.


