• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

ChimpReports ifite inkuru ivuga ku ntambara ikomeye umutwe wa Mai Mai uhanganyemo n’Abanyamulenge bivugwa ko bashyigikiwe na Gen Kayumba Nyamwasa, barwanira ku butaka bwa Congo Kinshasa hafi y’urubibi rw’u Burundi. Haribazwa niba iyi mirwano idashobora kuganisha ku ntambara yeruye mu bihugu by’aka Karere.

Ingabo ChimpReports ivuga ko zifite imyitozo ihagije zirafatanya n’inyeshyamba z’aba Mai Mai  kurwanya Abanyamulenge mu gace kitwa Minembwe, ngo zigamije kwigarurira ikibuga k’indege.

Abanyamulenge bo muri Kivu y’Epfo bafite amateka akomeye cyane muri ako gace, bivugwa ko bafite imitwe ikorana na Rwanda National Congress (RNC) yashinzwe na Gen Kayumba Nyamwasa, wakatiwe n’inkiko zo mu Rwanda gufungwa igihe kirekire kandi akamburwa impeta zose za gisirikare.

ChimpReports ivuga ko kuri uyu wa Gatatu abatuye muri biriya bice bayitangarije ko imirwano ikomeye yatangiye muri Werurwe ariko ikaza gukara cyane mu minsi mike ishize.

Bivugwa ko inyeshyamba za Mai-Mai zifatanyije n’umutwe Red Tabara urwanya ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza mu Burundi, zabonye ibikoresho bihambaye zikaba zirwanya Abanyamulenge zifatanyije.

Aba Mai Mai basenye ndetse batwika inzu n’indi mitungo by’Abanyamulenge mu duce dutuwe twa Mibunda, Tulambo na Malunde.

Imirwano ikomeye yabaye ku wa kabiri w’iki cyumweru nijoro.

Umwe mu baturage yabwiye ChimpReports ati “Inyeshyamba zadukubiyemo hagati (Abanyamulenge). Zirashaka kwigarurira ikibuga k’indege cya Minembwe mu gace ka Kiziba kugira ngo bige biborohera kuhageza ibikoresho n’abarwanyi.”

Kuki iyi mirwano ishobora gutuma ibihugu by’Akarere byinjira muri Congo?

ChimpReports ivuga ko iyi mirwano ishobora gutuma ibihugu by’Akarere byambuka bikaba byarwanira muri Congo Kinshasa.

Igihe inyeshyamba zakwigarurira ikibuga k’indege cya Minembwe, bishobora guha icyuho n’abandi benshi bifiza guhirika Perezida Pierre Nkurunziza bakifatanya n’izo nyeshyamba za Red Tabara.

Perezida Nkurunziza ntazarebera igihe inyeshyamba zimurwanya zaba zatsinze Abanyamulenge, zototera guhirika ubutegetsi bwe.

Burundi bushobora kongera ingabo nyinshi ku mupaka wabwo na Congo, ndetse byanaba ngombwa bukambuka kurwana kuri kiriya kibuga k’indege kugira ngo kitagwa mu maboko y’inyeshyamba.

Isesengura rya ChimpReports rivuga ko u Rwanda, na rwo rushobora kugira icyo rukora mu gihe hari Raporo ya UN yagaragaje ko Gen Kayumba Nyamwasa yakoreshaga Minembwe n’uduce tuyegereye ahashakisha abarwanyi ndetse akahakorera imyitozo ya gisikare igamije kurwa u Rwanda.

Ibi bishobora gutuma haba intambara yeruye hagati y’u Burundi n’u Rwanda haba mu buryo buziguye cyangwa butaziguye ariko ikabera muri Congo Kinshasa.

ChimpReports isanga bigenze gutyo, ibindi bihugu byo mu Karere, nka Uganda na Tanzania bigira uruhare mu biganiro by’amahoro mu Burundi bishobora kwivanga muri icyo kibazo.

Amakuru iki kinyamakuru gifite ngo ni uko inyeshyamba zishyigikiye Kayumba Nyamwasa zavuye muri kariya gace ka Minembwe.

Abaturage babwiye ChimpReports ko ingabo zifite imyitozo ziri kumwe n’inyeshyamba zagabye igitero ejo hashize ku wa kabiri ku birindiro by’uwitwa Col Shaka Nyamusaraba biri mu Minembwe.

Nyamusaraba afite umutwe w’ingabo zitwa Gumino ngo zirwanisha Abanyamulenge n’abantu bakomoka mu bihugu by’amahanga bituranye na Congo.

Izi ngabo za Col Shaka Nyamusaraba ngo zishyigikiwe na Pierre Nkurunziza.  Benshi mu Banyamulenge ngo babona Col Nyamusaraba nk’umuntu w’intwari kuri bo.

Inkuru ya ChimpReports iherekejwe na video igaragaramo abantu bambaye gisirikare, bavuga Ikirundi barashisha intwaro zikomeye, batunga agatoki umwe abwira mugenzi we ngo “Ngabariya hejuru bahe umuriro.”

Umwe mu bari muri iyi video aba abwira urasa ngo ‘Ngabariya bahe umuriro’

Src : ChimpReports

2019-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Ubwanditsi 20 Jun 2024
U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi
POLITIKI

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali
Mu Mahanga

Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2017
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.
Amakuru

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru